ULK yahaye impamyabumenyi abarenga 2900

Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.

Abarangije muri ULK bakanguriwe kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry'umurimo
Abarangije muri ULK bakanguriwe kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo

Ni ku nshuro ya 13 iyo kaminuza ihaye impamyabumenyi abanyeshuri bayirangijemo. Kuri iyo nshuro uwo muhango wabaye tariki ya 09 Ukuboza 2016.

Abo bahawe impamyabumenyi barimo abarangije icyiciro cya mbere cya kaminuza bangana na 2715 n’abarangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza bangana na 271.

Prof. Dr. Rwigamba Balinda, Perezida wa ULK abwira abarangije ko bagomba guharanira kwihangira imirimo bagendeye kuri gahunda zitandukanye Leta yashyizeho zirimo NEP Kora Wigire.

Akomeza ababwira ko bakwiye kandi kugira indangagaciro za Kinyarwanda zikabaranga aho bari hose, bikaba n’ishema ryabo.

Prof. Dr. Rwigamba Balinda, Perezida wa ULK abwira abarangije ko bagomba guharanira kwihangira imirimo
Prof. Dr. Rwigamba Balinda, Perezida wa ULK abwira abarangije ko bagomba guharanira kwihangira imirimo

Prof. Dr. Rwigamba akomeza abwira abo abo barangije ko bagiye ku isoko ry’umurimo ariko kugira ngo babone akazi bagomba kuzana ibishya, bidasanzwe ku isoko ry’umurimo.

Dushimimana Aimable, urangije icyiciro cya mbere cya kaminuza wize ibijyanye n’Ububanyi n’amahanga (International Relations) avuga ko ibyo yize azabizanamo ibishya.

Agira ati “Twiteguye kugira ngo dukangurire abanyamahanga kuza mu Rwanda, abanyamahanga gusura u Rwanda, abanyamahanga kumva ko mu Rwanda hari ikaze.”

Akomeza avuga ko ubumenyi akuye muri ULK buzamufasha kugira ngo agere kuri ibyo. Igisigaye gusa ngo ni uguhabwa umwanya n’urubuga kugira ngo we n’abagenzi be bashyire mu bikorwa ibyo bize.

Harimo abarangije icyiciro cya mbere n'icya kabiri cya kaminuza
Harimo abarangije icyiciro cya mbere n’icya kabiri cya kaminuza

Amafoto: Batamuriza Natasha

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

tugomba kwihangira imirimo nibyo kandi Ulk komeza urerere urwanda

Nsanzumuhire N Yves yanditse ku itariki ya: 11-12-2016  →  Musubize

nukugerageza tukihangira imiro ariko ntibyoroshye.gusa badufashe kubona igishoro kuko ntibyoroshye kuko umuntu arangiza nta namba!

ni danger@!

Nshimiyimana Innocent yanditse ku itariki ya: 11-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka