Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, akarere ka Ngororero kari karasigaye inyuma mu iterambere ahanini ku birebana n’ibikorwa remezo, ubu kamaze kugera kure mu kwiyubaka aho isura y’umujyi wa Ngororero igenda iba nziza umunsi ku munsi.
Intumwa za kaminuza yitwa Mount Kenya University (MKU), zasuye akarere ka Ngororero kuwa 11 Kamena 2014, zatangarije abatuye aka karere ko MKU yifuza kugira ishami ryayo muri aka karere kugira ngo yegereze amasomo abagatuye, ubu bakora ingendo ndende bajya kwiga muri za kaminuza zo mu zindi Ntara n’ibihugu bidukikije.
Umugore witwa Mukanoheri Jeanne ari mu karere ka Ngororero kuva tariki 06/06/2014 aho yaje gushakisha umugabo we wamutaye akamusigana abana batatu akaba yarashatse undi mu karere ka Ngororero.
Abakozi bakoreye rwiyemezamirimo witwa Ntarindwa Steven wahawe isoko ryo gutunganya inyubako n’ubusitani ahitwa ku “Mukore wa Rwabugiri” mu murenge wa Kageyo ho mu karere ka Ngororero bavuga ko yabambuye amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri n’igice.
Kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero ni icy’imihanda yo muri aka karere ikorwa nabi ntikoreshwe ibyo yagenewe kandi yatanzweho akayabo k’ingengo y’imari.
Nyuma y’imyaka igera itatu bahangayitse kubera inzu zashaje ibisenge babagamo, imiryango 11 y’abarokotse Jenoside bo mu murenge wa Ngororero barashima ubuyobozi bw’akarere hamwe n’ikigega FARG ko basaniwe amazu ubu bakaba baba ahantu hasukuye kandi bizeye umutekano wabo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni yemeye ubufasha mu kwagura izi nyubako, nyuma y’igihe kitari gito abakozi n’abayobozi b’akarere bagaragaza ikibazo cy’inyubako z’ibiro zidahagije ndetse zitajyanye n’igihe.
Umukozi w’Ubwisungane mu Kwivuza ku rwego rw’akarere ka Ngororero ahamya ko ibyo yita uburiganya cyangwa kwibeshya mu gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe, ari kimwe mu byagabanije igipimo cy’ubwitabire bw’abaturage mu bwisungane mu kwivuza muri uyu mwaka ugiye gusoza.
Nubwo Ngororero Akarere ka Ngororero kari ku mwanya wa mbere mu kuboneza urubyaro mu Ntara y’iburengerazuba, kuringaniza urubyaro biracyari hasi mu baturage kuko biri ku kigero cya 40,5%. Ubwiyongere bw’abaturage buri ku kigero cya 2.6%.
Nyuma y’imyaka itanu umushinga VUP (Vision 2020 Umurenge Program), umaze ukorera mu karere ka Ngororero, umaze kugeza ku batuye akarere akayabo ka miliyari 3 na miliyoni 57 mu nkingi eshatu uwo mushinga ukoramo, arizo guha akazi abaturage, kuguriza imishinga iciriritse no gutanga inkunga y’ingoboka ku batishoboye.
Amenshi mu mashuri yigisha amasomo y’ikoranabuhanga hamwe n’amasomo y’ubumenyi mu karere ka Ngororero afite ikibazo cy’ibikoresho bikeya by’ikoranabuhanga ndetse n’ibya raboratwari (laboratoire), kuburyo abarezi bavuga ko imyigire y’abana biga muri ibyo bigo idashimishije.
Nyuma y’imyaka itanu VUP itangijwe mu murenge wa Muhororo wo mu karere ka Ngororero, ibikorwa bya VUP byatumye umubare w’abaturage bakennye bo muri uyu murenge ugabanukaho abarenga ibihumbi 11 kuri 21 batuye umurenge wa Ngororero.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buvuga ko aka karere kiyemeje gusaba abatuye aka karere gukangurira bene wabo bari mu mutwe wa FDLR gutaha, kuko ariko kaza ku isonga mu bari muri mutwe bahunze ariko bakaba bagikora ibikorwa by’iterabwoba.
Umugore witwa Uwimana (izina rya ryahinduwe) wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero avuga ko yaretse gutwara abagabo b’abandi bagore biturutse ku nyigisho yaboneye mu kagoroba k’ababyeyi ubu akaba anasaba imbabazi abagore bagenzi be yahemukiye.
Abagabo 28 batuye mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero bamaze kuyoboka gahunda yo kwifungisha mu kuringaniza urubyaro barakangurira bagenzi babo kudaharira icyo gikorwa abagore gusa kuko n’abagabo ntacyo bibatwara.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Ngororero tariki 28/05/2014, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, yashyikirije imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, inka 10 za kijyambere bagenewe na minisiteri ayoboye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 28 Gicurasi 2014yasuye akarere ka Ngororero aho yaje kuganira n’abayobozi b’inzego z’ibanze guhera ku mududgudu ku birebana n’imiyoborere myiza yo nkingi y’iterambere ry’igihugu.
Mu karere ka Ngororero umuganda ukomeje kuba inkingi mwikorezi mu itermambere ry’Akarere kuko uhuza abayobozi bo mu nzego zose zaba iza gisivili n’iza gisirikare; nk’uko byemezwa n’umukozi w’Akarere ufite umuganda mu nshingano ze Mme Musabeyezu Charlotte.
Nyuma y’ikiganiro umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro PAX PRESS wagiranye n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi mu karere ka Ngororero, biyemeje gukorana neza n’itangazamakuru ndetse no guha amakuru abaturage ku bibakorerwa, nyuma yo gusanga ibyo bafataga nk’inzitizi atarizo.
Kuva kuwa kane tariki 22/5/2014, umukozi w’akarere ukora mu biro by’ubutaka ushinzwe ibipimo na GIS, ari mu maboko ya polisi mu mujyi wa Kigali aho akurikiranywe ho kwaka abaturage ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400.
Muri uku kwezi kwahariwe urubyiruko, abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari kumwe n’abarezi babo bibutse abana bazize Jenoside mu Karere ka Ngororero. Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2014, ababyeyi bongeye gusabwa guha uburere buboneye abana babo bazira kubashyiramo uburozi bw’ingengabitekerezo ya (…)
Ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zinyuranye zirimo ubugenzuzi bw’umurimo mu karere, ubugenzuzi bw’ubucukuzi muri minisiteri y’umutungo kamere n’inzego z’umutekano zagaragaje ko mu masosiyete acukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero hakomeje kugaragara abakoresha batubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Abantu 8 bari abakozi mu bitaro bya Muhororo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bakaba bashyinguye mu rwibutso rwa Kibirira ruri mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero, bongeye kunamirwa ku nshuro ya 3, kuri uyu wa 13 Gicurasi 2014.
Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (National Paralyimpic Commity/ NPC) yatangiye umushinga wayo wo kugeza sport y’abafite ubumuga mu cyaro mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 08 Gicurasi 2014.
Dr Anita Asiimwe, umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ubuzima, arasaba abaganga bo mu bitaro bya Muhororo mu karere ka Ngororero kugumya gushyira ihame rya serivise inoze mu mirimo yabo ya buri munsi kuko ababagana babafitiye icyizere.
“Umukozi ntakibaze icyo igihugu cyamumarira ahubwo ajye yibaza icyo we yakimarira”. Aya ni amagambo yavuzwe n’uwahoze ari perezida wa Leta Zunzubumwe za Amerika John Kenesy ubwo yabwiraga abanyagihugu ba Amerika ko bagomba guteza imbere igihugu cyabo badatagereje icyo kibaha.
Intumwa za rubanda ziri muri komisiyo ya politiki, uburinganire bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu zagendereye Akarere ka Ngororero ku wa gatatu tariki 30/04/2014 zasobanuriye abaturage umushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, izungura, itangwa ry’umunane, impano n’irage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuzima Rusange n’Ubuvuzi bw’Ibanze muri minisiteri y’Ubuzima, Dr Anita Asiimwe, yasuye ibitaro bya Muhororo byubatse mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero abyemerere kuzakora ubuvugizi ngo byagurwe.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, arasaba abayobozi b’imirenge n’utugari guhora bita ku baturage, bakabahora hafi babafasha gukemura ibibazo bahura nabyo. Kuko nta wahungabanya umutekano w’abaturage igihe bibona mu buyobozi bubahora hafi.
Ikibazo cy’inkwi zikoreshwa mu gucana mu bigo by’amashuri gikomeje kuba umutwaro ku bigo by’amashuri kubera ibiciro by’ibiti bigenda byiyongera bigatuma n’amafaranga ibigo byaka ababyeyi yiyongera mu gihe ababyeyi bo basanga bitoroshye guhora basabwa kongera amafaranga.