Mu mujyi wa karere ka Rusizi hateye ubujura bwibasiye amatelefone kandi bukorwa ku manywa yihangu. Abasore bakora iyo ngeso ngo bipanga ku murongo ku buryo baba begeranye bagashikuza umuntu telephone bakagenda bayihererekanya kuburyo uwayishikuje atariwe uyufatanywa mu rwego rwo kuyobya ibimenyetso.
Nyuma yaho ikibazo cy’ubujura bukabije gikomeje kugaragara mu mujyi wa Kamembe, abayobozi b’utugani tw’uwo murenge bose bayobowe n’umuyobozi w’uyu murenge hamwe n’inzego z’umutekano batangiye guhagurukira iki kibazo aho abenshi bavuga ko kuba ubu bujura bukabije ngo biterwa nuko irondo ritagikorwa nkuko bikwiye.
Mubumbyi Gaspard w’imyaka 36 yafatiwe mu biro by’ibitaro bikuru bya Gihundwe tariki 21/12/2013 ari kwiba ibikoresho by’ibitaro, uyu mumugabo yafashwe ari kugenda atunda ibi koresho yibye abishira hanze akongera agasubira mu bitaro gutora ibindi.
Abakozi ba Leta mu karere ka Rusizi biga muri Congo bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cya tariki 21/12/2013 abakora ku mupaka barabagarura bababwira ko ari itegeko bahawe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Ndagijimana w’imyaka 41 wo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi yafashwe n’abaturage tariki 20/12/2013 yikoreye ikibuye gikoze muri beto ashaka kukigurisha abaturage ababwira ko imbere y’icyo kibuye harimo zahabu.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative RCA (Rwanda Cooperative Agency) cyateguye amahugurwa agamije gusobanurira abayobozi ba SACCO amategeko agenga umukozi ku murimo mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’ibyemezo bifatwa hadakurikijwe amategeko.
Abasore batatu barimo Umunyacongo bafashwe bari kugurisha imiceri y’abaturage barara biba mu kibaya cya Bugarama. Ubwo bafatwaga bitanaga ba mwana aho buri wese ashinja mugenzi we avuga ko umuceri bafanywe ariwe wawibye.
Umushinga wa SWISSCONTACT wo mu gihugu cy’Ubusuwisi, kuri uyu wa 17/12/2013, wagaragarije Leta y’u Rwanda aho ugeze wubaka ibyumba bitandatu by’amashuri yigisha imyuga mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Abajura babiri bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG bateye mu rugo rw’umugabo witwa Mukeshimana Narcisse mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi bamwiba amafaranga asaga ibihumbi magana abiri n’ibikoresho byo mu nzu birimo agatabo ka banki na telephone.
Mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi hagaragaye abasore batatu bari bashungerewe n’abaturage bavugaga ko ari abajura bibye ihene bakazibagira mu nzu bacumbitsemo, ndetse abo basore bari bambitswe inyama z’izo hene mu ijosi abaturage babashyiriye abashinzwe umutekano.
Abagore batatu bamaze icyumweru baranze kwakirwa nk’impunzi zitahutse mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse mbere bakongera gusubira muri Congo bakagaruka bavuga biyita impunzi bagamije guhabwa ibyo abatahutse babona.
Umugore witwa Esperence Nyirandegeya uvugako ngo asazwe ari ari umuhanuzi watumwe n’Imana ku bantu batandukanye ngo ababurire kuva mu byo bakora bidashimishije Imana, yasakiranye n’undi mukecuru witwa Nyirandegera bahuriye mu nzira igana mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi benda kurwana.
Aba banyarwanda batahutse bavuga ko batakaje agaciro ku Bunyarwanda aho ngo kuba muri Congo bahoraga batukwa bagatotezwa n’Abacongomani, babafata nk’abatagira igihugu kandi ari Abanyarwanda.
Abashoferi b’Abanyarwanda bavana ibicuruzwa muri MAGERWA ishami rya Rusizi bakabyambutsa hakurya i Bukavu baratangaza ko bababajwe n’icyemezo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwafashe cyo kubuza imodoka zirengeje toni eshanu kongera kunyura ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 19 yavuye Kimisagara mu mujyi wa Kigali ajya mu karere ka Rusizi gusura umusore amarayo icyumweru ariko nyuma birangira umusore amwimye amafaranga yo gusubira iwabo.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kuba bagaragara mu bucuruzi bukoresha fagitiri z’impimbano, nyuma y’uko hashize iminsi mu mujyi wa Rusizi hafatwa ibicuruzwa bituruka muri congo bije kugurishirizwa mu Rwanda.
Jean Havugimana, umuyobozi w’akagari ka Ishwa ko mu murenge wa Nkombo, yongeye gutabwa muri yombi azira gufata ruswa. Iyi ibaye incuro ya gatatu afugwa kandi azira ruswa ituruka mu mitego ya kaningini ifata injanga.
Ngirinshuti Leopord w’imyaka 70 wo mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yahuye n’igico cy’abagizi ba nabi baramukubita bamusiga ari indembe ubwo yari avuye gucuruza ahagana saa tatu z’ijoro mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013.
Abayobozi ba kaminuza imwe y’u Rwanda basuye ishami ryayo riri mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kureba uko iyi kaminuza yakwagurwa kuko aho bari baratijwe n’akarere ari hato cyane kandi hakaba harangirijwe n’umutingito.
Modeste Rubyigana w’imyaka 42, wo mu murenge wa Kamembe na mugenzi we Mwembezi Evariste ukomoka muri Uganda bafanywe amadorari ibihumbi 63050 hamwe n’izindi noti 41 z’amafaranga y’u Rwanda byose ari amakorano. Bafatanwe kandi idupfunyika 7 tw’impapuro zikora amafaranga.
Nzabandora Damien bakunze kwita kazungu na mugenzi we Tuyisenge Ignace bari mu maboko ya Polisi bakekwaho kwivugana Musabyimana Pascal wakoraga akazi k’ubuzamu ku iduka rya Sibomana David mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Njyanama z’imirenge n’abaperezida b’amakomisiyo bagize imirenge yose igize akarere ka Rusizi barasabwa gukorera hamwe n’izindi nzego baharanira iterambere ry’abaturage bakanarwanya akarengane akariko kose gakorerwa abaturage bashinzwe.
Umugabo w’imya ka 23 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Tara yafashwe saa mbiri z’ijoro kuwa 25/11/2013, ashinjwa gusambanya umwana wa mukuru we yareraga w’imyaka 6.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yatangizaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu murenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi yibukije abaturage ko kuva mu mateka y’igihugu ari bamwe basangiraga ibyago n’umunezero bityo bakaba bakwiye kureka kwiyumva mu moko.
Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Ubuyozi bwumurenge wa Bugarama mu karereka Rusizi, bufatanyije nikigo cyigihugu gitsura ubuziranenge (RBS) ninzego z`umutekano basuye inganda zitandukanye hagamijwe kugenzura ko ibyozikora byujuje ubuziranenge.
Abayobozi batatu b’akarere ka Rusizi barimo umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nirere Francoise , Umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu, Habyarimana Marcel Hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rusizi Ndemeye Albert, beguye ku mirimo yabo, kuri uyu wa Gatanu tariki (…)
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rusizi yahuraga n’abakozi b’inzego z’ibanze harimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge kuwa 21/11/2013, yavuze ko ruswa irangwa mu maserivisi atandukanye igiye guhagurukirwa.
Umwana w’imyaka 19 witwa Nyirahagenimana Claire yishwe n’inkuba ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 22/11/2013 mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ubwo yari ari mu murima ari gutera imboga.