Umwana w’imyaka 19 witwa Nyirahagenimana Claire yishwe n’inkuba ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 22/11/2013 mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ubwo yari ari mu murima ari gutera imboga.
Ubwo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yatangizwaga ku rwego rw’akarere ka Rusizi kuwa 20/11/2013, abayobozi b’inzego zitandukanye bo muri aka karere bayitabiriye basabwe kwakira iyi gahunda nk’agakiza kaje gukiza ibibazo Abanyarwanda batewe n’amateka mabi.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi baratangaza ko bamaze icyumweru kirenga batabona amazi meza bitewe n’uko ngo hari ibyuma byangiritse ku miyoboro yayo.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga barinubira amashanyarazi bahawe adahagije kuko ngo ntacyo abamariye dore ko ngo atabasha no guhagurutsa imashini zoroheje zinyuranye bakenera mu bikorwa binyuranye.
Ikigo k’igihugu gishinzwe gukwirakwiza imyuga n’ubumenyingiro (WDA) gifatanyije n’abahanzi batandukanye bakoze igitaramo cyo gushishikariza Abanyarusizi kwitabira imyuga kuko ngo ubumenyi ngiro ariwo musemburo w’iterambere.
Aba banyarwanda bageze mu nkambi ya Nyagatare bavuga ko bafashe umugambi wo kugaruka mu gihugu cyabo, nyuma yo kumva amakuru meza y’uko igihugu cyabo kirimo umutekano n’ubutabera busesuye.
Abagize Koperative z’abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi ho mu Karere ka Muhanga basuye bagenzi babo bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubigiraho uko bacunga koperative n’uburyo bayobora amazi mu mwaka.
Nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa 11 rishyira 12/11/2013, mu kagaki ka Rwenje hibwe ibendera ryari ku cyicaro cy’ako kagari biturutse ku burangare bw’abagabo Nzeyimana Theoneste na Bucyukundi bari baraririye ako kagari, ubu ngo iryo bendera ryabonetse mu murima w’abaturage, aho bakeka ko abari baryibye baritaye.
Umugore witwaga Nyirabana Esther w’imyaka 28 wari utuye mu murenge wa Kamembe , akagari ka Cyangugu yakubiswe n’inkuba ahita ashiramo umwuka ubwo yari agiye gutoragura imbuto za avoka zamanurwaga n’umuyaga mu mvura nyinshi yaguye aho yari atuye.
Muri gahunda ya Hanga umurimo igamijwe kongerera ubushobozi abifuza gutangira imishinga yabo izabafasha gutera imbere, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) isaba abantu batandukanye kugaragaza imishinga bafite muri gahunda ya HANGA UMURIMO, kugira ngo babashe kugerageza amahirwe yabo.
Abagore bo mu karere ka Rusizi bakoze igitaramo cyiswe umugoroba w’ababyeyi hagamijwe kurebera hamwe no kwishimira ibyo bagezeho birimo kugarura indangagaciro n’umuco mu muryango nyarwanda, guhuza ingo zibanye mu makimbirane n’ibindi ibikorwa by’iterambere bamaze kugeraho.
Abahinzi bo mu murenge wa Bugarama na Muganza mu karere ka Rusizi bafite imirima mu kibaya cya Bugarama ngo babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’imvura imaze igihe itangwa bikaba bizagira ingaruka ku musaruro w’imyaka bari biteze.
Kuba Abanyenkombo bagifite imico bakomora muri Congo wo guharika, aho usanga abasore bakiri bato bafite abagore barenze umwe, ngo ni imbogamizi ikomeye muri gahunda yo kuringaniza imbyaro muri kuri iki kirwa.
Abaturage biha uburenganzira bwo kubagira amatungo yabo imuhira bashakisha imibereho bihanangirijwe n’inzego z’umutekano kuko ngo ibi bishobora gukurura ibibazo bitandukanye mu barya izi nyama.
Abayobozi batandukanye bashinzwe isuku bavuye muri EWSA bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kuri uyu wa 31/10/2013 bakoreye uruzinduko mu murenge wa Nkombo mu rwego rwo kureba uko kurwanya indwara ya korera imaze iminsi igaragaye muri uwo murenge.
Ndagijimana Seleman wayoboraga umudugudu wa Kareba mu kagari ka Gatereri ho mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 30/10/2013.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.
Bamwe mu bashoferi cyane cyane abatwara abagenzi ku Rusizi ya mbere banze gukorera muri gare kubera ko ngo abakiriya babo b’Abanyacongo baherereye mu mujyi gusa. Bari babanjye kubyubahiriza ariko ngo haje gusanga bari gukorera mu gihombo kubera ko aho gare iri ari kure y’aho abagenzi babo bari.
Kamugwera Agnes w’imyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe n’abantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Agnes Kamugwera wimyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe nabantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mugitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Abaturage bo kukirwa cya Gihaya mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ibyishimo byari byose kuri uyu wa 25/10/2013 ubwo bazaga gusanganira abashyitsi bo ku rwego rwa karere ka Rusizi bari baje kubashikiriza Poste de sante bagereranya na Hopital kuko ngo mu mateka yabo ari bwo bwa mbere babonye serivisi nk’iyi ibegera.
Ubwo abayoboke b’idini rya Islamu basuraga abagororwa bo muri gereza ya Cyangugu babazaniye ifunguro batangaje ko amategeko agenga iridini harimo n’irivuga ko ifunguro risangiwe n’abantu benshi ritanga umugisha ku muntu warihawe ndetse n’uwaritanze.
Abayobozi bashinzwe iby’ubuzima ku rwego rw’akarere n’imirenge yose yo mu karere ka Rusizi bahagurukiye kurwanya indwara zikomoka ku mirire mibi zibasiye abana 1179 bigatuma bagwingira.
Umusaza witwa Nyabenda Hakili wo mu Burundi yaraye afatanywe umwana muto wo mu murenge wa Kamembe abeshya ko ngo agiye kumuha umuti wo kumukiza indwara arwaye, nyamara uyu musaza ngo asanzwe azwi n’abaturage ko ari umufumu kabuhariwe aho ngo ajyana abantu ikuzimu.
Imiryango ine yo mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi ubu ntifite aho kwikinga nyuma yuko amazu yabo asenwe n’imvura yiganjemo umuyaga n’urubura rwinshi yaguye tariki 19/10/2013 ikangiza amazu y’abaturage agera 332.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi bavuga ko ubujura bukomeje gukaza umurego aho umunsi kuwundi badasiba kwifatira abantu bari kubiba abandi bakabacika.
Umuryango wa Cyewusi Catheline wagabiwe inka n’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibumbiye mu muryango AERG-Duhozanye biga mu kigo cya Mutagatifu Yustini Nkanka kubera igikorwa yagaragaje cy’urukundo arera umwana warokotse Jenoside.
Rwagatori Emile n’umugore we witwa Umuhoza Chantal batuye mu kagari ka Gahinga, umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi bafatanwe gerenade n’amasasu atanu mu nzu kuri uyu wa 18/10/2013.
Abakobwa mu murenge wa Nkombo ho mu karere ka Rusizi ngo babuze abagabo kuburyo ubu basigaye batanga amafaranga ngo bakunde babone ababajyana. Muri uyu murenge ngo umugabo arahenze cyane ari na yo mpamvu umukobwa urongowe aba yumva afite amahoro adasanzwe.
Umuryango ATEDEC udaharanira inyungu wasobanuriye inzego zitandukanye zo mu karere ka Rusizi zirimo abanyeshuri, abanyamadini ndetse n’abayobozi batandukanye amoko y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.