Uwari umucungamari wa SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero witwa Ayingeneye Vilginie yaburiwe irengero atorokanye amafaranga asaga miliyoni 21 z’iyo SACCO.
Ingengo y’imari akarere ka Ngororero kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, ingana n’amafaranga miliyali 9 azakoreshwa mu bikorwa bitabashije kurangizwa ndetse n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’abaturage.
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero bakomeje kwinubira urusaku rwa nijoro ruturuka mu tubari ducuruza inzoga, aho ba nyiratwo barara bavuza amaradiyo n’urusaku rwinshi bikabuza bamwe gusinzira.
Mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo ikora, mu mpera z’icyumweru dusoje, Croix Rouge y’u Rwanda yateguye umunsi wo kumurika ibikorwa byayo mu gihugu muri rusange, n’ibyo ikora by’umwihariko mu karere ka Ngororero.
Kuwa 14 Kamena 2013, mu karere ka Ngororero hakozwe umuganda udasanzwe wo kwita ku muhanda wangijwe n’inkangu ku gihe cy’imvura. Uwo muganda wabereye mu kagari ka Nyange mu murenge wa Ngororero aho intumwa za rubanda zafatanyije n’abaturage bo muri uwo murenge.
Nyuma y’uko akarere ka Ngororero kaje ku mwanya wa kane mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza ku rwego rw’igihugu, umuyobozi wako, Ruboneza Gedeon, aratangaza ko biyemeje kuzaza ku mwanya wa mbere mu mwaka utaha wa 2013-2014.
Abayobozi n’abarezi b’ibigo by’amashuri by’itorero rya EAR (Eglise Anglican au Rwanda) mu karere ka Ngororero bavuga ko bamwe mu babyeyi bafite abana biga kuri ayo mashuli babatererana mu gukurikirana imyigire y’abana bigatuma bamwe batsindwa.
Mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Nyange hari umusozi bahimbye izina rya ‘Saint Valentin’ kubera umusore wahatakarije ubuzima yagiye kugira icyo yimarira n’inkumi mu kagoroba.
Abaturage batuye mu murenge wa Kabaya aho mu 1992 Mugesera yavugiye ijambo rifatwa nk’imbarutso y’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bakomeje gusaba ko yazanwa akahaburanira.
Nyuma y’uko intore zo kurugerero zitangiye icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa by’urugerero cyatangiye tariki 22/04/2013, urwo rubyiruko rurashimirwa imyifatire myiza rugaragaza kuva mu nyigisho rwahawe kugeza muri iki cyiciro cy’urugerero.
Umusaza witwa Kajanja Jonas wo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero arasaba ubufasha kuri Leta n’abafatanyabikorwa bayo mu by’ubuzima kugira ngo abashe kwivuza uburwayi bwo kutumva amaranye imyaka 19.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari usoza, mu karere kose hamaze gukemurwa ibibazo by’abaturage 501. Ibyo byakozwe mu rwego rw’imiyoborere myiza n’iterambere ry’abaturage.
Mu mpera z’iki cyumweru twasoje, Katabarwa Filmin na Nyandwi Emervan bafatanwe udupfunyika 5200 tw’urumogi, ubwo bageragezaga kurwambukana bava mu karere ka Nyabihu berekeza mut urere twa Ngororero na Muhanga.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero yasabye ko ntanyubako y’akarere nimwe igomba gusigara idafite uburyo bwi gufata amazi yayo, mu rwego rwo gutanga urugero rwiza muri gahunda yo gukangurira abaturage gufata amazi aturuka kunzu zabo.
Abanyamuryango bibumbiye mu rugaga rw’ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bahagurukiye gushaka umuti w’ibibazo bahura nabyo aho gutekereza impano n’inkunga biturutse ahandi.
Nyuma y’uko umuhanda uva kuri kaburimbo ahitwa ku rukiko ugana ku cyicaro cy’akarere ka Ngororero ari kimwe mu byatumye imihigo y’akarere mu mwaka ushize itagerwaho 100%, ubu gahunda yo kuwubaka yaratangiye.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bumenyeye ko hari bamwe mu baturage batanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) ariko akaba akiri mu maboko y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobozi b’utugari turimo ibyo bibazo barimo kuyishyuzwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero mu murenge wa Gatumba bavuga ko gahunda ya Magirirane ari ingirakamaro kuko abatunze boroza abakene bityo bose bagahinduka aborozi. Kuva aho iyo gahunda itangiriye mu mwaka wa 2008, inka 800 zimaze korozwa abatishoboye.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye ukwiyongera kw’ibitangazamakuru mu Rwanda kuko uko bibageraho ari byinshi ari nako bibakorera ubuvugizi ku bibazo bafite ndetse bimwe bigakemuka.
Icyahoze ari ingoro ya MRND mu karere ka Ngororero mu gihe cya Jenoside hakorewe ubwicanyi hifashishijwe ibikoresho bifite ubukana kuburyo harokotse abantu bakeya cyane.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Imvura nyinshi imaze iminsi igwa cyane yatumye umugezi wa Nyabarongo wuzura maze wiroha mu muhanda wa kaburimbo uva Ngororero werekeza i Muhanga, bityo tariki 17/04/2013, imodoka zihagararika ingendo.
Mukagatare Bernadette n’umukobwa we Nyiraneza Grace bo mu mudugudu wa Gasave mu kagali ka Kamasiga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero barwariye mu bitaro bya Muhororo kubera ibikomere n’imvune batewe n’inkangu.
Mu gihe Polisi igishakisha uwatemye inka ya Umugwaneza Ernestine wacitse kw’icumu rya Jenoside, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwongeye kumusura bumafata mu mugongo, dore ko n’ubundi asanzwe atishoboye.
Nyuma y’uko umugore witwa Mugiraneza Ernestine warokotse Jenoside mu murenge wa Gatumba atemewe inka, undi muntu witwa Kagame Theogene nawe wacitse ku icumu yasenyewe urugo.
Ku cyumweru tariki 07/04/2013, undi muturage yasenyewe n’amazi aturuka muri GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro ya colta ka gasegereti mu murenge wa Gatumba, akarere ka Ngororero.
Mu rucyerera rwa tariki 08/04/2013, abantu bataramenyekana batemaguye inka y’umugore witwa Mugiraneza Ernestine wo mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero maze bayisiga ivirirana barigendera.
Ntaganzwa Faustin w’imyaka 61 y’amavuko akaba yaracitse akaguru n’akandi kakaba kadakora ndetse n’amaboko yombi ntakore, arashimira ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwamuhaye igare agenderamo nyuma y’imyaka 19 yari amaze atava mu nzu.
Abantu bataramenyekana, tariki 03/04/2013, bateze abakozi ba sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu karere ka Ngororero maze babambura amabuye avugwa ko ari mu biro 300.
Abaturage baturiye aho sosiyete ya GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu murenge wa Gatumba mu karere ka ngororero bakomeje kutumvikana n’iyo sosiyete bitewe n’uko ibangiriza kandi ibyo ibizeje ntibishyire mu bikorwa.