Yabivugiye mu kiganiro cyateguwe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 13 Gicurasi 2016.

Yabitangaje ubwo bavugaga ku myiteguro yo gutangira gukoresha utu tudege, biteganyijwe ko tuzatangira gukoreshwa mu mpera z’uyu mwaka, bikazatangirira mu bikorwa bijyanye n’ubuzima.
Yagize ati “Mu gihe umuntu akeneye amaraso mu buryo bwihuse, drone iyamugeza ahari ho hose mu gihugu mu kanya gato kubera ukuntu yihuta, bitandukanye no gukoresha imodoka, bityo ubuzima bw’umuntu tukaba tuburengeye.”
Akomeza avuga ko nubwo ari ikoranabuhanga rihenze, ngo nta gihenze kurusha ubuzima bw’umuntu.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko drones zikoresha ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru kandi zitarushya kuko zikoresha.
Ati “Drone ikora ibirometero 130 ku isaha bivuga ko yihuta bidasanzwe, kandi ntisaba umuntu wo kujyana na yo, ni ukuyiha ibyo itwara gusa ubundi ikabigeza aho bigomba kujya mu kanya nk’ako guhumbya.”
Avuga ko ubu buryo buzatangirira mu bigo by’ubuzima 21, bikazagenda byiyongera buhoro buhoro, bitewe n’uko igerageza rizagenda, rizakorwa muri Kanama uyu mwaka.

Ku bijyanye n’amafaranga uyu mushinga uzatwara, Minisitiri Nsengimana yavuze ko bikirimo kuganirwaho kandi ngo yizera ko nta gihendo kizabamo, kuko utu tudege tudashyirwamo ibikomoka kuri peterori ntitunasabe abapilote bo kudutwara nk’izindi ndege.
Sosiyete ya Zipline ni yo izanye iri koranabuhanga rya drones mu Rwanda, ari na yo izajya yita kuri utu tudege.
Umuyobozi w’iyi sosiyete, Keller Rinaudo, avuga ko u Rwanda rugiye kuba urwa mbere ku isi mu gukoresha drones mu by’ubuzima, ngo akizera ko n’ibindi bihugu bizaboneraho bigatangira kuzikoresha.
Ohereza igitekerezo
|
ibi bintu ni byiza pe uRwanda ni rukomeze mu iterambere.
Ahubwo ndunva umuntuwazanye icyo gitekerezo namushimirape Ahubwo nakomezadushakire ubundibumenyi murakoze.