Umugabo w’imyaka 44 witwa Ribanje yagwiriwe n’ikirombe ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 15/03/2014, mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi. Uyu mugabo ngo yari kumwe na bagenzi be bacukura zahabu mu buryo butemewe n’amategeko mu mugezi wa Rubyiro.
Sosiyete SAFKOKO yatsindiye kubaka imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) irimo Gisenyi-Goma, Rusizi-Bukavu hamwe na Bukavu- Bujumbura iragawa ko itihutisha ibyo bikorwa.
Umugabo witwa Bakundiki Benoit yafatiwe ahitwa mu Gahinga mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi afite ibiro magana atatu by’urumogi ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bangirwa kuvurwa iyo hari umwe mu bagize umuryango uba ataratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza rimwe na rimwe bitewe nuko aba yaragiye gushakira ubuzima mu ibindi bice by’igihugu.
Umusaza w’imyaka 62 n’umuhungu we w’imyaka 31 bombi bafatiwe mu karere ka Rusizi bafite ibiro 17 by’urumogi bavuga ko ayo makosa yo gucuruza ibiyobyabwenge bayokoreshejwe n’irari ryo gukunda amafaranga.
Bamwe mu Banyarwanda batahutse bagera kuri 39 biganjemo abagore n’abana, bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo basigaye muri Congo kubera impungenge bafite zo kugaruka mu igihugu cyabo.
Abasore bataramenyekana bose, mu ijoro rishyira tariki 06/03/2014, bateye abana b’imfubyi bibana mu murenge wa Giheke bagamije kubakorera ibikorwa by’urugomo birimo ubujura n’ibindi.
Umugabo witwa Bizimana w’imyaka 28 yafashwe yibye inkoko 2 n’isafuriya 4 mu mu murenge wa Kamembe ahita yirega ibindi byaha ngo agirirwe imbabazi kuko ngo yari yabitewe n’inzara y’iminsi ine yari amaze atarya.
Umuyobozi w’ishamyi ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire n’iterambere ry’abaturage (UNFPRA ) mu Rwanda, Josef Maerien, yasuye akarere ka Rusizi ashima intambwe yatewe mu bikorwa byo kugabanya ipfu z’abana ndetse anashima ubwitabire bw’ababyeyi babyarira kwa muganga.
Abanyeshuri 25 bari bageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkombo mu karere ka Rusizi basubijwe mu mwaka wa gatanu n’uwa kane kubera ubumenyi buke.
Umuyobozi w’ibitaro bya Mibirizi Dr Akintije Simba Calliope arasaba abaganga bo muri ibi bitaro kuzirikana ububabare bw’abarwayi bashaka icyakorwa cyose kugirango ufite uburwayi akire vuba aho gutekereza ku gihembo bahabwa.
Abagororwa 50 bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bafunguwe mu gitondo cyo kuwa 02/03/2014 nyuma yo guhabwa imbabazi n’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa mbere bikaba byarasohotse mu igazeti ya Leta tariki 27/02/2014.
Abafatanyabikorwa batandukanye bafite inshingano zo gukurikirana imihanda izagera ku rugomero rwa Rusizi III ruzatanga amashanyarazi rutangire kubakwa, batangaza ko iki gikorwa kiri kugenda neza.
Ikibazo cy’abahigi bo muri Congo bamaze iminsi bafatirwa mu karere ka Rusizi bavuga ko baje guhiga cyagarutsweho n’inzego z’umutekano zikorera muri aka karere aho abantu bibaza inyamaswa baba baje guhiga kandi basize amashyamba akomeye iwabo.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Umugore umwe yapfuye naho abandi bantu 5 bakomerekera mu mpanuka y’imodoka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe, ubwo Toyota Coaster ya Agence “Impala Express” yavaga Rusizi yerekeza i Kigali, yarengaga umuhanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki 26/02/2014.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’umushinga wa HELPAGE wari umaze imyaka 10 ukorera mu karere ka Rusizi no kurebera hamwe uko ibyagezweho bibungwabungwa, umuyobozi w’akarere ka Rusizi yasabye abayobozi b’imirenge gukangurira abagenerwabikorwa gufata neza ibikorwa uyu mushinga wabagejejeho.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barishimira ko malariya yagabanutse, nyuma yo gutererwa umuti wica imibu itera malariya mu ngo.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko ibihuha bahura nabyo byagiye bizitira benshi bikababuza gutahuka. Kugeza magingo aya hari abakigendera kuri ibyo bihuha, aho ngo babwibwako nta mahoro y’uwatahutse iyo baba bari mu mashyamba ya Congo.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) irashishikariza abacuruzi n’ibigo by’imari bikorera mu karere ka Rusizi kugura impapuro nyemeza mwenda (treasury bonds) mu rwego rwo hubaka ubushobozi bw’isoko ry’imari n’imigabane , no kubona amafaranga yo gukoresha mu bikorwa by’iterambere.
Abashinzwe imibereho myiza mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi barahabwa ubumenyi mu byerekeranye n’isuku kuko hari abibasirwa n’indwara zikomoka ku isuku nkeya.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, ku bufatanye bw’Umuryango w’Abafaransa ushinzwe iterambere (AFD), na Ministeri y’Ibikorwa Remezo, batanze ibikoresho by’isuku n’isukura mu turere twa Karongi na Rusizi bifite agaciro ka miliyoni zisaga 460 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abadepite mu inteko inshinga amategeko barizeza amashuri y’icyitegererezo mu kwigisha amasiyansi ko agiye gukorerwa ubuvugizi kugirango ibibazo n’imbogamizi baba bafite mu kugera ku ireme ry’uburezi bwiza birangire.
Umugore witwa Gato Claudine wirukanwe muri Tanzaniya yageze mu karere ka Rusizi ayoberwa iwabo kuko yagiye muri icyo gihugu akiri muto cyane. Cyera ngo yumvaga ababyeyi be bavuga ko iwabo ari mu Rwanda ahitwa i Kamembe hafi y’ikibuga cy’indege.
Ubwo Abanyarusizi bakiraga urumuri rw’ikizere rutazima tariki 07/02/2014, abitabiriye uwo muhango batangaje ko rugaragaza ko igicu cy’umwijima Abanyarwanda babayemo igihe kirekire cyavuyeho.
Abanyarwanda 10 batahutse bavuye muri Congo tariki 06/02/2014 banze kwakirwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko byagaragaye ko bari baratahutse bakongera gusubira muri Congo.
Kuri uyu wa 06/02/2014, mu karere ka Rusizi habaye amatora yo kuzuza komite nyobozi y’akarere ka Rusizi yabanjirijwe n’umuhango wo kurahiza abajyanama rusange b’imirenge ya Nyakarenzo na Nkombo baherutse gutorwa ku tariki ya 03/02/2014.
Mu gihe mu karere ka Rusizi hitegurwa kwakira urumuri rutazima kuwa 07/02/2014, abaturage bose barasabwa kuzitabira uwo muhango kandi bagatanga ubuhamya bw’ibyo babonye mu gihe cya Jenoside.
Nyuma yuko akarere ka Rusizi kemereye urwunge rw’amashuri rwa Murira ruri mu murenge wa Muganza gusana amashuri yangijwe n’ibiza, ubuyobozi bw’iryo shuri buvuga ko bwatunguwe no guhagarikwa kubaka bigatuma abanyeshuri bigira mu rusengero no mu bubiko (stock).