Polisi y’igihugu ikorera muri Musanze yashyizeho abantu bazajya bambutsa abanyeshuri n’abandi bantu, imihanda ya kaburimbo hagamijwe kwirinda impanuka.
Abanyeshuri baherutse kurangiza amahugurwa muri Isiraheli baremeye ihene 50 abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo muri Karongi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Gicumbi FC butangaza ko bugiye kwandikira FERWAFA bujuririra umwanzuro wafashwe wo kongera kwangirwa gukinira kuri Sitade ya Gicumbi.
Ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu karere ka Kamonyi ku bufatanye n’ababyeyi barahamagarirwa gutoza abana kuzigama, babateganyiriza ejo heza.
Loise Lihanda wegukanye ikamba rya Nyampinga w’abafite ubumuga bw’uruhu muri Kenya avuga ko akivuka hari abifuje ko apfa kuko bamufataga nk’umuvumo w’umuryango.
Abatuye mu Mudugudu wa Mirama ya 2 Akagari ka Nyagatare Umurenge wa Nyagatare, baragirwa inama yo gutwikira ibyobo bitangira amazi y’imvura.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Congo Brazzaville, kuri uyu wa kane tariki ya 27 Ukwakira 2016.
Abakozi bashinzwe iterambere mu tugari tugize akarere ka Huye bahigiye kwirinda ruswa, kwirinda gutonesha ndetse no kurenganya abaturage bashinzwe kuyobora.
Abagize koperative ikora ubworozi bw’amafi mu Karere ka Ngororero bavuga ko umusaruro w’amafi wagabanutse bitewe no kubura ibiryo byayo.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 muri Volleyball, u Rwanda kuri uyu wa Kane rurakina na Kenya itsinda ibone itike y’igikombe cy’isi.
Banki nyafurika yunganira ubucuruzi (AFREXIMBANK) yemereye u Rwanda miliyoni 225 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 180RWf) yo kubyaza nyiramugengeri amashanyarazi.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda D mu mikino ya COSAFA yatumiwemo gusimbura Madagascar itazaboneka.
Bamwe mu bigiye imyuga muri gahunda ya NEP Kora Wigire bo muri Kamonyi, barashima ko yabahaye icyerekezo gituma batazigera Babura umurimo.
Abiga ibijyanye na filime mu ishuri rikuru rya NSPA ry’i Huye, bavuga ko iserukiramuco rya filime z’i Burayi ryabatinyuye.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu mu turere dutandukanye tw’igihugu, batanze ibitekerezo n’ibyifuzo umukandida wabo yazagenderaho, aramutse atsinze amatora ya 2017.
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose arizeza abatuye iyo ntara ko azakorana umurava bagakomeza gutera imbere.
Ikigo cy’Abanyamerika cyitwa “Kepler” cyigisha abarangije amashuri yisumbuye kikanabafasha kubona imirimo, kirakangurira ababyifuza guhatanira amahirwe cyabashyiriyeho.
Igisirikare cya Repubulika Iharanira demokarasi ya Kongo (FARDC) cyatangaje ko cyataye muri yombi umusirikare mukuru wa FDLR witwa Col Joseph Habyarimana.
Mu buryo butunguranye, Abanyarwanda bashyizwe ku rutonde rw’abantu batanu bahatanira igihembo cy’abantu batanu muri Afurika, bagize uruhare mu guteza imbere ishoramari.
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga FC buratangaza ko gahunda z’iyi kipe ari ukurera abakinnyi atari uguhangana n’andi makipe.
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude avuga ko icyo ashyize imbere ari ukwegera abaturage bagakemura ibibazo bigihari birimo n’umwanda .
Gahunda ya NEP Kora Wigire Leta icisha mu kigo cy’igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro(WDA), irakataje mu guha amahugurwa abakora mu nganda zo mu Rwanda.
Minisiteri y’umutungo kamere iratangaza ko Leta itazongera gutera amashyamba ahubwo bizajya bikorwa na ba rwiyemezamirimo Leta iyakire yakuze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’abafatanyabikorwa bako bagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzaba uhiga iyindi mu karere, uzatuzwamo abantu 100.
Perezida Kagame wagiranye ibiganiro n’Abanya Mozambike, yavuze ko iterambere u Rwanda rugezeho hari abatararibonaga, ariko Abanyarwanda bagahitamo gukora ibyo babonaga bikwiye.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari na bizinesi
Igisirikare cya Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaza ko cyataye muri yombi umusirikare mukuru wa FDLR witwa Col Habyarimana Mucebo Sofuni.
Ababyeyi b’abakene bo mu Karere ka Huye bishimira amarerero yashyiriweho abana babo kuko yatumye basigaye bisanzura nk’abandi bana.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba, Kazayire Judith yizeje abatuye iyo ntara kubegera bagahanga n’ikibazo cy’amapfa akunze kwibasira iyo ntara.
Rwamukwaya Olivier Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe imyuga n’ubumenyingiro, avuga ko bafite gahunda yo gutoza abanyeshuri ibijyanye no kwihangira umurimo batararangiza kwiga.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru hakinwe amasiganwa abiri agamije gutegura Tour du Rwanda 2016, hifashishijwe imihanda ibiri mishya izifashishwa bwa mbere
Nshunguyinka Annanie w’i Nyange muri Ngororero yahanze umuhanda wa miliyoni eshanu, uhuza utugari tubiri, agamije kugira igikorwa gifitiye akamaro abaturage asiga.
ACP Theos Badege wari umuyobozi Mukuru w’Ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda (CID), yongeye kugirwa umuvugizi mukuru wa Polisi y’Igihugu.
Urubyiruko rw’abasore barokotse Jenoside bibumbiye muri AERG na GAERG bemereye Minisitiri w’ingabo ko bagiye kurwanya abasebya u Rwanda bakoresheje imbuga nkoranyambaga.
Abanyeshuri biga amashuri yisumbuye muri “ Glory Secondary School” batangije umushinga wo gufasha abatishoboye bahereye ku baturiye ikigo cyabo.
Perezida Kagame yageze i Maputo mu murwa mukuru wa Mozambique, aho agiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere yabaye mu mpera z’icyumwru gishize yasize APR FC na Rayon Sports zinganyije imikino yazo.
Bamwe mu batuye umurenge wa Karangazi baravuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kubura amazi, aho bakora urugendo rw’amasaha atanu bayashaka.
Mu isiganwa ryavaga i Rusizi ryerekeza i Huye, Areruya Joseph ukinira Les Amis Sportifs ni we uje ku mwanya wa mbere ku ntera ya 140.7Kms
Imyiteguro ya Tour du Rwanda igeze ku munsi wa kabiri, aho kuri iki cyumweru abakinnyi berekeza Huye bava Rusizi, bakaba bahagurutse ku isaha ya saa tatu z’iki gitondo.
Itsinda rya Sauti Sol niryo ryegukanye intsinzi ku mwanya w’itsinda rihiga ayandi muri Afurika mu bihembo bya MTV AMAs 2016.
Abanyarwanda bizihije umunsi w’ibiribwa mu gihe hirya no hino mu Rwanda havugwa ikibazo cy’amapfa yatumye ibiciro by’ibiribwa ku masoko bizamuka.
Madamme Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rw’abahungu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ntawe ugomba guterwa ipfunwe no kwivuza ihungabana
Mu irushanwa ritegura Tour du Rwanda ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Nsengimana Jean Bosco ni we ubaye uwa mbere mu gace ka Karongi-Rusizi (Kivu Belt).
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo Tour du Rwanda itangire, amakipe azayitabira ubu akomeje imyiteguro, aho kuri uyu wa Gatandatu hakinwa isiganwa riva Karongi kugera Rusizi, ku Cyumweru hagakinwa iriva Rusizi kugera Huye