Nyuma y’uko hasohotse urutonde rw’abaturage batishoboye bishyuriwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu amafaranga y’Ubwisingane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), abagera ku 5732 bibuze ku rutonde mu karere ka Ngororero.
Mu gihe mu karere ka Ngororero ubu babaraga ko bageze kuri 75,8% mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, imibare itangwa na minisiteri y’ubuzima yo igaragaza ko akarere ka Ngororero kageze kuri 64,8%.
Nyuma y’isozwa ry’igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’abakozi ba Leta ku nzego z’imirenge n’utugari, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba abatanga serivisi za Leta ndetse n’abakorera mu nyubako za Leta kuhashyira ibendera ry’igihugu.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013, abantu bataramenyekana bagiye mu isambu y’umugore witwa Mukandereya Josephine wo mu kagari ka Nyanjye mu murenge wa Ngororero maze batemagura insina 30 hamwe n’ibigori ku buso bungana na metero kare 24.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2013 nibwo abatuye mu mujyi wa Ngororero bishimiraga ko batakigendera mu mwijima kubera amatara yashyizwe ku muhanda no mu mujyi rwagati, ariko nyuma y’amezi 4 gusa ayo matara ntacyaka.
Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu ikorerwamo n’ibirebana no guteza imbere ikoranabuhanga izwi ku izina rya BDC (Business Development Center) ishami ryayo rya Ngororero yibwe eclats 13 za mudasobwa zisanzwe zikoreshwa n’abagana iyo serivisi.
Nyuma y’amezi 4 umushinga Imbuto Foundation utangije gahunda ya “mubyeyi terintambwe Initiative” igamije guca ikibazo cy’abana bata amashuri, ubu uwo mushinga urimo kuganira n’ababyeyi ku mpamvu zitera abana guta ishuri no kuzikumira.
Mu ijoro rishyira kuwa 25 Ukwakira uyu mwaka, abantu bataramenyekana bateye mu nyubako za paruwasi Muhororo maze batwara amafaranga ibihumbi 65 yari mu bunyamabanga bw’iyo paruwasi.
Nyuma y’uko Banki nkuru y’Igihugu isohoye inoti nshya ya 500, bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero barimo abacuruzi n’abakora muri serivisi zicuruza amafaranga bavuga ko iyo noti ibatera urujijo kuko zijya gusa n’inoti y’amafaranga 1000.
Nkurunziza Antoine wo mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero afunzwe na polisi ikorera muri ako karere akurikiranywe ho gutema inka y’umugore yinjiye amuziza kumuca inyuma no kugurisha inka atamugishije inama.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Agnes Karibata, na Oda Gasinzigwa, Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango bifatanyije n’abafatanyabikorwa b’izo Minisiteri n’abaturage n’abayobozi b’akarere ka Ngororero mu kugaburira abantu bari mukiciro cy’abafite intege nke.
Nyuma y’igihe kitari gito havugwa ubujuru bw’amatungo cyane cyane inka mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Ngororero, ubuyobozi na polisi mu karere ka Ngororero baravuga ko bafashe ingamba zikomeye zo kurwanya ubwo bujura bukomeje guhombya abaturage.
Akarere ka Ngororero kashyizeho katangiye gahunda y’isuzuma mikorere mu mirenge n’utugari mu rwego rwo kurushaho kubyaza umusaruro inzego z’ibanze.
Abahinzi n’aborozi bafite uruhare rukomeye mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri gahunda y’Igihugu y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2). Ibyo kugira ngo babigereho ni uko basobanukirwa n’ibyo bagomba gukora kandi bakishyira hamwe bagamije kongera umusaruro.
Abantu 20 barimo abafite ubumuga n’abita ku bafite ubumuga baturutse mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa 10/10/2013 basuye ibigo byita ku bana bafite ubumuga INEZA Kabaya kiri mu murenge wa Kabaya na APAX Muramba kiri mu murenge wa Matyazo.
Mu gihe abaturage n’abakoresha imisarani yubatswe na VUP mu murenge wa Muhororo bashimirwa ko bayitaho ndetse ikaba yafashije mu kwita ku isuku, abo mu murenge wa Hindiro bo baranengwa kuba batita kuri iyo misarane ndetse ubu ikaba itabasha gukoreshwa ahanini kubera umwanda.
Abacuruzi bacururiza ahitwa mu Gitega no mu tundi duce tw’ubucuruzi two mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bukorwa n’abana bato bataye ishuri birirwa bazerera kuri utwo dusantere.
Abasore babiri bakorera ibitaro bya Kabaya mu karere ka Ngororero bafungiye kuri polisi ikorerera ku Kabaya bakurikiranyweho gufata ku ngufu umwarimukazi ukorera muri uwo murenge.
Emmanuel Sibomana ufite imyaka 30 y’amavuko uvuka mu karere ka Rusizi na Aniceth Nsanzumuhire w’imyaka 25 wo mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri Polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakurikiranywe ho kwiba moto mu mujyi wa kIgari bakza kuzigurisha mu karere ka Ngororero.
Ayingeneye Odette w’imyaka 20 wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye yahitanywe n’amashanyarazi kuwa 29 nzeri 2013 saa moya n’igice (19h30) mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Ruhanga umurenge wa gatumba mu karere ka Ngororero.
Imiryango 150 ituye mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Cyahafi, umurenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yagejeje ikibazo cyayo ku nzego zitandukanye harimo perezidansi, urwego rw’umuvunyi, ibiro bya minisitiri w’intebe ndetse n’inzego z’ubutabera, aho basaba ko basubizwa imitungo yabo irimo imirima n’amashyamba.
Umuryango CARE International usanzwe ukorera mu turere dutadukanye tw’u Rwanda ugiye gutangiza gahunda “Access to Finance Rwanda” ibinyujije muri gahunda yise Volontary Saving and Loan Scale Up, hakoreshejwe uburyo bwitwa “Intambwe”.
Abagize itsinda ry’akarere ka Ngororero ryashyiriweho gukusanya amakuru ku miryango y’abanyeshuri biga muri kaminuza basaba kwishyurirwa na Leta, bavuga ko ingendo bakoze mu miryango y’abo banyeshuri zabaye n’umwanya mwiza wo gukangurira ababyeyi kwita ku nshingano zabo no kubyara abo bashoboye kurera.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe mu gucyemura ibibazo abaturage bagiye bahura na byo bitabonewe ibisubizo, ryagiye mu karere ka Ngororero mu ntara y’Uburengerazuba kureba uko bimwe muri ibyo bibazo byakemuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.
Nyuma y’igihe bamwe mu bafite ibikorwa mu mbago GMC ikoreramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro basaba ko bakwimurwa, abafite amazu ahitwa ku Cyome hafi y’umuhanda wa Kaburimbo ahegereye ikiraro cya Nyabarongo kigabanya uturere twa Ngororero na Muhanga ntibavuga rumwe n’iyo sosiyete ndetse n’ubuyobozi bw’akarere.
Nsengumuremyi Jyuma utuye mu murenge wa Gatumba wakoreraga kompanyi yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) aravuga ko yahohotewe n’abakozi ba sosiyete yitwa RGL maze bakamuvuna akaboko ubu akaba yivuza atabasha gukora.
Kuba akarere ka Ngororero ari kamwe mu turere tudafite ibikorwa remezo bihagije mu buzima nkenerwa bwa buri munsi bibangamira itangwa rya serivisi nziza ku bagana inzego zitandukanye.
Nyuma y’aho amakompanyi ya GMC (Gatumba Mining Concession) na NRD (Natural Resources Development) akora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro agaragayemo ibibazo ndetse bimwe mu bikorwa byayo bigahagarara, Minisiteri y’Umutungo Kamere irimo kubera uburyo byakemuka.
Abaturage barema isoko rya Nyange mu murenge wa Ngororero ntibishimiye uburyo bakwa imisoro kuko bavuga ko basoreshwa kandi n’ababaguriye nabo bagasoreshwa bityo ibyo bacuruje bigasora kabiri. Byongeye kandi ngo imisoro batanga ntibazi uyakira kuko badahabwa gitansi yemeza ko batanze umusoro.
Nyuma y’amezi atanu atangije uruganda rutunganya divayi mu mitobe itandukanye, Nshunguyinka Annanie wo mu murenge wa Nyange muri Ngororero ubu aravuga ko yatangiye kugira igihombo gituruka ahanini ku kuba yarabuze amacupa yo gushyiramo divayi akora.