Abarezi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bo mu karere ka Rusizi batangiye amahugurwa yo kwigishwa ururimi rw’amarenga kugirango bazabashe kwigisha abana bafite ubuga bwo kutumva no kutavuga muri gahunda y’uburezi budaheza.
Umurambo wa Nsengumuremye Jean w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Gatandanda nyuma y’imisi ine uyu musore yaraburiwe irengero, uyu musore wo mu karere ka Nyamasheke yari amaze iminsi acumbitse mu karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe , mu kagari ka Cyangugu aho yakoraga imirimo yo kwikorera imizigo bakunze kwita karani ngufu.
Amazu abiri yari arimo abapangayi y’umuturage witwa Nambajimana Jean Bosco utuye mu murenge wa Kamembe yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa kumi n’ebyiri zo ku mugoroba wo kuwa 31/01/2014 arashya arakongoka.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Nkanka mu ka Rusizi bazahugura abandi mu midugudu no mu tugari barasbwa gusobanurira Abanyarwanda gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kugirango abakiyumva uko itari bayisobanukirwe.
Ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu ngabo z’u Rwanda (RDF) rirasaba abagore b’abasirikare bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kurushaho kuba inyangamugayo biyubaha mu bikorwa byabo bya buri munsi barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Rusizi gukemura ibibazo by’abaturage batiriwe babasiragiza, kuko arizo nshingano zabo bashyiriweho.
Abaturage bo mu mirenge ya Gashonga, Nzahaha na Rwimbogo mu karere ka Rusizi barishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba batazongera kuvoma ibishanga n’imigezi bavomagamo amazi y’ibirohwa ndetse kenshi bakahandurira indwara zikomoka ku mwanda no gukoresha amazi mabi.
Ubwato bwari butwaye abantu 4 bwahuye n’umuyaga mwinshi mu kivu kuri uyu wa kabiri tariki 21/01/2014, bituma bukora impanuka babiri (Nyirajyambere Anasitasie na Mariya Eugenie) baburirwa irengero.
Ubwo komiseri wungirije ushinzwe urwego rw’infungwa n’abagororwa, Mary Gahonzire, yasuraga abagororwa ba gereza nkuru ya Rusizi kuwa 21/01/2014, yabasabye aba bagororwa kudacika ibihano bahawe.
Nyuma y’aho abayobozi ba karere ka Rusizi bungirije, ushinzwe ubukungu n’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage beguye ku mirimo ya Leta bari bashinzwe, tariki 20/01/2013, abakandida batandukanye bitabiriye kwiyamamariza kuzahatanira iyo myanya.
Sergent Ntagara Cypien na premier soldat Nkomeje Francois bitandukanyije n’umutwe wa FDLR, bacumbikiwe mu nkambi ya Nyagatare, batangaza ko kuba mu mashyamba nta kamaro byabagejejeho ari na yo mpamvu bahisemo kugaruka mu gihugu cyabo.
Nyuma yaho RLDSF ihaye abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura amafaranga miliyoni 40 yo gutunganya umuhanda wa Mpinga-Kizura ureshya na km 18 aba baturage bavuga ko ngo batamenye irengero ryayobagasaba ubuyobozi kubaha ibisobanuro.
Imwe mu mihanda y’ibitaka akarere ka Ruzizi kari kariyemeje kuzakora binyujijwe muri gahunda ya VUP ngo iri kudindira bitewe nuko habuze rwiyemezamirimo yafata iryo soko kubera ko ngo ingengo y’imari iyo mihanda yagenewe ari ntoya.
Nyuma y’imyaka itandatu Kiliziya Gatulika yarananiwe kuzuza hoteri y’inyenyeri eshanu mu karere ka Rusizi kubera ubushobozi buke, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’abandi bashoramari biyemeje kugura imigabane muri iyi hoteri kugirango izamure iterambere ry’akarere.
Nyuma yaho urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi rukomeje kuvugwaho byinshi bijyanye no kuba rwarubatswe nabi, inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 11/01/2014, yemeje ko igiye gukurikirana amakosa yakozwe bagahita banayakosora mbere yuko hatangwa andi mafaranga yo gusubukura inyubako zarwo.
Nyuma yaho komisiyo y’ubukungu y’akarere ka Rusizi igaragaje ko hari amafaranga akoreshwa bitari ngombwa, abajyanama b’akarere basabye ubuyobozi kudasesagura umutungo wa Leta kuko ngo hari byinshi bikenewe kandi bifitiye igihugu akamaro ayo mafaranga yakagombye gushorwamo.
Mu rwego rwo kureba uko umujyi wa Rusizi wagira imyubakire ijyanye n’iterambere hakubakwa amazu n’ibikorwa remezo bijyanye n’igihe, abayobozi ku rwego rw’intara y’uburengerazuba n’ab’inzego z’ibanze bazengurutse uyu mujyi bareba ko inyubako basabwe kujya bakora zubahirizwa.
Nyuma yuko Gakwerere Francis aguze inzu muri cyamunara hanyuma agatangira kuyikorera amasuku yubaka ibipangu byayo , ngo yatunguwe no kubona abayobozi bashinzwe ubwubatsi mu karere zimuhagaritse kubaka ibikuta by’inzu ye bavuga ko ngo yarenze imbago z’umuhanda.
Nyuma y’isuzuma ry’imyubakire ijyanye n’umujyi w’akarere ka Rusizi yakozwe n’ubuyobozi bw’akarere n’ubw’intara, uwaguze Hotel Ten To Ten yahawe iminsi itatu ngo abe yasenye inyubako yayongeyeho kuko ngo itujuje ibyangombwa bisabwa n’amategeko.
Ubwo abagororwa ba Gereza ya Cyangugu mu karere ka Rusizi baganirizwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yarabacengeye bamwe muri bo bahita basaba imbabazi abo bahemukiye mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko kutagira isoko rusange bibadindiza bigatuma batabasha kwikura mu bukene.
Ubwo komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside mu nteko ishinga amategeko yasuraga gereza ya Rusizi tariki 06/01/2014, abagororwa basabwe ko uwakoze icyaha yacyemera kuko guhakana icyaha kandi waragikoze ari ugupfobya Jenoside.
Abadepite basuye urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi tariki 06/01/2014 banenze imyubakire yarwo ndetse no kudindira kw’imirimo yo kurwubaka bituma bakeka ko hashobora kuba harabayemo ruswa.
Bimaze kugaragara ko mu midugudu yo mu karere ka Rusizi hatangwa ibyangobwa mu buryo bw’akajagari kandi butemewe n’amategeko. Ibi ngo byakunze kugaragara aho umuntu amara ukwezi kumwe kandi akaba atanazwi akandikirwa icyangobwa kimuhesha kubona ibimufasha kwambukiranya imipaka.
Abakoresha ikiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi y ambere bakambukiranya imipaka mu buryo butemewe n’amategeko bagamije kugera ku nyungu zabo bwite bihanangirijwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Abakora imirimo nsimburagifungo basaga 250 mu karere ka Rusizi barayicitse nyuma yo gukatirwa n’inkiko Gacaca, abenshi mu bafashwe bavuga ko ngo bashaje bityo ngo bakaba batagifite imbaraga zihagije zo kwirirwa muri iyo mirimo.
Mukarugwiza Mariya wo mu mudugudu wa Mucyamo mu murenge wa Kamembe amaze icyumweru kimwe abyaye avuga ko kuva umugabo witwa Senga w’umuturanyi we amuteye inda ngo atigeze amuba hafi ngo agire icyo yamufasha.
Aba banyarwanda bagera kuri 76 bavuye mu buhungiro muri Congo batangaza ko bari bamaze iminsi myinshi mu buzima bwo kubabara, kubera ko ngo batisanzuraga mu gihugu cyabandi ariko kuri ubu ibyishimo bikaba ari byose nyuma yo kugaruka mu rwababyaye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wo mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yemera ko yari agiye kwiyicira nyina umubyara na bene nyina akoresheje umuti wica imbeba kubera ko ngo bari banze kumugurira imyenda azambara kuri Noheri.
Shabani Vedaste wo mu murenge wa Mururu yabonetse yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/12/2013 hafi y’akabari yari yagiye kunyweramo inzoga aho basanze bamunize bakamukuramo n’amaso yombi hanyuma bakamuta mu kigunda ahantu hatagaragara.