Imyaka ibaye ine bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero bategereje kurenganurwa ngo bishyurwe imtungo yabo yangijwe n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa na sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession).
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Abatutsi bishwe muri jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Nyange mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 16 Mata 2014, Minisitiri w’Umuco na Siporo Mitali Protais yamaganye byimazeyo abantu bagifite ubwicanyi mu bitekerezo byabo.
Nyuma y’uko urwego rw’Umuvunyi rukwirakwije udusanduka tuzajya twakira ibitekerzo by’abaturage n’abantu bagana serivisi zitandukanye hirya no hino mu gihugu, mu karere ka Ngororero baravuga ko bizabafasha kugaragaza ibitagenda neza batabonaga uko bageza kuri urwo rwego.
Nubwo mu karere ka Ngororero hakomoka abantu benshi babaye abacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakayishyira mu bikorwa, abahatuye ndetse n’abarokotse bishimira ko hari bamwe mu baturage bagerageje kugaragaza umutima wa kimuntu bagakiza abahigwaga.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Ntawukuriryayo Jean Damascene, arasaba abaturage bo mu karere ka Ngororero kurwanya bivuye inyuma ibikorwa bisesereza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ahubwo ko bagomba kurushaho kubaba hafi bakabakomeza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage baravuga ko kubungabunga ibimenyetso mu nzibutso zimwe na zimwe zo mu karere ka Ngororero ari kimwe mu bizafasha kugaragaza amateka no kwibuka abishwe bazirikana ku mateka ya Jenoside n’uburyo yateguwe agashyirwa mu bikorwa.
Niyonsenga Jea d’Amour, Perezida wa IBUKA mu karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’akarere bwihutira gukemura ibibazo by’abarokotse, aho ashyira ahagaragara ibitarava mu nzira, Harimo icy’ amazu 300 agomba gusanwa imanza z’imitungo zitari zarangizwa, inzibutso zikeneye gusanwa n’imibiri igishyinguye mu ngo.
Kirenga Denis wari ukuriye Inkeragutabara mu murenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yishwe n’abarimo bashakisha inka yabo yari imaze kwibwa mu murenge wa Ndaro bakeka ko ari umwe mu bayibye.
Kuba bamwe mu bakomoka mu karere ka Ngororero baba mu bice binyuranye by’igihugu batariyumvisha ko bagomba kugira uruhare mu iterambere ry’akarere kabo, ni bimwe mu byatumye imyanzuro y’inama yigaga ku iterambere rya ka karere yabaye mu kwa cumi umwaka wa 2012 idashyirwa mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe.
Nyuma yo kumara imyaka itanu yiberaho ubuzima butagira akazi na gahunda we yita ubuzima bwa gisongarere, Nganyirende Jean Damascene wiyita Kazi ni kazi ubu ukora akazi ko gukora inkwe arasaba urubyiruko guhagurukira gukora aho kwirirwa bicaye.
Muri iyi minsi mu karere ka Ngororero haravugwa abayobozi bakorana n’abaturage mu kugurisha inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka ndetse n’amanyanga mu kwitura no gutanga izindi aho bivugwa ko hari abiturwa ataribo bari bakwiye guhabwa izo nka.
Abana bato bakina umupira w’amaguru bo mu karere ka Ngororero barifuza ko abashinzwe kuzamura impano z’abana babitaho kuko nabo basanga bafite impano ndetse bakavuga ko bashobora no kwerekana itandukaniro n’abandi.
Umuyobozi wa polisi mu karere ka Ngororero arasaba abamotari kwitwararika ku bikorwa bihungabanya umutekano, bagatanga amakuru kuri Polisi igihe bamenye cyangwa bakeka umuntu waba ashaka guhungabanya umutekano.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero begereye ikibaya cya Nyabarongo baravuga ko bakeneye inzitiramubu, kuko maraliya yongeye kugaragara mu gace batuye mo kandi izo bari barahawe bakaba bavuga ko zashaje.
Umuyobozi wa polisi mu karere ka Ngororero, SSP Yahaya Simugaya Freud, araburira abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto badafite ibyangombwa bisabwa bahagarika gutwara abagenzi naho abazafatwa bakaba bazahanwa bikomeye.
Umukozi ushinzwe gucunga umutungo ku ishuri ryisumbuye rya Munini mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero hamwe n’umufundi wubakaga kuri iryo shuri bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Ngororero aho bakurikiranywe ho kunyereza amarangi yagombaga gusigwa ku mashuri yubakwa kuri icyo kigo.
Muri iyi minsi mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero haravugwa imiryango imaze igihe iharaye gushyingira rwihishwa abakobwa babo mu gihugu gituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakaba basabwa kubyitondera.
Nkurikiyinka Jean Nepomuscene, ukuriye umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba ni umwe mu bahamya ko Ngororero yahinduye isura kubera kugira abayobozi bazi icyo abaturage bakeneye.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Mitali Protais, aravuga ko nyuma y’imyaka ishize Abanyarwanda bakora umuganda ndetse ibikorwa byawo bikaba byigaragaza mu nzego zitandukanye, kuri ubu nta Munyarwanda ukwiye kwibutswa kwitabira umuganda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri hamwe n’abarezi baravuga ko kwigisha amahame y’itorero ry’igihugu mu mashuri bizoroha cyane kuko itorero ku rwego rw’amashuri ryatangijwe abanyeshuri baramaze gucengera ibyiza byaryo ndetse bakaba basanzwe bafite indangacaciro na za kirazira bagenderaho.
Ntezirizaza Celestin, umusore w’imyaka 28 wo mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo guhura n’ubuzima bubi kubera ibyaha bitandukanye yakoraga, ubu yabiretse akaba anasaba bagenzi be bakibirimo guhindukira amazi atararenga inkombe.
Rucamukago Size ufite imyaka 24 wo mu murenge wa Kabaya akarere ka Ngororero umaze imyaka itanu arwariye mu bitaro bya Kabaya arasaba Leta n’abagiraneza kumuha ubufasha akavuzwa mu mavuriro afite inzobere kugira ngo ave mu bitaro.
Muri iki gihe mu Rwanda turi mu gihe cyahariwe imiyoborere myiza, mu karere ka Ngororero abaturage babaza ibibazo baragabanutse cyane ku buryo hari n’aho bavuga ko nta bibazo bihari ahubwo bagasaba ko bahabwa ibiganiro bakanasabana.
Umunyamabanga nshingwabikorwa n’umukozi ushinzwe iterambere bombi bo mu kagari ka Tetero mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri polisi yo muri ako karere aho ubugenzacyaha bubakurikiranye ho kunyereza amafaranga ya Leta.
Muri iki gihe twitegura kwinjira mu bihe bigwamo imvura nyinshi, ikaba ikunze gusenyera abantu, guteza isuri ndetse mu ntara y’iburengerazuba hakaba hamaze iminsi hibasiwe n’inkuba, abafite amazu bo mu karere ka Ngororero barashishikarizwa gufata amazi no gushyiraho imirindankuba.
Nubwo byasobanuwe bihagije kuva mbere hose ko mu Rwanda nta Jenoside 2 zahabaye, bamwe mu bagize inzego zitandukanye kuva ku mudugudu no mu tugari bamaze iminsi bahabwa ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, bavuga ko aribwo bumvise neza ko habaye gusa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Jean de Dieu Mucyo, avuga ko ahahoze kiliziya ya paruwasi gaturika ya Nyanjye hakwiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nta mananiza abayeho.
Mu karere ka Ngororrero mu ntara y’Iburengerazuba, abarenga 400 baracyakeneye imbago kugira ngo babashe kugenda, n’ubwo mu mwaka ushize abaterankunga n’abafatanyabikorwa bafashije abatari bacye inyunganirangingo zirimo imbago, amagare n’ inkoni.
Ku isaha ya saa cyenda n’iminota itanu, kuri uyu wa 10 Mutarama 2014, nibwo urumuri rutazima rw’icyizere rusesekaye mu ishuri rikuru rya Nyange (Ecole Superieur de Nyange), ruturutse ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero nka Kabaya, Sovu na Hindiro hadutse amandazi manini cyane agura amafaranga 200 rimwe, ari gutuma abagabo bamwe baturiye aho acururizwa batakirya mungo zabo.