Umuhanda w’ibirometero 7,5 uhuza u Rwanda n’u Burundi mu karere ka Rusizi wafunguwe ku mugaragaro na minisitiri w’ibikorwaremezo w’Uburundi ari kumwe n’umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012.
Ibigo by’imari byose bikorera mu karere ka Rusizi byahuriye hamwe byiga ku kibazo cy’abafata inguzanyo ntibubahirize amasezerano yo kwishyura bigatuma ibigo by’imari bihomba.
Akarere ka Rusizi karatangaza ko katazongera kwihanganira abantu bafata inguzanyo mu ma banki ariko banki ntibubahirize amasezerano yo kwishyura, bikaviramo byinshi muri byo guhomba.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Nzeyimana Zidan w’imyaka 12 na mushiki we Umuto Uwase w’imyaka 9 bakomoka mu karere ka Rusizi bafite indwara yo gucika ibisebe ku mubiri. Iyo ndwara ngo yabafashe kuva bagifite amezi icyenda.
Ubwo hatangizwaga gahunda yo yo guca akarengane na ruswa mu karere ka Rusizi, abaturage basabwe kwirinda guheranwa n’imanza z’amahugu kuko zibatwara umwanya bakabaye bakoramo imirimo abateza imbere.
umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.
Bamwe mu banyamuryango bagize koperative icuruza amafi n’ibiyakomokaho (KOVEPO) ikorera mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ntibavuga rumwe na komite nyobozi na ngenzuzi bapfa ko iyi komite manda yayo yaragiye ikaba yaranze gukoresha amatora.
Cooperative jyaheza ubwo twaganiraga nabamwe mubari bayirimo kuri uyu wa 12/09/2012 badutangarije ko bakoraga isuku mu murenge wa Rwimbogo nyuma iza kwamburwa na rwiyemeza mirimo bakoranaga ubu hakaba hashize hafi imyaka ibiri ngo amaso yaheze mu kirere.
Nzirorera w’imyaka 35 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe mu karere ka Rusizi azira gukubita umugore we.
Imvura yiganjemo umuyaga n’amahindu yaguye mu murenge wa Bugarama ku mugoroba wa tariki 11/09/2012 isenya amazu agera 100 harimo 50 yangiritse bikabije.
Umugabo witwa Ngendahimana Joseph yakubiswe n’inkuba ku cyumweru tariki 09/09/2012 ahagana saa kumi z’umugoroba ubwo imvura nyinshi yagwaga mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Umugabo witwa Nyirinkindi Aloys wo mu murenge wa Gihundwe akagari ka Shagasha afungiye kuri sitasiyo ya polise Kamembe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17.
Nyiraruhanga Mwanaidi, umugore w’imyaka 31 utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi yafatanwe ibipfunyika bibiri by’urumogi mu mukwabo wakozwe n’inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage tariki 08/09/2012.
Umugabo witwa pecause Kazungu yongeye gutahuka mu gihugu cye nyuma y’imyaka 18 ari mu buhungiro muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, azanye n’abana be babiri ariko umugore we akamunanira.
Pasitori w’Umunyekongo witwa Kimanuka Juvenal yatawe muri yombi tariki 04/05/2012 azira gutera imvururu n’imidugararo mu baturage akoresheje imvugo zisebya ubuyobozi bw’igihugu. ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Imirambo ibiri y’abagabo bataramenyekana aho baturuka yabonetse mu mugezi wa Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo tariki 05/09/2012 mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi n’intumwa ayoboye, batangiye uruzinduko mu mujyi wa Speyer mu ntara ya Rhenanie-Palatinat, mu Budage mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 y’umubano uri hagati y’u Rwanda n’iyo ntara n’imyaka 10 y’umubano wihariye hagati y’akarere ka Rusizi n’umujyi wa Speyer.
Urupfu rwa Ngendahayo Gaspard w’imyaka 41 wo mu kagari ka Shara, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi rwateje urujijo ubwo umurambo we wabonekaga mu cyumba cye kuri uyu wa mbere mu gitondo.
Abanyekongo icyenda bo mu mujyi wa Bukavu bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi kuva tariki 03/09/2012 bazira gukoresha inzira zitemewe n’amategeko basubira iwabo ubwo bari bavuye mu Rwanda.
Umugabo witwa Mbarushimana Joseph w’imyaka 37 wo mu murenge wa Giheke akagari ka Kigenge yafatiwe mu cyuho cyo guca umugore we inyuma.
Abanyamuryango bagize koperative CTVRB ikora umurimo wo gutwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi voiture) mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi biyemeje gutanga umusanzu w’amafaranga ibihumbi 500 mu kigega Agaciro Developpment Fund (AgDF).
Kapiteni Caliste Kanani, umwe mu basirikari batandatu ba FDLR batahutse ku bushake, aremeza ko yishimye kandi bimuvuye ku mutima kubona amaguru ye yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.