Isuri yangije ikiraro cya Mpanga yahungabanyije imigenderanire

Ikibazo cy’isuri yamunze ikiraro cya Mpanga cyari gisanzwe gihuza abaturage b’igice cy’Akarere ka Ruhango na Nyanza yateje ikibazo cy’imigenderanire.

Bamwe mu baturage batuye hafi y’iki kiraro bavuga ko hashize amezi abiri ashize iki kiraro gihagaritswe ku bw’umutekano w’abagenzi kubera cyangiritse, ariko binagirai ngaruka ku buhahirane bw’abatuye Nyanza na Ruhango.

Ikiraro cya Mpanga cyangijwe n'isuri.
Ikiraro cya Mpanga cyangijwe n’isuri.

Ndabarasa Jean Luc utuye hafi y’iki kiraro mu Murenge wa Mukingo muri Nyanza, avuga ko ubuyobozi bw’akarere bwahagaritse ibinyabiziga kukinyuraho nk’uko byari bisanzwe.

Agira ati “Hari umuhanda wahise ukorwa wo kuzenguruka ariko kubera ko wakozwe ari uwo kwifashisha hari imodoka nini zitabasha kuwunyuramo zikoreye ibicuruzwa.”

Uyu musore yatangaje ko ibyo bikunze kuba cyane nk’iyo imvura yaguye, kuko uwo muhanda bakoze bawita uwo kwifashisha hari ubwo uba wanyereye, bamwe mu batwaye ibinyabiziga bakawunyuramo ari ikibazo.

Ikiraro cya Mpanga cyari cyubatswe neza iyo kitazira isuri.
Ikiraro cya Mpanga cyari cyubatswe neza iyo kitazira isuri.

Ati “Abaturage bacu bo mu karere ka Ruhango baza kurema isoko rya Nyanza akenshi iyo baje baza bikoreye ibicuruzwa iyo basanze umuhanda wapfuye biba igihombo ku karere kacu n’ubwo bidahoraho.”

Uwitwa Fiacre Mbagariye ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto muri aka gace, we avuga ko iyo ageze kuri icyo kiraro atabasha kukinyuraho ahubwo ajya kuzenguruka icyo gihe akahatakariza lisansi nyinshi.

Avuga ko isanwa ry’ikiraro cya Mpanga rikwiye gukorwa mu buryo burambye ngo kuko atari ubwa mbere icyo kiraro gisenyutse.

Abamotari bavuga ko aho kunyura ku kiraro cya Mpanga bazenguruka bikabatwara igihe.
Abamotari bavuga ko aho kunyura ku kiraro cya Mpanga bazenguruka bikabatwara igihe.

Ati “Mu mwaka wa 2013 hari ikamyo yari ipakiye umucanga yakinyuzeho nabwo kiracika bayisanga munsi. Icyo gihe cyarasanwe none n’ubu isuri yatumye kitongera gukoreshwa.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntanzinda Erasme yatangarije Kigali Today ko hari ingamba zafashwe kugira ngo ikiraro cya Mpanga cyubakwe mu buryo burambye.

Yijeje abaturage ko byemenyeshejwe urwego rw’igihugu rubishinzwe ku buryo mu byumweru bibiri kizaba cyasanwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka