Nyuma y’imyaka 6 ishize inzego zitandukanye za Leta zikorera ku mihigo, mu karere ka Ngororero bahinduye uburyo bagaragazaga uko imirenge yakurikiranye mu gushyira mu bikorwa ibyo basezeranyije umuyobozi w’akarere n’abaturage.
Abantu biganjemo abagore n’abana bacuruza ibiribwa bihita biribwa ako kanya bagaragara mu mirenge yo mu karere ka Ngororero barasabwa kwitwararika isuku y’ibyo biribwa kuko bishobora gukwirakwiza cyangwa kongera indwara ziterwa n’umwanda.
Nyuma y’uko isosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) yakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Ngororero ihagaritse imirimo yayo muri Gicurasi 2014, minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA) yashyizeho igihe cy’amezi atatu ngo ba rwiyemezamirimo bose b’abanyarwanda bagera kuri 20 basabye gukora ubucukuzi (…)
Kutavuga rumwe hagati y’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’ubuyobozi bwa sosiyete yakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri ako karere yitwa GMC (Gatumba Mining Concession), bikomeje guheza mu gihirahiro imiryango 18 yasenyewe amazu n’ibikorwa by’iyo sosiyete ubu bamwe bakaba bagisembera kuko amazu yabo (…)
Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rw’ibohoye, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Ngororero barahiriye kuba aba mbere mu bukungu, guteza imbere akarere no kuzamura imibereho myiza y’abaturage byose bigamije kubumbatira amahoro n’ubwisanzure bahawe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yashimye ko abatuye akarere ka Ngororero bahagurukiye kubaka inganda hamwe no gushora imari nyinshi mu bucuruzi. Ako karere gasanzwe kagaragaramo inganda n’ibikorwa by’ubucuruzi bikiri ku rwego rwo hasi kuko kagizwe ahanini n’icyaro.
Umugabo witwa Niyigena Emmanuel utuye mu kagari ka Kazabe mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo gusezererwa mu Ngabo z’Igihugu agasubira mu buzima busanzwe yahisemo kwimenyereza imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga kuko yari afite ikibazo cy’akaboko kadakora neza agasanga atashobora ubuhinzi.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi b’ibigo by’amashuri batanga imibare y’abanyeshuri iri hejuru y’abo bafite ku bigo bagamije guhabwa amafaranga menshi bagenerwa na Leta kuri buri mwana, buri muyobozi arasabwa kwishyura ikinyuranyo cy’amafaranga yakiriye ahwanye n’umubare w’abanyeshuri yongereye ku rutonde kandi atabafite.
Nyuma y’igihe kinini mu karere ka Ngororero havugwa ubujura bw’abantu batazwi biba inka z’abaturage bakazibaga bakajyana inyama nkeya izisigaye bakazijugunya, inzego zitandukanye harimo iz’ubuyobozi n’izishinzwe umutekano ndetse n’abaturage bemeranyijwe gukaza amarondo bitaba ibyo abatuye ahakorewe ubwo bujura bakajya (…)
Amakosa y’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu gukora raporo zirebana n’imibare ngo atuma mu karere ka Ngororero abanyeshuri benshi baburirwa irengero mu mibare nyamara batarataye amashuri nkuko byitwa iyo hari abanyeshuri batagaragara mu mibare.
Mu kagari ka Bugarura gaherereye mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, hari umudugudu witwa Gatomvu ufite umusozi wiganjeho abasigajwe inyuma n’amateka bo mu miryango 56 igizwe n’abantu 296 bose hamwe harimo abana bato 87.
Nyuma y’uko minisiteri y’uburezi ishyizeho amabwiriza yo guhagarika kwaka ababyeyi amafaranga y’agahimbazamusyi k’abarimu, bamwe mu bayobozi b’amashuli basanga kubyumvisha abarimu bizagorana kubera ko n’ubundi basanzwe bavuga ko bahembwa amafaranga make. Gusa ngo kubera ko ababyeyi nabo bagaragaza ikibazo cy’amikoro macye, (…)
Abaturage batuye mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero baravuga ko nyuma y’uko urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi ruburanishirije uwakekwagaho kwica umuntu rukanasomera imyanzuro y’urubanza imbere y’abaturage, bahakuye isomo ryo kwitondera gukora ibyaha bihanirwa n’amategeko cyane cyane ibyaha bihanishwa ibihano biremereye.
Mu karere ka Ngororero batangiye gahunda yo gukora ubukangurambaga bwo kurwanya amakimbirane akomoka ku butaka hifashishijwe ibihangano bitandukanye, harimo indirimbo, imivugo, amakinamico magufi, ibishushanyo n’ibindi.
Umugabo witwa Nkubana Vincent w’imyaka 46 wo mu kagari ka Bweramana, umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi, igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore witwa nyirabazimenyera Alvera wari indaya ye.
Mu rwego rwo kurwanya indwara z’amatungo zaba izandura n’izitandura, minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yahuguye abajyanama ku buzima bw’amatungo bazafasha abaganga b’amatungo guhashya izo ndwara.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza 47 byo mu karere ka Ngororero barasabwa guca burundu ikoreshwa ry’imbaho (ardoise) abana bakoresha mu kwandika iyo bari mu ishuri maze bagakoresha amakayi n’amakaramu.
Abanyamuryango 30 ba koperative ya ba karaningufu bo mu mujyi wa Ngororero baravuga ko batishimiye imikoranire yabo n’abacuruzi bo muri uwo mujyi kuko itabateza imbere nk’uko bigenda ahandi bavuga ko ba karingufu babayeho mu buzima bwiza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage cyane cyane urubyiruko barasaba Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) kubafasha kubona ikigo cyihariye gitanga serivisi ku buzima bw’imyororokere kubera ikibazo cy’inda zitateganyijwe n’izitwarwa n’abana b’abakobwa kibugarije.
Nyuma y’igihe kinini ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’ubwa sosiyete yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) icukura amabuye y’agaciro muri uwo murenge batavuga rumwe ku kwishyura abaturage bwabangirije amazu hamwe n’indi mitungo, umuyobozi bw’akarere buvaga ko bwihaye igihe cy’icyumweru kimwe bugashyikiriza GMC (…)
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero batangiye gahunda yo gukoresha uburyo bwo gucana badakoresheje ibikomoka ku biti abandi bitabira gukoresha amashyiga arondereza ibicanwa mu kugabanya imbogamizi zo kubura inkwi.
Mu karere ka Ngororero, mbere yo gutangira umwaka wa 2014-2015, imiryango itegamiye kuri Leta: ADI Terimbere, Tubibe amahoro na PPIMA (Public Policy of Information Monitoring and Advocacy) yashyize ahagaragara ubushakashatsi bakoze ku muganda aho abaturage bagaragaza ibyo bashima, ibyo banenga mu mitangire y’umuganda ndetse (…)
Nyuma y’ibyumweru bitatu, umushinga Rwanda Peace Education Program (RPEP) uharanira kubaka amahoro ukora imurika rigamije kwigisha amahoro mu karere ka Ngororero, abakurikiranye inyigisho zahabereye biyemeje kuba intumwa z’uwo muryango mu kubaka umuco w’amahoro nk’indangagaciro nyarwanda.
Umugabo witwa Rwanzegushira Froduard utuye mu kagari ka Nyamata mu murenge wa Kageyo mu karere ka Ngororero avuga ko yiyemeje koroza abaturage 100 abaha amatungo magufi ndetse n’amaremare, mu myaka ine amaze koroza 40 akavuga ko azageza ku bantu 100.
Mu rwego rwo kongera agaciro k’umusaruro w’abaturage, mu karere ka Ngororero biyemeje gukwirakwiza amasoko manini ahasanzwe hakorerwa ubucuruzi bw’imyaka no kubaka amasoko mato mato mu mirenge kugirango hagurishirizwe umusaruro w’abaturage kandi ku giciro kibaha inyungu.
Kuri iyi sabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Ngororero barivuga ibigwi by’intambwe bamaze gutera mu bukungu, aho bavuga ko kwibohora bizamura mu bukungu ari inyiturano nziza ku barwaniriye igihugu ndetse bamwe bakahasiga ubuzima abandi bakahamugarira.
Mu muganda ngarukakwezi wo kuwa 29 Kamena wabereye mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Muhororo, Minisitiri Mitari Protais yifatanyije n’abaturage mu guhanga umuhanda uzareshya na kilometero14 hakaba hamaze gukorwa izigera ku munani.
Mu gihe imiturire mu karere ka Ngororero ikirangwa cyane n’akajagari ndetse n’imyubakire itajyanye n’igihe ahanini kubera kutagira ibibanza hamwe n’ibikorwaremezo, ubu ubuyozobozi bw’aka karere busanga gutegura hakiri kare ahazubakwa amazu hagaturwa nk’umudugudu ari kimwe mu bizakemura iki kibazo.
Ubuyobozi bwa komite y’Igihugu y’imikino y’abafite ubumuga (Nationa Paralympic Comity) buravuga ko kuva hatangizwa imikino y’abana bafite ubumuga mu karere ka Ngororero, byatinyuye ababyeyi bagiraga ipfunwe ryo gusohora abana babo bafite ubumuga ubu Imibare yabo ikaba ikomeje kwiyongera.
Kesho ni umusozi uri mu kagari ka Mashya mu murenge wa Muhanda ho mu karere ka Ngororero. Ni umusozi ubereye ijisho kandi uhinzwe ho icyayi, kuko wegeranye n’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruri muri uwo murenge.