Mme Jeannette Kagame ntiyumva impamvu hari indwara zitararandurwa

Madame Jeannette Kagame atangaza ko bidasobanutse kuba mu muvuduko isi iri kugenderaho hari indwara zigihitana ubuzima bwa benshi zitaracibwa burundu.

Kuri iki gihe haracyaboneka indwara nka malariya n’ibindi byorezo bituruka ku dukoko bigihitana ubuzima bwa benshi (Tropical deseases), cyane cyane abaturiye ibice bigaragaramo amashyamba ku isi (Tropical regions).

Madame Jeannette Kagame mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye iki kiganiro cya END Fund.
Madame Jeannette Kagame mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye iki kiganiro cya END Fund.

Ariko iyo urebye ibyo isi imaze kugeraho mu iterambere ugasanga izo ndwara n’ibyo byorezo nta muti birabonerwa, nk’uko Mme Jeannette Kagame yabitangarije mu kiganiro cy’Umuryango END Fund cyari kigamije kurebera hamwe uko izi ndwara zacika burundu, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 13 Gicurasi 2016.

Yagize ati “Muri iki gihe hari iterambere hanahangwa n’udushya mu mpane zose z’ubuzima, ibidukikije, ku bibazo by’iterambere, guhuza abantu hifashishijwe ikoranabuhanga, bibyumvikana uburyo hari igice kinini cy’abatuye isi bagihangayikishijwe n’ibyorezo byakabaye bimaze igihe kirekire byaraciwe.”

Minisitiri Agnes Binagwaho asobanurira Ellen Agler umuyobozi mukuru wa END Fund aho u Rwanda ruhagaze kuri iki kibazo.
Minisitiri Agnes Binagwaho asobanurira Ellen Agler umuyobozi mukuru wa END Fund aho u Rwanda ruhagaze kuri iki kibazo.

Yagaragaje uburyo ku isi izi ndwara zituruka zihitana abagera ku bihumbi 500 buri mwaka, n’abagera kuri miliyari n’igice ku isi bakaba barigeze gufatwa byibura n’imwe muri izi ndwara.

Ku rundi ruhande, Mme Jeanette Kagame asanga iki gikorwa cyo kuganira kuri iki kibazo cyari gishamikiye ku Nama y’ubukungu bw’isi yari iteraniye i Kigali, ari imwe mu nzira zo kugishakira ibisubizo birambye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka