Landrada Mukagihana w’imyaka 28, wari wugamye imvura hamwe n’abagenzi be mu nsi y’umuhanda ahanyura umugezi witwa Kadasomwa yaburiwe irengero atwawe n’amazi yo muri ruhurura.
Abajura 4 bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG binjiye mu iduka rya Simpunga Concorde mu murenge wa Mururu mu kagari ka Bahinda biba amafaranga ibihumbi 60 ahagana saa moya z’ijoro ryo kuwa 09/10/2013.
Abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze barasabwa gusobanukirwa uburemere bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko hari benshi badasobanukiwe neza n’ihohoterwa icyo ari cyo.
Mu murerenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi havumbuwe umurima uteyemo ibishyimbo bivanze n’urumogi rwinshi. Aho uyu murima uri mu mudugudu wa Rushakamba buri munsi haba hari abasore bahanywera urumogi.
Umusaza witwa Mawimbi Saidi ubu ufite imyaka 89 akaba atuye mu karere ka Rusizi aracyabasha gukora umwuga we wo gukanika ibyuma bitandukanye. Uyu musaza avuga ko atigeze yiga ariko ngo yavukanye impano zo kuvumbura agakora ibyo buri wese atapfa gushobora.
Ubwo mu karere ka Rusizi hakorwaga umukwabu ku mugoroba wo kuwa 07/10/2013, hafashwe abantu 49 harimo uwafashwe arimo gutobora inzu afite n’imyenda yari amaze kwiba.
Nyuma y’iminsi mike umugore wo mu Burundi yoherejwe iwabo n’akarere ka Rusizi kubera uburwayi bwo mu mutwe afite, abaturage batunguwe no kubona agarutse avuga ko intego yari yamuzanye itararangira.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe baratangaza ko abajura babamereye nabi kuko batakigira ubwoba cyangwa isoni kuko ngo basigaye birirwa barwana n’abaturage bavuga ko bari kwishakira ikibatunga.
Umwana w’imyaka 11 witwa Itangishaka yaguye mu kirombe cyari kirimo amazi menshi ubwo ngo yari agiye gushaka inkwi zo gucana mu murenge wa Mururu, Akagari ka Kigarama mu mudugudu wa Gitwa ahagana saa kumi nimwe z’umugoroba zo kuwa 01/010/2013.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye Abanyarusizi kwiyambura ibyo bitwikiriye bitagaragara bishobora kubatandukanya, bakareba mu cyerekezo kimwe bagahagurukira gukorera ku ntego bahangana n’abashaka gusenya u Rwanda.
Ahitwa mu kadasomwa mu murenge wa Kamembe ku muhanda wa kaburimbo habonetse umuvu w’amaraso mu gitondo cyo kuwa 25/09/2013; abantu bakaba bakeka ko hashobora kuba habereye ubugizi bwa nabi.
Umusore witwa Havugimana Jean utuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe yazindutse ajya kwiba mu murenge wa Kamembe afatwa amaze guhambira matora yayinyujije mu idirisha ry’inzu yari ayibyemo.
Sosiyete DYNAPHARM Rwanda yashinze ishami ryayo mu karere ka Rusizi ihita inatanga ku mugaragaro inyongeramusaruro y’umwimerere yitwa D.I GROW ifite ububasha bwo gukuba kabiri umusaruro wabonwaga hakoreshejwe izindi nyongeramusaruro zisanzwe.
Umwana witwa Habamuremyi Bernard yakomerekeye mu rugomo rw’abasore bakorera imbere y’isoko rya Kamembe baryanye ahagana mu masaa kumi nebyiri zo kuwa 23/09/2013 bapfa ubucuruzi bahakorera.
Ihuriro ry’urubyiruko mu karere ka Rusizi (Rusizi Youth Network) ryahuguye urubyiruko ruhagarariye abandi bazabafasha gutanga ubutumwa mu byiciro by’urubyiruko muri gahunda zitandukanye zirimo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15-24.
Umukobwa wo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi n’umusore wo mu mujyi wa Kigali barasezeranye mu rusengero kuwa 21/09/2013 ariko bigeze igihe cyo kwiyakira abantu bagwa mu kantu kuko byagaragaye ko umusore nta mafaranga yari afite.
Umucekuru witwa Nyiranzeyimana Rehema utuye mu karere ka Rusizi atangaza ko umuhungu we witwa musore Iremaharinde Burahimu yashatse kumukubita isuka ariko Imana ikinga akaboko atabarwa n’abaturanyi.
Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Rusizi, Ndamuzeye Emmanuel yakoranye inama n’abanyamabanganshingwabikorwa b’imirenge irimo ibigo nderabuzima hamwe n’abayobozi b’ibigo nderabuzima abashishikariza kurushaho kurwanya indwara ya malariya.
Bavakure Emmanuel w’imyaka 57 umaze imyaka 25 acuruza amagi, yemeza ko umuntu ariwe umenya uko ategura ubuzima bwe bw’ejo hazaza, nk’uko nawe yahisemo kwikorera ubucuruzi buciriritse n’ubwo ageze mu zabukuru bwose.
Umurambo w’uruhinja rwitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri ruvukiye mu bitaro bya Mibirizi wamaze ibyumweru bitatu mu buruhukiro utarashyingurwa. Umubyeyi wabyaye urwo ruhinja yasezerewe mu bitaro wizezwa ko ibitaro bizarushyingura.
Bikorimana Willy w’imyaka 18, ufite uruhu rutandukanye n’urw’abandi (Nyamweru) ngo yafashe gahunda yo kuza mu mujyi wa Kamembe kuko abasore bo mu rungano rwe kimwe n’abandi bose bamuhaga akato bityo ngo ntihagire umwegera ngo babe baganira.
Abakozi mu nzego zitandukanye za Leta bakoreye urugendo mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 17/09/2013 mu rwego rwo gukemura ibibazo abaturage b’aka karere bari bamaze iminsi babashyikiriza bavuga ko akarere kabarenganyije.
Nubwo igikorwa cyo gutora abadepite cyatangiye saa moya za mu gitondo wasangaga abaturage batari bake bo mu karere ka Rusizi bageze ku biro by’itora mbere yaho.
Hagamijwe gushakira abaturage ubuzima bwiza buzira indwara, kuwa 13/09/2013, abayobozi b’amadini n’amatorero bo mu karere ka Rusizi bibukijwe gushishikariza abayoboke babo kugura ubwisungane mu kwivuza kuko roho nzima utura mumubiri muzima.
Abatuye akarere ka Rusizi barishimira ibyo umuryango FPR wabagejejeho birimo ubumwe n’ubwiyunge bwatumye bibonamo ko ari Abanyarwanda nk’abandi kuko mu buyobozi bwabanje biyumvagamo ko ari Abashi kuruta uko ari Abanyarwanda.
Mukamurenzi Beatrice, Yandokoreye Speciose n’umugabo witwa Hakizimana Deni bo mu murenge wa Gitambi bakekwaho kwivugana umusaza Nyirinkwaya Rudoviko ngo kuko bamukuye mu kabari ku ngufu bagenda bamukurura bavuga ko bashaka kumujyana mu rugo kuko ngo yari yasinze cyane .
Umusaza Ntambabazi Victor w’imyaka 80 wo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi avuga ko ashima Leta y’u Rwanda ishishikariza abashakanye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko kuko bituma umuntu adatandukana n’undi uko yishakiye.
Sergent Major Gisagara Fokasi wo muri FDLR yatahukanye n’abasirikare bato b’Abanyarwanda bamwe bo muri FDLR n’abandi bo mumitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu. Bavuze ko bahisemo kugaruka mugihugu cyabo nyuma y’igihe kinini bari bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.