Nyuma yo kwiga ku byaha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, aregwa urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwanzuye ko uyu muyobozi yakurikiranywa afunze byagateganyo mu igihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje.
Ababyeyi barerera mu ikigo cy’ishuri ribanza UPEEC LA LUMIERE rikorera mu murenge wa Kamembe mu gitondo cyo kuwa gatatu tariki 30/04/2014 batunguwe no kubona abana babo birukanywe mu ishuri babwirwa ko bagomba kuzana 50000 Rwf yo kubaka ishuri yiyongera ku yandi 35000 bari basanzwe batanga by’ishuri.
Abayobozi batandukanye bakanguriye abaturage b’umurenge wa Kamembe kurushaho kwitabira ibikorwa byo kwibuka; nyuma yo kubona ko mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside wabereye muri uwo murenge tariki 30/04/2014 hitabiriye abaturage bacye ugereranyije n’abahatuye.
Abakozi ba Access Bank ishami rya Rusizi bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyo banki barasanga kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi bikwiye guherekezwa n’ubufasha bwo gutera inkunga abapfakazi barokotse badafite ubushobozi bwo kugira icyo bakwimarira.
Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi rwatangiye gukurikirana urubanza ubushinjacyaha buregamo Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke bumushinja ibyaha byo gusebya igihugu n’ubwambuzi bushukana bivugwa ko yakoreye bamwe mu abaturage bo mu Murenge wa Bugarama yayoboraga.
Hashize iminsi itatu uwitwa Kuradusenge Japhet wari utuye mu kagalika ka Ruganda umurenge wa Kamembe aburiwe irengero, umurambo we ukaba waraje gutorwa mu kiyaga cya Kivu ku cyumweru taliki ya 27 Mata 2014.
Umwana w’imyaka 13 wo mu kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe yatwikiwe mu rugo rw’umuturage azira ko yari yagiye kwiba ibiryo kuwa kane tariki 24/04/2014.
Nyuma y’aho sacco yo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yibwe n’abakozi bayo bakaburirwa irengero, ibindi bigo by’imirenge sacco byo mu yindi mirenge birasabwa kuba maso byirinda ko amafaranga y’abaturage yakomeza kunyerezwa.
Abatunze ibinyabiziga bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko icyifuzo cyo kwegerezwa controle technique bagejeje ku buyobozi bushinzwe umutekano wo mu muhanda cyasubijwe ibi ngo bakaba babibonamo inyungu nyinshi kuko bakoreshaga amafaranga menshi n’igihe kinini bamaraga i Kigali bashaka iyo serivisi.
Mu ijoro rishyira ku wa 19/04/2014 mu Murenge wa Giheke, Akagari ka Ntura, mu Mudugudu wa Kaburyogoro habaye ikiza cy’ubutaka bwitse hangirika amazu abiri y’imiryango ibiri n’imyaka byari bihinze kuri ubwo butaka.
Koperative zigize ihuriro ry’abarobyi bakorera mu Kiyaga cya Kivu igice cyo mu karere ka Rusizi ngo nizo zigomba gufata iya mbere mu gukumira no kurandura burundu ikoreshwa rya kaningini rikigaragara muri aka karere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wambere tariki 21/04/2014, Abanyarwanda bose bakorera imirimo itandukanye mu mujyi wa Bukavu muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bahagaritswe kongera gukorera muri kongo badafite icyangombwa cya viza.
Mu ruzinduko rwe yagiriye mu karere ka Rusizi tariki 16/04/2014, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, ku ikubitiro yaganiriye n’abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze hagamijwe kubafasha kurushaho kunoza akazi kabo.
Umusaza w’imyaka 68 witwa Habimana Felecien yishwe n’abagizi ba nabi bamunize kuko abamukoreshaga basanze umurambowe uhambiriye amaguru. Umurambo we watoraguwe mu murenge wa Kamembe mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 1/04/2014.
Abayobozi b’imirenge y’akarere ka Rusizi bakoze inama bemeza ko amashyamba yatewe n’umushinga PAREF azasarurwa na ba nyiri amasambu ateyemo ndetse no kuba basubiranije amashyamba yangijwe mu gihe cyo kubakira abatishoboye bakuwe ahantu h’amanegeka vuba bishoboka.
Ubwo mu karere ka Rusizi hasozwaga icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hatanzwe ubuhamya bw’ukuntu ahitwa mu Gatandara habereye ubunyamaswa bukabije kuko haranzwe no kurya bimwe mu bice by’imibiri y’Abatutsi bahicirwaga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira abagize uruhare mu kurokora bamwe mu Batutsi bari ku rutonde rwo kwicwa mbere y’abandi, mu cyahoze ari komini Gishoma kuri ubu ibarizwa mu karere ka Rusizi.
Bamwe mu barokotse bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda bamaze gutera intambwe mu ngeri zose mu kwiyubaka no kubaka igihugu cyababyaye.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku ncuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, umuyobozi w’akarere ka Rusizi yihanganishije abakozweho na Jenoside anibutsa ko kwibuka no kunamira abazize Jenoside ari ari ukubaha agaciro bambuwe ubwo bicwaga urw’agashinyaguro kandi yibutsa ko kwibuka ari umuco.
Nshimiyimana Erneste w’imyaka 32 wari utuye mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi yishwe mu ijoro ryo kuwa 5/04/2014, n’abagizi ba nabi bataramenyekana aho umurambo we watoraguwe mu kiraro cy’inka ze.
Abakora igendo z’indege mu karere ka Rusizi biganjemo abacuruzi barishimira ko RwandAir yabagejejeho indenge nshya. Batangaza ko kubona iyo ndege bisubije ibibazo bahugaraga nabo, aho baburaga uko batwaba ibyo baranguye i Kigali kandi basabwa kwihuta.
Abacuruza ibiribwa bitandukanye mu murenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi bw’akarere ko bwabarenganura kuko birukanwe aho bari basanzwe bakorera mu buryo bubatunguye kandi isoko rusange bakoreragamo mbere riracyari kubakwa.
Ubwo yitabiraga umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 9 bize ubudozi mu karere ka Rusizi ku nkunga y’umuryango Rwanda Aid, Ambasaderi William Gelling uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yavuze ko igihugu cy’ubwongereza cyishimira uburyo inkunga giha u Rwanda icungwa neza ikagera ku cyo yagenewe.
Abarokotse Jenoside batuye mu karere ka Rusizi bashyikirjwe amacumbi 39 bubakiwe n’abari mu mutwe w’ingabo z’Inkeragutabara mu gikorwa cyo kubafata mu mugongo no kubashakira icumbi ribereye Umunyarwanda w’iki gihe.
Abanyarwanda bagemuraga ibiribwa mu mujyi wa Bukavu muri Congo bamaze iminsi ine babujijwe kongera kwambutsa ibyo bacururizagayo. Abayobozi ba Bukavu ngo babwiye ab’u Rwanda ko Abanyekongo bazajya biyizira kubirangura mu mujyi wa Kamembe ku ruhande rw’u Rwanda igihe bazabikenera.
Abayobozi b’ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza (PSD) bahagarariye abandi kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere barasabwa kwima amatwi no kwirinda abasebya gahunda ya ndi umunyarwanda bayivuga uko itari.
Mushinzimana Phocas w’imyaka 35 n’umugore we Vumiriya Chantal w’imyaka 32 batuye ahitwa Kabonabose mu murenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi bakubiswe n’inkuba ibasanze aho bari bicaye mu inzu mu ijoro rishyira tariki 24/03/2014 ariko ku bw’amahirwe ntiyabambuye ubuzima.
Umurenge wa Mururu uhana imbibi n’umujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku mipaka ya Rusizi bita RusiziI na Rusizi II niwo uza ku isonga mu karere mu gucuruza mu buryo butemewe n’amategeko ariko ngo iyi mikorere iragenda igabanuka.
Umukozi ushinzwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage mu kagari ka Gikungu, mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusiz yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 18/03/2014 azira gukubita umuturage akanamwambura amafaranga y’u Rwanda 5200.
Abakora umwuga w’uburobyi n’ubucuruzi bw’amafi n’ibiyakomokaho bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bamaze gutahurwaho ko uburyo bakoramo uwo mwuga bubashora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye no guca inyuma abo bashakanye, ndetse ngo bakaba bugarijwe cyane n’icyorezo cya SIDA.