Nyuma yo kugaragaza impungenge ku mazu bubakiwe ashaje ibisenge kandi atanakorewe isuku, abantu icyenda bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Ngororero bagiye kuvugururirwa.
Mu karere ka Ngororero gasanzwe kazwiho kugira imisozi ihanamye, ubutaka bworoshye n’imigezi ikunze kuzura, ubu gafite abaturage 2942 batuye ahantu hagaragaza ko hashobora guteza impanuka bakeneye kwimurwa.
Nyirabutorano Pelagie, Mukamana Jacqueline na Mukantabana Xavera bose bashatse mu muryango umwe mu murenge wa Ndaro mu karere ka ngororero, bamaze imyaka 30 barambuwe uburenganzira ku mitungo y’abagabo babo kandi barashakanye ku buryo bwemewe n’amategeko.
Abanyamuryango ba koperative CODRS (Cooperative for Development Realing Silk worms) ihinga boberi mu murenge wa Gatumba mu karerea ka Ngororero barasaba ubuyobozi bwa Leta kubishyuriza ingurane y’ubuhinzi bw’amagweja bwangijwe n’amazi aturuka mu birombe bya sosiyete GMC icukura gasegereti muri uwo murenge.
Habarurema Emmanuel wari ufite imyaka 33 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gasiza, akagali ka Gasiza mu murenge wa Muhanda yivuganywe n’abantu bavugwa ko bari bavuye kwiba inka tariki 25/03/2013.
N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Mu gihe minisiteri y’ubuzima ikomeje gahunda yayo yo kurwanya maraliya burundu, ikoresheje uburyo butandukanye harimo no gutanga inzitiramubu zikoranywe umuti, bamwe mu baturage bazikoresha mu yindi mirimo itari ukuziryamamo.
Annanie Nshunguyinka wo mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero, arashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere n’abaturage kubera ibikorwa by’iterambere abagejejeho harimo kwesa umuhigo yari yarihaye wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’urutoki n’izindi mbuto zitandukanye.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Ngororero barashishikarizwa kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga iciriritse aho guhora bategereje inkunga zituruka ahandi, kugira ngo bakemure ikibazo cy’amikoro macye bafite.
Itsinda ryashyizweho na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe - amaze kungurana ibitekerezo n’izindi nzego ngo rikemure ibibazo byerekeye imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 kuri uyu wa kabiri 12/03/2013 ryakoreye mu murenge wa Muhanda.
Ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, umugore turi bwite Kanakuze wo muri Kabaya yakubiswe ibisura n’undi mugore ubwo yari arimo gusenga mu rusengero rw’idini rya ADEPR ahitwa Gakararanga muri uwo murenge.
Mu rwego rwo guca ingeso mbi ya bamwe mubaturage banga gufatanya n’abandi mu kwicungira umutekano binyuze mu marondo ndetse no kurwanya umuco mubi wo kudatabarana igihe hari utabaje, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon araburira abaturage ko abo ibyo bizajya bigaragaraho bazajya bishyuzwa ibyibwe cyangwa (…)
Niyitegeka Alphonse, Kabera Ferdinand, Ngirababyeyi Anastase, Hitimana Idephonse na Rusekampunzi Donatien, bavuga ko bamaze imyaka irenga 8 basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ingurane y’imirima yabo yashyizwe mu mbago z’ahantu nyaburanga hitwa kumukore wa Rwabugiri mu mumurenge wa Kageyo mu karere ka Ngororero.
Umugabo witwa Shiragahinda Jean Fidel uyobora akagali ka Muramba mu murenge wa Kageyo arashinjwa n’abavandimwe be ndetse na se ubabyara witwa sebazungu Aloys guteza amakimbirane mu muryango avukamo ndetse n’uwo yashatsemo.
Tariki 12/02/2013, mu mujyi wa Ngororero batashye Guest House yubatswe muri gahunda yo gukemura ikibazo cy’amacumbi kubantu bagana akarere, resitora itunganye, inzu y’inama n’ibindi.
Mu baturage ibihumbi 24 batuye umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero, abagera ku 4000 bakeneye ubufasha bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) kuko bari mu cyiciro cy’abatishoboye kandi bakaba batarashyizwe ku rutonde rw’abafashwa na Leta.
Abagore bacuruza imboga mu isoko rya Ngororero barasaba ko amafaranga yongerewe ku misoro batangaga yakurwaho maze bakabanza bagasobanurirwa impamvu zuko kuyongera nabo bagatanga ibitekerezo ndetse n’imbogamizi babona.
Abantu bagera kuri 50 bahoze ari abakozi b’isosiyete China Road and Bridge Corporation bakoze mu kazi ko kubaka umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bavuga ko bambuwe amafaranga bagiye bakatwa ku mishahara yabo nk’ingwate ijyanye n’akazi kabo.
Abantu biganjemo insoresore n’abandi birirwa ku muhanda wa kaburimbo Muhanga-Ngororero cyane cyane mu gice kiri mu karere ka Ngororero bamaze iminsi bakora ubujura bwo gushikuza abagenzi ibyo bafite mu ntoki cyane cyane ku bagenzi bari mu mudoka.
Mukakalisa Emeline utuye mu kagali ka Rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yirukanywe na barumuna be mu nzu y’umuryango babagamo kubera amakimbirane, ubu akaba acumbikiwe n’umuturage nawe wo muri uwo murenge.
Abayobozi na bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero barasaba minisiteri y’umuco na siporo kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu cyiciro cy’intwari abana 17 biciwe mu ishuri rya CIC Muramba (CIC: Complementalité Intelligence Courage) riri mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero.
Mu rwego rwo gufasha ababyeyi bo mu mudugudu atuyemo wa Myiha mu kagali ka Myiha mu murenge wa Muhororero ho mu karere ka Ngororero, umwarimukazi witwa Uwitonze Marie Louise yiyemeje kujya yigisha abana mu ishuri ry’incuke ku buntu.
Abari mu gihano nsimburagifungo (TIG) mu karere ka Ngororero bashimishijwe no kuba bafatanya n’abandi baturage mu bikorwa by’imirimo y’amaboko ifitiye igihugu akamaro kandi bari mu gihano cy’ibyaha bakoze.
Mukarugema Annonciata wo mu kagali ka Ruhanga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero arasaba ubuyobozi bw’akarere kumurenganura nyuma y’imyaka 10 asiragizwa mu nkiko kandi atsinda ntasubizwe ibye.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, abayobozi n’abakozi b’akarere ka Ngororero batangiye gahunda yo hukemura ibibazo by’abaturage bimaze igihe kinini bidakemuka, nkuko babigize intego mu gihe cy’amezi 3 cyahariwe imiyoborere myiza.
Nk’uko byagaragajwe n’inama y’abafatanyabikorwa mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero, abantu bagera kuri 301 bakorewe ibikorwa by’ihohoterwa mu mwaka ushize wa 2012.
Mu gihe ubuyobozi bw’ibitaro n’ibigonderabuzima byo mu karere ka Ngororero bimaze iminsi bivuga ko farumasi y’akarere itabigezaho imiti bikenera uko bikwiye, ubuyobozi bw’iyo farumasi bwo buragaragaza ko ibitaro bitishyura amafaranga biyirimo.
Inama njyanama y’akarere ka Ngororero igaragaza ko izi ikibazo cy’ibitaro bya Kabaya bifite amazu makeya kandi ashaje ariko ko hataraboneka ingengo y’imari yo kuvugurura ibyo bitaro bityo icyo gikorwa kikaba kizashakirwa amikoro mu myaka itaha.
Bamwe mu baturage bavuga ko abayobozi bo mu midugudu n’utugari mu karere ka Ngororero bakoresha ikimenyane na ruswa mu gutanga imfashanyo zigenerwa abatishoboye cyane cyane muri gahunda z’ubudehe no korozanya.
Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero barakemanga imikorere ya kompanyi ya African Tours isanzwe itwara abagenzi muri uwo muhanda, igihe izaba ariyo yonyine isigaye ihakorera, nkuko biherutse kwemezwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).