Dian Fossey wamenyekanye cyane mu Rwanda nka Nyiramacibiri, imyaka 37 irashize atabarutse, kuko yitabye Imana ku ya 26 Ukuboza 1985, akaba yariciwe mu Birunga.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko ku munsi ubanziriza Noheri, kuri Noheli no mu rukerera rwayo, mu Turere dutandukanye tugize iyi Ntara, habaye impanuka eshanu harimo iza Moto enye n’imodoka imwe, zihitana ubuzima bw’abantu babiri, batandatu barakomereka abandi batatu bakaba bafunze bazira gutwara (…)
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana Children’s Voice Today (CVT), uratangaza ko abana bafite ibibazo ari abana nk’abandi, bityo ko ari byiza ko basabana na bagenzi babo, bikabarinda kwigunga no kwiheba.
Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kamunuza (HEC), iremeza ko mu gihe ishuri rikuru cyangwa Kamunuza yakiriye umunyeshuri utujuje ibisabwa, bishobora kuyigiraho ingaruka zishobora no gutuma ifungirwa zimwe muri Programu zayo, byaba na ngombwa igafungwa burundu.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, asangira n’abakinnyi b’ikipe y’Akarere ka Rubavu, Étincelles, mu kwizihiza Noheli, yatangaje ko ashingiye uko abakinnyi b’iyo kipe barimo kwitwara, ngo afite ubwoba ko ayandi makipe azabatwara.
Ubushakashatsi bwakozwe na Banki y’Ishoramari yo mu Burayi ( European Investment Bank ‘EIB’), bwagaragaje ko Abanyafurika bagera kuri 88% mu babajijwe, bavuze ko babona imihindagurikire y’ikirere yaramaze gutangira kugira ingaruka ku buzima bwabo bwa buri munsi.
Abafite ubumuga barasaba ko inzego zabo zajya zihera ku rwego rw’Umudugudu nk’inzindi, aho guhera ku rwego rw’Akagari nk’uko bimeze.
Ku wa Gatandatu tariki 24 Ukuboza 2022, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kugenzura imiterere y’ibinyabiziga ryasoje serivisi yo gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga yatangirwaga mu Karere ka Rusizi mu gihe cy’iminsi itandatu hifashishijwe imashini yimurwa.
Inyubako ikoreramo ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda iherereye ku Muhima, ibyumba byayo bibiri byo ku gice cyo hejuru byafashwe n’inkongi y’umuriro kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Ukuboza 2022. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko hatahise hamenyekana icyateye iyi nkongi, gusa (…)
Abanyeshuri b’abakobwa bagera kuri 70 bangiwe kwinjira mu birori byo kurangiza amasomo (graduation) kubera ko bari bitejeho inzara zitari izabo.
Abantu benshi ku Isi bishimira umunsi mukuru wa Noheli, nyamara bamwe ntibasobanukiwe aho uwo munsi mukuru wizihizwa nyirizina na Kiliziya Gatolika waturutse. Icyakora Padiri Ndagijimana Theogene arawusobanura byimbitse.
Mu gihe mu Rwanda kimwe n’ahandi hirya no hino ku Isi bizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, bamwe mu baturage bavuga ko iyi minsi mikuru batarimo kuyizihiza neza kubera ibiciro by’ibiribwa bihanitse.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), kiraburira uzafatwa acuruza inyama zitujuje ubuziranenge, gisaba n’abaguzi kuba maso cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasabye ababyeyi ndetse n’abandi bantu bose kwirinda guha abana ibisindisha by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru kuko bitemewe.
Umugaba w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziherutse koherezwa mu Karere ka Ancuabe, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, mu mpera z’icyumweru bwateguye Inteko y’Abahizi, Akarere gashimira Imirenge yabaye indashyikirwa mu bikorwa byimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda n’Imirenge yahize indi mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Mu nsengero zitandukanye Abakristu bizihije Noheli, yaba abo muri Kiliziya Gatolika, ADEPR, Regina Pacis, Zion Temple n’ahandi.
Ababyeyi n’abayobozi b’ishuri ryitwa Les Petits Pionniers mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gutegura umunsi mukuru w’abana mu bihe bya Noheli, ari ukubaha urugero bisanisha na rwo ruzwi ku Isi hose, kandi bibafasha kwiremamo icyizere cyo kugirira Igihugu n’Isi yose akamaro.
Buri tariki 25 Ukuboza hirya no hino ku isi hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli wahariwe kuzirikana ivuka rya Yezu n’ubwo n’abandi batandukanye batitaye ku by’imyemerere usanga batabura kuwizihiza.
Tariki 23 Ukuboza 2022, abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda basoje imyitozo bari bamazemo amezi 10 bayikorera mu kigo cya gisirikare cya Nasho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko butangira umwaka wa 2023 bufite ahategerwa imodoka hashya nyuma y’imyaka imodoka zitwara abagenzi zicumbikirwa.
Guverinoma ya Burkina Faso yirukanye uwari uhagarariye Umuryango w’Abibumbye (ONU) muri icyo gihugu cyugarijwe n’ibibazo by’imitwe y’iterabwoba. Guverinoma yasohoye itangazo itegeka Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’abibumbye Barbara Manzi wakoreraga muri icyo gihugu, guhita akivamo byihutirwa nubwo nta bisobanuro bindi yahawe.
Mu bice bitandukanye by’Igihugu harimbishijwe mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, no kwitegura kwinjira mu mwaka mushya wa 2023.
Pasitoro Eraste Rukera urimo gukorera impamyabumenyi ya ‘Masters’ mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS), avuga ko abizera Imana badatekereza kwita ku bidukikije kuko bumvise nabi amagambo yo muri Bibiliya, aho mu gitabo cy’Intangiriro mu mutwe wa mbere n’uwa kabiri Imana yahaye umuntu ububasha bwo “Kororoka, gukwira (…)
Imwe mu ndirimbo zikunzwe cyane zo kwizihiza umunsi w’ivuka rya Yezu Kirisitu cyangwa Yesu Kristo, ni iyitwa Mary’s Boy Child yahimbwe n’itsinda ryo mu Budage ryitwaga Boney M ryamamaye cyane mu myaka ya za 1980.
Ni uburyo bwa mbere bwo guhangana n’iyo virusi bubayeho butari mu buryo bw’ibinini. Ubushakashatsi bugaragaza ko uwo muti ukora neza cyane kurusha ibinini byo kumira.
Guverinoma y’u Rwanda, yongereye iminsi y’ikiruhuko yagenwe nyuma y’umunsi mukuru wa Noheli n’Ubunani, aho yavuye kuri ibiri igirwa ine. Byari bimenyerewe ko, Umunsi ukurikira Noheli (Boxing day) n’umunsi ukurikira Ubunani, ari yo ifatwa nk’ikiruhuko, ariko hagaragaye impinduk,a iyo minsi igirwa ibiri kuri buri munsi mukuru.
Ikipe ya Gasogi United yatsinze ikipe ya Rayon Sports igitego kimwe ku busa bituma Rayon Sports isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa gatanu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Abana bari mu myaka yo hasi usanga bakunze gushyira mu kanwa ibyo babonye byose, rimwe na rimwe bakanabimira, ku buryo byanashyira ubuzima bwabo mu kaga, ni yo mpamvu ababyeyi bahora bibutswa gushyira ibintu babona byateza ibibazo aho abana badashyikira.
Mu gihe habura igihe gito ngo umunsi wa Noheli wizihizwa n’abatari bake ugere, ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi baturutse i Kigali bajya mu Ntara cyongeye kuba ingorabahizi.
Ikigo cy’Abashinwa gicuruza ifatabuguzi ryo kureba televiziyo(Star Times), cyahaye uwitwa Nzigamasabo Saidi moto nshya yatsindiye muri poromosiyo yo muri izi mpera z’umwaka, yagenewe abagura televiziyo cyangwa ifatabuguzi rya buri kwezi.
Ku itariki 22 Nyakanga 2022, mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Kayonza, habereye inama yahuje Guverineri w’iyo Ntara, Emmanuel Gasana n’abayobozi b’amakipe yo mu byiciro icyenda by’imikino ndetse n’abayobozi b’amashuri y’icyitegererezo muri iyi ntara, hagamijwe guteza imbere siporo, ahafatiwe umwanzuro wo guhuza amwe mu (…)
Ubuyobozi bwa M23 bwemeye kuva muri Kibumba bwari bwarambuye ingabo za Congo (FARDC) igasubira inyuma nk’uko yabisabwe mu myanzuro y’abakuru b’ibihugu yafatiwe i Luanda muri Angola mu kwezi k’Ugushyingo 2022.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukuboza 2022, ku mupaka wa Rusumo, Akarere ka Nyagatare kashyikirije ubuyobozi bwa Tanzania inka 11 zafatiwe mu Rwanda bikekwa ko zibwe umworozi wo muri Tanzania.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko muri Mutarama 2023, imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare izaba yarangiye, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bahahirana n’abo mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane Uturere twa Gatsibo na Nyagatare.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ishishikariza abangavu babyaye bakeneye ubufasha burimo ubwo gusubira kwiga, kwegera inzego z’ibanze zikabarangira uko bashobora gufashwa.
Umusore witwa Nsengiyumva Pusuri wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gahengeri, Akagari ka Mutamwa mu mudugudu wa Nyabagaza, ku mugoroba wa tariki ya 23 Ukuboza 2022, bamusanze ku ipoto y’amashanyarazi yapfuye.
Abaturage bagana ibitaro by’Akarere bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga, barifuza ko byahabwa abakozi bahagije kugira ngo bitange serivisi zuzuye kandi zinoze, kandi hakanashyirwa iz’ububyaza.
Mu rwego rwo kurushaho gukumira no kwirinda impanuka, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), igiye gutangira kujya ipima ibiyobyabwenge abatarwa ibinyabiziga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buributsa abawutuye ko umuntu wese ushaka gutema igiti abisabira uruhushya, yandikiye Umuyobozi w’uyu Mujyi (Mayor).
Abana basaga 6,000 basangiye Noheli na Antoine Cardinal Kambanda, ku itariki ya 22 Ukuboza 2022 kuri Paruwasi Regina Pacis Remera.
Polisi y’Igihugu Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, riratangaza ko kugeza tariki 21 Ukuboza 2022, abantu barenga 500 bahitanywe n’impanuka muri uyu mwaka wa 2022.
Mu Mudugudu wa Byimana mu Kagari ka Karama, Umurenge wa Kanombe, Umuturage yitwikiye mu nzu, abaje bahuruye baje kuzimya, abafuhera kizimyamoto, arabacika ariruka arabura.
Akarere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba n’aka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, batangiye kugirana umubano wihariye ugamije kungurana ubumenyi buganisha ku kuzamura umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.
Umukozi w’Umurenge wa Nzige ushinzwe serivisi z’ubutaka, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Nzige, akekwaho kwaka abaturage ruswa kugira ngo abahe serivisi.
Muri Espagne, umugore yatsinzwe urubanza yari yarezemo sosiyete yamwirukanye ku kazi nyuma y’uko ashyize videwo ku rubuga nkoranyambaga rwa ‘Tiktok’, imugaragaza abyina yunama, yongera yunamuka agamije gukurura abagabo ‘twerking videos’, kandi ari mu kiruhuko cyishyurwa n’iyo sosiyete, yaravuze ko arwaye umugongo bikomeye.
Abaturage b’Akarere ka Burera bagera kuri 43.1% ntabwo bagerwaho n’amazi meza, ubuyobozi bw’aka karere bukaba buherutse kugeza iki kibazo ku Badepite ubwo bagiriragayo uruzinduko, bareba ibibazo abaturage bafite ndetse n’uburyo byakorerwa ubuvugizi bigakemu.
Abanyamakuru bagiye kwakira umuhanzi Diamond Platnumz wari utegerejwe mu gitaramo cya ‘One People Concert’ batashye batamubonye.