Abayobozi n’abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu karere ka Ngororero bavuga ko kuba abarwayi bivuriza ku bwisungane mu kwivuza (Mutelle de Sante) batemerewe kurenza iminsi itatu barwariye mu bigo nderabuzima bibabangamira ndetse bikanabangamira abaturage.
Ikigo nderabuzima cya Rususa cyo mu karere ka Ngororero cyahawe imodoka yacyo itwara abarwayi (ambulance) kikaba kibaye icya kabiri mu bigonderabuzima 12 byo mu karere ka Ngororero mu kugera kuri icyo gikorwa.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima n’ibitaro byo mu karere ka Ngororero bavuga ko imibare y’abarwayi batoroka ibitaro batishyuye ikomeza kugenda yiyongera bikaba bishobora kuzatera igihombo mu mirimo y’ibyo bigo.
Umugore witwa Nyirahabimana Philomene wo mu kagali ka Gahogo, umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga afunzwe kubera gufatanwa amafaranga y’inoti za bitanu z’impimbano azicuruza mu mujyi wa Ngororero.
Ikamyo yo mu Burundi yari ijyanye inzoga zo mu bwoko bwa Amstel mu karere ka Rubavu, yakoze impanuka mu karere ka Ngororero winjira kuri centre ya Gatumba ahagana saa 05h00 tariki 07/01/2013 ariko ku bw’amahirwe ntihagira umuntu ihitana.
Ubugenzuzi bw’imari ya Leta mu karere ka Ngororero bugaragaza ko amafaranga miliyoni abyiri n’ibihumbi 400 yatanzwe n’abaturage mu bwisungane mu kwivuza yarigishijwe n’abayakiriye biganjemo abayobozi b’inzego z’ibanze.
Innocent Rurangwa na Nduwamungu Jean Claude bose bo mu karere ka Ngororero barashakishwa n’inzego z’akarere n’izumutekano kubera ko barigishije amafaranga y’abaturage bagahita baburirwa irengero.
Umugabo uzwi ku izina rya Musaza Xaveur utuye mu kagali ka Kabugondo, umurenge wa Mugina akarere ka Kamonyi amaze gutunga abagore 15 mu myaka 45.
Abasore n’inkumi 314 bari bamaze ibyumweru 3 mu Itorero kuri site ya Groupe Scolaire IBUKA mu murenge wa Kabaya bashyigikiye ikigega AgDF bakusanya amafaranga 94200.
Abanyeshuri bishyurirwa n’umushinga Global Fund barasaba kujya babarurirwa hafi y’aho batuye aho kujya ku karere kuko bibavuna bitewe nuko hari abaturuka mu mirenge n’utugari bya kure.
Hirya no hino mu karere ka Ngororero abaturage barasabwa kutangara ku birebana n’umutekano, cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani.
Mu mpera z’ukwezi k’Ugushyingo 2012, abagabo babiri bataramenyekana babeshye umugabo witwa Munyarushyana Telesphore wo mu murenge wa Mugina mu kagali ka Kiyonza, maze bamutwara amafaranga miliyoni imwe.
Abakora umwuga w’uburaya bo mu mujyi wa Ngororero bavuga ko bahura n’ingorane mucyo bita ko ari akazi kabo ka buri munsi none bakaba bagiye kwishyira hamwe ngo babashe guhangana n’ibibazo baterwa n’abo bita abakiriya babo.
Ikipe y’igihugu y’abafite ubumuga yasuye abakina uyu mukino mu karere ka Ngororero, mu rwego rwo kubumvisha ko nabo bafite ubushobozi bwo kwikorera no guhesha ishema igihugu, ariko Babura aho bakinira umukino wagumbaga kubahuza.
Lit. Gen. Fred Ibingira, uyobora umutwe w’Inkeragutabara, yahumurije abatuye akarere ka Ngororero ko umutekano urinzwe, asaba abaturage kugira uruhare rwo kuwubungabuga bamenya uwinjiye, uwasohotse, bubahiriza gahunda z’amarondo, batanga amakuru vuba kandi ku gihe no kurwanya ibihuha.
Umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta witwa Point ukomeje gufasha abana bato bo mu karere ka Ngororero mu gihe cy’ibiruhuko mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi no kongera ubumenyi n’imyidagaduro by’abana.
Hashize imyaka ibiri abantu bahawe akazi mu kubaka umuhanda wa kaburimbo wa Ngororero-Kabaya-Mukamira bishyuza amafaranga yabo ariko ntibayahabwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Kavumu bari amasambu bambuwe n’icyahoze ari umushinga wa DRI RAMBA GASEKE, bariruhukije tariki 22/11/2012 ubwo basubizwaga amasambu yabo mu nama bagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon.
Kuba abazajya bagaragaraho ubusinzi kimwe n’abazatanga inzoga ku bantu basinze bazajya bahanwa n’itegeko bizatuma bamwe bazajya banywa birinda kugaragaza ibyishimo.
Yamfashije Claudine w’imyaka 25 wo mu murenge wa Kavumu akagari ka Tetero, yibarutse abahungu babiri n’umukobwa tariki 19/11/2012, akarere kamuhemba amafaranga 97600 n’ubwisungane mu kwivuza by’abana n’ababyeyi.
Bamwe mu batuye ku gasozi ka Gatonzi mu murenge wa Ngororero ntibishimiye icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kuhashyira irimbi rusange. Gatonzi ni umusozi mwiza ubereye ijisho kandi uteyeho ishyamba ryiza, ukaba ukikijwe n’abaturage batuye mu mpande zawo.
Amazu yubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Ngororero yarashaje ku buryo iyo imvura iguye batabona aho bahengeka umusaya.
Twizerimana Silas uvuka mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakoreraga sosiyete y’Abashinwa yubakaga umuhanda Ngororero-Mukamira aza kugongwa n’imodoka none amaze umwaka n’amezi ane atarabona ubufasha mu kwivuza.
Mu rwego rwo gushyigikira uburinganire n’iterambere ry’umuryango, mu karere ka Ngororero biyemeje kuzamura umubare w’abagore bagaragara mu mirimo itandukanye itari iy’ubuhinzi, kuko hari abacyitinya bigatuma basigara inyuma.
Mu rwego rwo gukomeza gukangurira abatuye akarere ka Ngororero kugira akarima k’igikoni muri buri rugo, ibikorwa byo gufasha abatishoboye byakoze uturima tw’igikoni 2900 mu kwezi kwahariwe umuryango.
Umusaza Makuza Vedaste w’imyaka 84 y’amavuko n’umuhete we Mukandinda w’imyaka 66, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 basezeraniye imbere y’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi.
Umugore witwa Uwamariya Chantal w’imyaka 24 wari utwite inda y’amezi atatu anahetse undi mwana w’imyaka ibiri n’igice, bishwe n’umugezi wa Satintsyi tariki 04/11/2012 ubwo uwo mugore yageragezaga kuwambuka n’amaguru.
Henshi mu habagirwa amatungo mu karere ka Ngororero, haracyagaragara ukutubahiriza amabwiriza ajyanye no kubaga no gutwara inyama, mu gihe gito abakora ubucuruzi bw’inyama z’inka babonye ibagiro risukuye n’ubwo ritaruzuza ibyangombwa bisabwa mu mabagiro.
Nubwo mu kwezi kwa Kanama, abayobozi b’akarere ka Ngororero bagiye mu mirenge gushishikariza abaturage kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, aka karere karacyari mu myanya y’inyuma mu kwitabira iki gikorwa.
Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.