Musanze: Abanyeshuri biyemeje kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri n’ingengabitekerezo

Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri, bibarizwa mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bahakuye amasomo, atuma biyemeza kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri, n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Bashyize indabo ku mva iruhukiyemo imibiri isaga 800 y'Abatutsi biciwe mu cyahoze ari Cour d'Appel Ruhengeri
Bashyize indabo ku mva iruhukiyemo imibiri isaga 800 y’Abatutsi biciwe mu cyahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri

Ku rwibutso rwa Musanze, rwahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri, aba banyeshuri n’abarezi bo mu bigo by’amashuri yisumbuye n’abanza, basobanuriwe uko Jenoside yateguwe, igashyirwa mu bikorwa; hanagarukwa ku mwihariko w’aho uru rwibutso rwubatswe, aho mu 1994, iyo nzu yahoze ari iy’ubutabera, yahungishirijwemo Abatutsi, bizezwa kuharindirwa umutekano, ariko akaba atari ko byagenze, kuko interahamwe zabasanzemo tariki 15 Mata 1994, zikabicisha intwaro gakondo n’amasasu.

Ni amateka bamwe mu banyeshuri, bahamya ko yabakoze ku mutima, bahakura isomo ryo kutazigera baha umwanya uwababibamo urwango cyangwa ngo abacemo ibice.

Ibigo by'amashuri abanza n'ayisumbuye byo mu Murenge wa Cyuve byiyemeje guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi
Ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Murenge wa Cyuve byiyemeje guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi

Irakoze Eliza Grace, wiga muri Sonrise High School, yagize ati “Kuri uru rwibutso rwa Jenoside, twasobanuriwe byinshi ku mateka y’Igihugu n’uruhare urubyiruko rwagize mu kwica Abatutsi no gusenya ibyo Igihugu cyagezeho; ariko kandi twanasobanuriwe uburyo, hari urubyiruko rwaranzwe n’ubunyangamugayo, rukayihagarika, ubu igihugu kikaba gitekanye. Nahakuye isomo ry’uko ntagomba kwemerera umuntu wese, wanshora mu bikorwa bibi n’ibindi bidafitiye Igihugu akamaro”.

Ineza Raissa ati “Nafashe ingamba zo kujya mbwira bagenzi banjye amateka nyayo, mu gihe numvishe hari nk’abatayazi neza, nyabasobanurire nk’uko twayigishijwe ahangaha. Bizatuma tuba mu mahoro, tugire umutekano, Igihugu cyacu kigire iterambere rizira amacakubiri n’inzangano”.

Abanyeshuri n'abarezi basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Abanyeshuri n’abarezi basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyeshuri n’abarezi bagera kuri 250 bahagarariye abandi mu bigo 32 by’amashuri, bibarizwa mu Murenge wa Cyuve, ni bo basuye urwibutso rwa Musanze, mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikigamijwe ni ukugira ngo bibonere ibimenyetso bifatika, banabwirwe amateka babyibonera n’amaso yabo, nk’uko Nizeyimana Alfred, umukozi w’Umurenge wa Cyuve, ushinzwe uburezi, abisobanura.

Yagize ati “Twashakaga kwereka abanyeshuri n’abarezi babo, ko Jenoside yakorewe Abatutsi atari umugani, kandi ko hari ibimenyetso bigaragara muri uru rwibutso bifatika, abantu bareberaho uko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa. Umusaruro uvamo ni uko bahinduka abavugizi, badufasha guhindura abagifite imyumvire yo gupfobya cyangwa guhakana Jenoside, bagendeye ku mateka y’ukuri baba biyumviye, baniboneye ahangaha n’amaso yabo”.

Aba banyeshuri biyemeje kugendera kure ikibi icyo ari cyo cyose
Aba banyeshuri biyemeje kugendera kure ikibi icyo ari cyo cyose

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Landouard Gahonzire, yagaragaje urugendo Igihugu cyanyuzemo n’intambwe kimaze gutera, nyuma y’imyaka 28 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe. Yakanguriye urubyiruko gukumira ikibi, aho cyaturuka hose, kandi bagakomera ku bumwe n’ubwiyunge.

Yagize ati “Hari ibintu byinshi Igihugu kimaze kugeraho nyuma y’imyaka 28 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, aho inzego z’ubuyobozi zubakitse, ibikorwa remezo biteye imbere; ibyo byose bikaba igihamya cy’urugendo turimo rwo gukomeza kubaka ibyiza twifuriza Igihugu cyacu nk’u Rwanda. Dusaba aba banyeshuri kubigira intwaro cyangwa impamba, mu rugendo turimo rwo gukumira ikintu cyose cyasenya ubumwe bw’Abanyarwanda”.

Mu kurushaho gushyigikira imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri n’abarezi banaremeye umuryango umwe utishoboye ndetse banatanga inkunga y’amafaranga, agomba kwifashishwa mu bikorwa byo kubungabunga uru rwibutso.

Bunamiye imibiri isaga 800 y’inzirakarengane z’Abatutsi, ndetse banashyira indabo ku mva iruhukiye muri urwo rwibutso.

Gitifu Gahonzire yasabye abanyeshuri kuba umusemburo w'ibyiza Igihugu giharanira
Gitifu Gahonzire yasabye abanyeshuri kuba umusemburo w’ibyiza Igihugu giharanira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka