Henshi mu habagirwa amatungo mu karere ka Ngororero, haracyagaragara ukutubahiriza amabwiriza ajyanye no kubaga no gutwara inyama, mu gihe gito abakora ubucuruzi bw’inyama z’inka babonye ibagiro risukuye n’ubwo ritaruzuza ibyangombwa bisabwa mu mabagiro.
Nubwo mu kwezi kwa Kanama, abayobozi b’akarere ka Ngororero bagiye mu mirenge gushishikariza abaturage kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, aka karere karacyari mu myanya y’inyuma mu kwitabira iki gikorwa.
Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.
Abaturage bakoreye sosiyete ENRD yacukuraga amabuye y’agaciro mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, ikaza guhagarikwa kubera ko yacukuraga ku buryo bwangiza ibidukikije, barasaba ko ubuyobozi bwabishyuriza amafaranga batishyuwe.
Imwe mu mpamvu itera ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije abaturage bo mu karere ka Ngororero bafite ni ukutita ku masoko y’amazi. Ako karere gafite amasoko y’amazi menshi aturuka mu misozi ariko ntiyitabwaho uko bikwiye.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Ngororero baravuga ko batangiye kubona ko muminsi iri imbere bazahura n’inzara kuko nta musaruro bagitegereje kubera ibura ry’imvura, bitandukanye n’ibyari byatangajwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iteganyagihe, imvura izaramira imyaka yabo ihari.
Ikibazo cy’akajagari kagaragara mu gutwara abagenzi mu muhanda Ngororero-Muhanga kimaze iminsi, aho abagenzi bavuga ko imikorere y’abatwara amamodoka muri uwo muhanda ibabangamira bityo bagasanga RURA ariyo yabikemura kuko iyo bavuze abatwara abagenzi ntacyo babikoraho.
Ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi bwagaragaye nk’ikindi kibazo kibangamiye ibidukikije mu karere ka Ngororero hamwe n’uturere buhana imbibe nka Rutsiro na Nyabihu.
Abaturage bibumbiye mu nama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Ngororero bishimiye ko akarere kabo katangiye kubatera inkunga izabafasha kugera ku bikorwa biyemeje ahanini bigamije imibereho myiza yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bufatanyije n’izindi nzego bakomeje igikorwa cyo kwishyuza abantu bambuye amabanki n’ibigo by’imari biciriritse byaba ibikora n’ibitagikora kugira ngo amafaranga asubizwe ba nyirayo.
Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo RAB barimo kubaka amakusanyirizo mu murenge wa Muhanda kugira ngo aborozi baho babone isoko ry’amata.
Akarere ka Ngororero kiyemeje gufatanya n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage mu gusana inkombe z’utugezi twose tunyura muri Gishwati ari nako twiroha mu mugezi wa Sebeya.
Abagabo babiri bava inda imwe ndetse n’umwana w’umukobwa w’umwe muri bo bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batawe muri yombi bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwivugana se na nyina.
Nubwo mu kinyarwanda bisanzwe bizwi ko kizira gukorana imibonano mpuzabitsina n’umwishywa (umwana wa mushiki wawe), mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero hari umukobwa watewe inda na nyirarume ubu bakaba batameranye neza.
Hashize amezi arenga atanu bamwe mu bakoreshaga abaturage mu gukora amaterasi y’indinganire mu murenge wa Matyazo bahagaritswe ku kazi kubera kwaka abarurage ruswa ngo bahabwe akazi muri ayo materasi ndetse banasabwa gusubiza ayo mafaranga ariko na n’ubu ntibarayishyura.
Umugabo witwa Baziruwiha Donat ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yanze gusezerana n’umugorewe bamaranye imyaka 23 ndetse bakaba barabyaranye abana 10.
Imparirwakurusha z’Akarere ka Ngororero ziyemeje gushyira miliyoni 157,303,407 z’amafaranga y’u Rwanda mu kigega Agaciro Development Fund, bwo Inteko aka karere yatangizaga ku mugaragaro igikorwa cyo kugishyigikira, kuri uyu wa Gatanu tariki 31/8/2012.