Nyuma y’umukino wa gicuti ikipe ya Rayon Sports yakinnye n’ikipe y’abahoze bakina n’abagikina ruhago ubu badafite amakipe babarizwamo yitwa Etoile bakayitsinda ibitego 4-0 (Pierrot, Lomami Frank, Shassir na Platini witsinze), umutoza Masudi Juma yatangaje uko abaona abakinnyi bamaze iminsi bageragezwa muri iyi kipe.


Ku mukinnyi wo muri Ghana, Masudi ntiyamushimye na gato ...
Yagize ati "Abakinnyi bo ku ruhande dufite benshi, uriya si rutahizamu ukina ku 9, twashakaga rutahizamu ufite Camara, kuri njyewe sinamugumisha muri Rayon Sports, kuri uriya umwanya hari ba Savio, Moustapha, Nova, ba Djabel, ntabwo twaza umukinnyi uza kwicara".



Hari undi ukomoka muri Cameroun, we ngo yatinye match .....
Masudi ati "Hari Umunya-Cameroun, niba yatinye match (umukino), twari kumukinisha ngo tumurebe anamenyere abafana ba Rayon Sports, hari abakinnyi uzana ugasanga ubwinshi bw’abafana bumubereye i kibazo, ni ba yatinye gukina umukino wa gicuti nk’uyu, we ngo arashaka ngo tumuhe amasezerano, ntabwo twaha umuntu amasezerano umuntu atarakina match, ntabwo ibyo bishoboka"
Ikipe ya Rayon Sports irakomeza gushaka rutahizamu uzafatanya na Moussa Camara, by’umwihariko ikaba ikeneye uzayifasha mu mikino y’igikombe kizwi nka CAF Confederation Cup kizatangira mu ntagirirro z’ukwezi kwa kabiri.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
APR na Marine byagenze bite