Abatuye mu murenge wa Gatumba muri Ngororero ahitwa Cyome y’Epfo baremeza ko isosiyete ikora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa GMC ikomeje ibikorwa by’ubucukuzi kandi yari yahagaritswe gukora ibyo bikorwa n’ubuyobozi bw’akarere kuwa 28/08/2013 kubera ibibazo iyo sosiyeti igifitanye n’abaturage.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda zo kwamamamaza ishyaka rya PSD riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero, abayoboke baryo bavuze ko biteguye kwegukana amajwi menshi mu matora ateganyijwe muri uku kwezi.
Abacuruzi badanzaza ibintu bitandukanye mu isoko rya Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero bakomeje kugaragaza imbogamizi zirimo n’igihombo bahura nacyo kubera ko bakorera hanze bityo bagakora igihe gito ndetse n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Umwanzuro wo guhagarika GMC na NRD mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wafatiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Ngororero yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 28/08/2013 iyobowe n’umuyobozi w’Akarere, Ruboneza Gedeon.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ararega umuturage akaba n’umucuruzi mu kagali ayobora ko yigomeka ku buyobozi bw’akagali ndetse akanamwangisha abaturage n’abayobozi bamwe na bamwe.
Uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati rwubatse mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero rwari ruteganyijwe gutangira gukora mu ngengo y’imari y’umwaka ushize wa 2012-2013, ariko ubu ntiruruzura kubera ikererwa ry’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda.
Nyuma y’uko abaturage bo mu mujyi wa Ngororero no mu nkengero zawo bari bamaze igihe bishimiye ikoranabuhanga rya internet ryabegerejwe mu bigo bizwi ku izina rya BDC (Business Development Center), ubu bararira ayo kwarika kuko hashize amezi 5 iyo serivisi yarahagaze.
Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta muri uwo murenge mu gikorwa cyo kwimura abantu batishoboye batuye ahantu habi hateza impanuka (High Risk Zone).
Abasore bane bose bo mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero bafungiye kuri polisi ikorera muri ako karere bakurikiranyweho guhungabanya umutekano by’igihe kirambye kuko bigize indakoreka mu kagali batuyemo.
Abatwika amakara mu karere ka Ngororero barasabwa gukoresha uburyo bugezweho budatwara inkwi nyinshi ndetse ntibyangize ikirere.
Abanyeshuri biga muri kaminuza bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bifuza gutanga umusanzu mu kwesa imihigo y’akarere ariko ngo bafite ikibazo kijyanye n’ubushobozi bwo kuriha amafaranga babazwa muri kaminuza.
Abaturage bo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero kwitabira ingano z’ubwoko bushyashya bazanye mu murenge bukoreshwa mukwenga inzoga ya mitsingi (Mutzig).
Abatwara abagenzi n’abagenzi ubwabo bategera imodoka ahantu hadatunganye mu karere ka Ngororero basubijwe kubera gare nshya yuzuye, nyuma y’igihe kinini basaba ikigo abagenzi bategeramo imodoka.
Ibyaha bitandukanye byiganjemo amakimbirane yo mu miryango nibyo byavuyemo impfu z’abantu 43 mu gihembwe gishize mu karere ka Ngororero, nk’uko byatangarijwe mu nama y’umutekano yahuje ubuyobozi bw’Inkeragutabara mu ntara y’Iburengerazuba n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita kumiturire (UN Habitat), akarere ka Ngororero kagiye gutangira gahunda yo kwita ku mijyi no kuvugurura imiturire ndetse no gucunga neza ubutaka.
Niyodusenga Christine ufite imyaka 10 na Uwamahoro Chance w’imyaka 7 bose bo mu kagali ka cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero bitabye Imana saa munani tariki 24/07/2013, baguye mu mugezi wa Nyabarongo.
Kompanyi ikora ibikorwa byo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) igiye gutanga akazi ku bantu 200 bavuye ku rugerero bazwi ku izina ry’Inkeragutabara, mu bikorwa byo gucunga umutekano.
Uwari umukozi wa koperative yo kubitsa no kuguriza y’umurenge wa Gatumba (UMUSINGI SACCO) witwa Nirere Verene, ubu afunze akurikiranyweho kunyereza umutungo w’iyo Sacco.
Nyuma y’igenzura ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngororero, abakozi b’ako karere bashimiwe ko hari imihigo imwe nimwe bahiguye kugipimo kiruta kure icyo bari barihaye.
Abantu umunani bafashwe biba amabuye y’agaciro muri sosiyete ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Gatumba yitwa GMC (Gatumba Mining Concession), hamwe n’umwe mu bakozi b’iyo sosiyete bafungiye kuri polisi mu karere ka Ngororero aho bategereje gushyikirizwa ubutabera.
Nyuma yo kwesa imihigo ya 2012-2013, aho ubuyobozi bw’akarere bugaragaza ko ubuhinzi bwarushijeho gutanga umusaruro, kuwa 16 Nyakanga 2013, akarere ka Ngororero katangije ku mugaragaro gahunda yo gukora ifumbire y’ikirundo, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Umwarimu wigisha mu mashuli abanza mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yiguriye imodoka y’ivatiri yo kumujyana ku kazi, kuko ngo yari arambiwe kugenda n’amaguru kandi aho anyura ajya ku ishuli hakaba nta binyabiziga bitwara abagenzi bihaba.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi (Agronome) mu murenge wa Hindiro wo mu karere ka Ngororero yatawe muri yombi tariki 05/07/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga akoreshwa mu guca amaterasi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burashimira abayobozi n’abakozi b’umurenge wa kageyo ko babashije kugaruza amafaranga agurizwa abaturage muri gahunda ya VUP mu mwaka ushize wa 2012/2013.
Nyuma y’igenzura ryakozwe n’itsinda ryashyizweho kurwego rw’akarere ka Ngororero, basanze 95% by’imisarane yubatse mu karere ka Ngororero ikoreshwa idasakaye.
ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, umurenge wa Kabaya wongeye kuza kumwanya wa mbere mumirenge 13 igize akarere ka Ngororero. Nyuma y’igenzurwa ry’ishyirwa mubikorwa ry’imihigo byakozwe n’itsinda ryashyizweho mu karere, ndetse no kugaragariza abayobozi n’abaturage ibyo bagezeho mumwaka w’2012-2013.
Amakuru dukesha inzego zitandukanye mu karere ka Ngororero avuga ko hamaze iminsi hari kutumvikana hagati y’akanama gashinzwe gutanga amasoko mu karere ka Ngororero n’umwe muri ba rwiyemezamirimo warenganijwe mu gupiganirwa isoko.
Perezida, Umucungamutungo n’Umucungamari ba SACCO Muhanda hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Bugarura mu murenge wa Muhanda bafunzwe bazira kuba baranyereje amafaranga ya SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero.
Mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ndetse na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda basaba Abanyarwanda kureka itabi kubera ko ryangiza ubuzima, umusaza witwa Kajanja Jonas wo mu murenge wa Kabaya mu kagali ka Gaseke avuga ko amaze imyaka myinshi atunzwe no guhinga itabi ku buryo atifuza ko ryacika.