Abaturage bo muri Gisagara batuye ahagiye kubakwa umudugudu w’icyitegererezo baravuga ko bahangayikishijwe n’amasambu yabo agiye kubakwamo nta ngurane bahawe.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Ugushyingo2016, mu Rwanda harimo kubera ibikorwa byo kwizihiza umunsi Nyafurica w’itangazamakuru.
Abanyeshuri basengera mu itorero rya ADEPR bize n’abiga muri Kaminuza y’u Rwanda batangaza ko kwibumbira mu muryango “CEP” byagiriye akamaro gakomeye Abanyarwanda.
Bamwe mu barangije kaminuza mu by’ubuhinzi n’ubworozi bahawe amahugurwa muri gahunda ya Agri BDS, ngo biteguye guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Inteko y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi b’abagore mu Karere ka Kicukiro yiyemeje gushyigikira Perezida Kagame mu matora y’umwaka utaha no kubikangurira abandi.
Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ya 73 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani zamuritse ishuli zubatse.
Mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru hatangijwe inyubako y’ikigo kizajya gihugura abahinzi, kugira ngo arusheho gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude niwe muyobozi mushya w’umuryango FPR-Inkotanyi muri iyo ntara, asimbuye Bosenibamwe Aimé wayiyoboraga.
Sogonya Hamissi umutoza wa Kirehe FC, yemeza ko ibihe byiza ikipe ye irimo biva ku mikorere myiza ya Komite nyobozi y’ikipe ikurikirana ubuzima bw’abakinnyi umunsi ku wundi.
Imikino y’umunsi wa kane wa Shampiona y’u Rwanda isize ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiona by’agateganyo, nyuma y’aho Sunrise inganyirije na Pepiniere
Uwitwa Ndamiye wari utuye mu Murenge wa Muhoza muri Musanze, bamusanze mu nzu yari acumbitsemo yapfuye ariko ntiharamenyekana icyamwishe.
Urubyiruko rwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu miryango ya AERG na GAERG rwatangiye urugendo rw’iminsi 18 mu gihugu cy’u Bufaransa, aho rugiye kuzenguruka mu bice bitandukanye by’icyo gihugu ruvuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyarwanda Landry Mayigane uba mu gihugu cya Mali, waje mu rubyiruko 100 rw’indashyikirwa muri Afurika (100 Most Influential Young Africans) 2015, avuga ko aheshwa ishema no kwitwa umunyarwanda.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Minisiteri y’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yahaye ibikoresho bitandukanye abaturage bo muri Rwamagana bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi igwa.
Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unit Club umaze wubaka ubumwe mu Banyarwanda, ubuyobozi bw’uyu muryango bwashimiye Abanyarwanda n’abanyamahanga 17 bagaragaje ubutwari bwo kwitangira abandi mu bihe byashize.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abitabiriye isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, kurushaho kuba umwe no kubitoza abo bashinzwe.
Mu mukino wabimburiye indi y’umunsi wa kane wa shampiona, Police Fc yatsinze Gicumbi Fc ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro
Bamwe mu bahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko badashishikarira kuyinywa kuko baba bishakira amafaranga ayivamo gusa.
Rwasamanzi Yves utoza ikipe ya APR aratangaza ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda ya 2016-2017 irimo amakipe akomeye kurenza izindi zo mu myaka 3 ishize.
Abaturage bo mu Kagari ka Cyotamakara mu Murenge wa Ntyazo ho muri Nyanza bahangayikishijwe n’imbwa z’umuturanyi wabo zibarya zikanabarira amatungo.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mme Seraphine Mukantabana aragereranya abatemera ibyo u Rwanda rwagezeho n’abahanuzi b’amakuba.
Kuri uyu wa Gatanu Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza aho Police Fc iza kwakira Gicumbi, naho Marines ikazakira Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu
Madame Jeannette Kagame atangaza ko kuzaraga abana igihugu bisanzuyemo, bakorera bakunze kandi cyibahesha ishema n’isheja ari inshingano za buri mubyeyi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana mu ma saa mbiri , imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yikoreye inyanya ivanye mu isoko rya kimironko, ikoze impanuka hakomereka umushoferi wari uyitwaye.
Umuyoboro w’amazi meza ugiye kubakwa mu murenge wa Manyagiro muri Gicumbi witezweho guha amazi meza abaturage ibihumbi 15 bitarenze 2017.
Nyuma yo gusoza amahugurwa yo gusudira mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Tumba(TCT) riherereye muri Rulindo, abanyeshuri bahawe inkunga y’ibikoresho bya Miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturiye umugezi w’Akagera mu Murenge wa Jarama muri Ngoma, bahangayikishijwe n’imvubu zibonera imyaka ndetse zikanabatera mu ngo zabo.
Inzu abatuye mu Murenge wa Cyanika bubakiwe yo guhunikamo imyaka, hashize imyaka itatu idakoreshwa icyo yagenewe ahubwo yaragizwe icyumba cy’inama.
Abanyeshuri barindwi bajyaga mu biruhuko bakomerekeye mu mpanuka yabereye muri Santeri ya Rukomo iherereye mu Karere ka Gicumbi.
Umunyeshuri witwa Iradukunda Emmanuel wo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yakoreye ikizami cya leta cy’Icyongereza mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Mayange.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero baravugwaho kuba nyirabayazana bo gutuma abagabo bata ingo zabo kubera kubahohotera.
Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Mugombwa muri Gisagara zirifuza kuryama ku mifariso zigaca ukubiri na nyakatsi yo ku buriri.
Ubuyobozi mu Kagari ka Gatonde mu Karere ka Ngoma, butangaza ko kugenzura imihigo mu ngo byatumye bagera kuri 97,8% mu bwisungane mu kwivuza.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya Bisagara, mu murenge wa Mushikiri muri Kirehe bwemeza ko ubucucike mu mashuri ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi.
Umugore utazwi amazina arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo kwiba uruhinja mu bitaro bya Gahini biri mu Karere ka Kayonza.
Abakinnyi 84 bari mu makipe 17 azakina Tour du Rwanda bamaze gutangazwa mu gihe hasigaye iminsi 9 ngo Tour du Rwanda 2016 itangire
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rwamagana yasambuye inzu zisaga 100,harimo izab’abaturage ndetse n’amashuri yigirwamo.
Ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA, cyatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peterori cyazamutse
Mu ma saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Ugushyingo 2016, ni bwo amakuru y’Urupfu rutunguranye rw’ Umunyemari ukomeye mu Rwanda Makuza Bertin yamenyekanye.
Intore z’abanyamakuru zitwa Impamyabigwi zishyuriye miliyoni 1RWf ababyeyi babyariye mu bitaro bya Muhima ariko bakananirwa kubyishyura.
Abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika(ACoC), biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Afurika.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko babangamiwe na bagenzi babo baboneshereza imyaka ariko ubuyobozi ntibubahane.
Abakobwa ibihumbi 10 bo muri Huye na Nyamagabe bacikirije amashuri batewe inda, baraburira bagenzi babo ko kudakora, ariyo nzira yo gushukwa.
Mu giterane cy’amasengesho bise “Maraba Shima Imana”, abanyamadini bo mu Murenge wa Maraba Akarere ka Huye, biyemeje kurwanya isuku nke ikigaragara mu ngo z’abakirisitu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rutangaza ko mu gihe rumaze rwihangiye imirimo rwatangiye kubona inyungu rubikesha gahunda ya “Kora wigire”.