Ikigo Mpuzamahanga cy’Umutungo mu by’Ubwenge (WIPO) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, byahanze udushya.
Tubane James wari umaze imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports, yamaze kuyivamo asinyira AS Kigali imyaka ibiri
Mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda, Kenya yatsinzeu Rwanda ihita yegukana igikombe mu mukino wa Handball
Direct Pay Online (DPO), soyiyete yo muri Afurika y’Epfo itanga serivisi zo kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga, yaguze sosiyete ya Virtual Card Services (VCS) nayo ikora amakarita abikwaho amafaranga, bihinduka sosiyete nshya yiswe Payments Service Provide (PSP).
Abayeshuri bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko gusura parike bikenewe kugira ngo baboneshe amaso ibyo biga mu bitabo, bityo barusheho gusobanukirwa.
Ubuyobozi buhangayikishijwe n’uko ababyeyi batuye mu Murenge wa Katabagemu muri Nyagatare, batitabira kunywa amata kandi boroye ahubwo bakinywera inzoga z’inzagwa.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Mwumvaneza Anaclet yahaye ububasha bw’ubusomyi bw’ivanjili n’ubuhereza Abafaratiri 14 bitegura kuba ba Padiri, abasaba kuzakora inshingano bahawe.
Abasigajwe inyuma n’amateka ngo bishimiye ko basigaye basangira n’abandi Banyarwanda kandi mbere bitarabagaho, bakaba babikesha gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge.
Abahinga mu Gishanga cya Kayumbu baratangaza ko bagira imbogamizi zo guhinga mu Mpeshyi kubera ikibazo cy’amazi make muri icyo gishinga.
Ibihugu bine byitabiriye imikino ya Gisirikare byasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi, ndetse na Economic zone
Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette, arashima uruhare rw’amadimi mu bikorwa batanyana n’ubuyobozi mu iterambere ry’iyi ntara.
Nkundabagenzi Emanuel n’abavandimwe be bizeye gutera imbere kubera buhira bakeza no mu cyi, nyuma yo kureka ubumotari agahitamo guhinga imboga.
Abagabo batuye mu kagali ka Ndekwe Umurenge wa Remeramu Karere ka Ngoma, bashinja abagore babi kwitwaza uburinganire bagakora ibikorwa biteza amakimbirane mu ngo.
Urubyiruko n’abagore bo mu turere abenshi bavuga ko batazi ntibanasobanukirwe n’imikorere y’Ikigego cy’imari (BDF), mu gihe cyari cyashyiriweho kubafasha guteza imbere imishinga yabo.
Abatuye mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save muri Gisagara barasaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangijwe hacibwa imihanda mu myaka ine ishize.
Abana batatu bo mu Kagari ka Gisiza mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba babiri bahita bitaba Imana.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zigize Akarere ka Karongi basanga uburyo bushya bwo guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga buzatanga umusaruro kurushaho.
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Umwana w’imyaka 4 yitabye Imana, undi arwariye mu bitaro bya Nyagatare mu gihe abandi babiri barwariye mu rugo bikekwa ko bazira imyumbati bariye.
Nubwo hashize umwaka hatangirwa amasomo y’imyuga, urubyiruko ruhamya ko kutagira umuyoboro wa internet bituma Ikigo cy’Urubyiruko cya Kamonyi kitagendwa cyane.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Rubavu ryatangije ibikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no kwirinda imitwe yitwaza intwaro.
Imodoka ya Bukera Valery ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ni yo yabaye iya mbere mu isiganwa ry’amamodoka ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Rwanda.
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur wari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR FOCA, Gen. Mudacumura, yafashwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu ryari rimaze amezi atatu rihatanirwa n’abahanzi 10 b’Abanyarwanda, ryashyize rigera ku musozo, aho ryegukanywe n’itsinda ‘Urban Boys’ kuri uyu wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2016.
Abakuriye urubyiruko baravuga ko kuba urwinshi muri rwo rudatinyuka kwaka inguzanyo zo gukora imishinga, bituma rudindira kandi rwagakwiriye kuzamukira ku mahirwe rwashyiriweho.
Mu mushinga w’imyaka ine ugamije gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru ndetse no gutegura ikipe y’igihugu y’ejo hazaza, mu karere ka Huye hatangiriye ibikorwa byo gutangira gukundisha abana b’abakobwa bakiri bato umupira w’amaguru.
Nyaminga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly, yifatanyije na ’Association Mwanukundwa’ maze atangiza ku mugaragaro ikigega kizarihira kaminuza abana batishoboye.
Itsinda rya Urban Boys ryegukanye Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu rihabwa miliyoni 24Frw z’ibihembo.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2016, isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryakomeje ku munsi waryo wa Kabiri, rizenguruka imihanda Nemba – Ririma yo mu Karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa Gatanu ku bibuga bya Stade Amahoro na Nyamirambo habereye umunsi wa kane w’imikino ya Gisirikare, aho U Rwanda rwatsinze muri Basket rutsindwa muri Netball
Abaturage baturiye parike y’igihugu ya Nyungwe bavuga ko ubujiji ari imwe mu ntwaro zatumaga bangiza ishyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima bigize ishyamba rya Nyungwe.
Muna Singth Ukomoka muri Zambiya yegukanye igice cya mbere cya Montain Gorilla Rally iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), by’umwihariko izikora mu bijyanye n’indege, zashimiwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), ku bw’ubunyamwuga mu kazi kabo.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha ubumenyigiro rya Musanze baratangaza ko kumara amezi abiri batabona buruse hari abo byatumye bata ishuri.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwemeje ko Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ndayisenga Elissa w’imyaka 18 y’amavuko yaje mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Gashora ashakisha se watandukanye na nyina agifite amezi ane.
Gervais Biziramwabo wari Visi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yeguye ndetse n’Inteko Rusange ya Njyanama irabimwemerera.
Abakozi bashinzwe ubuhinzi mu mirenge y’Akarere ka Bugesera, barasaba kongererwa amafaranga bagenerwa y’ingendo kuko ayo bahabwa atakijyanye n’igihe bitewe n’uko ari make.
Abakoze ubushakashatsi ku nkomoko y’ikawa, bavuga ko yaba yarakwiye isi yose iturutse mu gihugu cya Etiyopiya.
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.
Abatuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko amatara rusange bamaranye amezi agera kuri atatu atuma basigaye bumva batekanye.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye gutangaza ko yorohereje abantu kubona amakarita ya Mituweri, ndetse no kwivuza badategereje ukwezi nyuma yo kwishyura umusanzu.
Umugabo witwa Manayera uzwi nka Rasta arashinjwa n’abaturage gucura umugambi wo kujya kwivugana umuturanyi we agatahurwa atarawugeraho ariko ari hafi kuwusohoza.