Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Anita Asiimwe, unakurikirana byumwihariko akarere ka Ngoma, arashima uruhare rw’abatuye aka karere mu kwesa imihigo.
Ibigo by’imari birimo imirenge SACCO n’umwarimu SACCO birasabwa kuba umunyamuryango w’ihuriro ry’ibigo by’imari mu Rwanda (Association of Microfinance Institutions in Rwanda/AMIR) mu rwego rwo kurushaho kugira imbaraga no gutera imbere.
Iradukunda Fisto w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Mpandu, akagali ka Karama umurenge wa Kazo, akarere ka Ngoma, yabonetse akuruwe n’imodoka imukurura hasi ariko abayitwaye batamenye ibyabaye.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryiyemeje kuzenguruka uturere twose mu ntara. Babyiyemeje mu gikorwa cyo gukangurira urubyiruko n’abandi bose bafite imbaraga zo gukora kwitabira kwiga imyuga biga n’ubumenyingiro.
Umushinjacyaha mukuru, Richard Muhumuza, yashimye imikorere y’ubushinjacyaha bwisumbuye bwa Ngoma abasaba kurushaho gutanga service nziza ku babagana babigira intego.
Abatuye akarere ka Ngoma baratangaza ko izuba ryavuye igihe kirekire rigatuma imvura yaguye iba nke cyane byatumye umusaruro wabo w’iki gihembwe cy’ihinga warabaye muke cyane.
Abarokotse Jenoside mu karere ka Ngoma by’umwihariko abarokokeye mu bitaro bikuru bya Kibungo, barasaba ko Abarundi bahoze bahakorera bagize uruhare muri Jenoside bafatwa bagashyikirizwa inkiko bakaryozwa ibyo bakoze.
Ubwo abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bataramiraga mu karere ka Ngoma tariki 24/05/2014, Abanyengoma barabishimiye cyane baranabashyigikira.
Habumugisha Osward utuye mu mudugudu wa Rwankamba, akagali ka Cyibare umurenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ubwo yarimo yasa inkwi ku gushyitsi cy’igiti cy’umuvumu kuwa 15/05/2014 yaguye ku bisasu bibili bya grenade byari byarakuriweho n’iki giti.
Abakozi 20 ba Scar Security Company icunga umutekano baravuga ko birukanwe badategujwe nyuma yuko bishyuje amezi abili bari bamaze badahembwa bakabwirwa ko bazahita babahemba none amaso ngo yaheze mu kirere.
Ihsuri ry’imyuga n’ubunyingiro muntara y’Iburasirazuba(IPRC/ East) ryatangiye ku mugaragaro gahunda yo kwigisha imyuga mu gihe gito urubyiruko rw’abanyonzi 60 rukorera mu mugi wa Ngoma.
Abaturage batuye akarere ka Ngoma bari ku kigereranyo cya 97% bemeza ko bishimira uruhare rwabo bagira mu itegurwa ry’imihigo; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) mu mwaka wa 3013.
Amatara yo ku mihanda agera kuri 80 niyo yapfuye ataka mu mujyi wa Ngoma ku buryo abenshi bavuga ko amatara yapfuye aruta ubwinshi amazima bigatuma n’ayaka ntacyo akimaze gikomeye kuko bitabuza gutera umwijima.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma bagannye ikigo cy’imari Umurenge SACCO wa Kazo bavuga bari kwiteza imbere babikesha kubasha kuzigama amafaranga babonye akagenda agwira akavamo igikorwa kinini.
Bamwe mu batuye ibyaro bavuga ko bagenzi babo baka inguzanyo mu mishinga batanga muri za SACCO cyangwa mu zindi banki, akenshi zihombya n’umuco wo gutsirika izo nguzanyo babanza kunyweraho make inzoga hamwe n’inshuti zabo.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryashyikirije inzu irimo ibyangombwa byose nkenerwa, Mashyaka Jacques, imfubyi ya Jenoside yibanaga mu nzu yari ishaje igiye kuzamugwira.
Mbarushimana Jean Pierre w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Kibungo, akagari ka Cyasemakamba, umudugudu w’Amarembo,Akarere ka Ngoma, arahakana amakuru yari yamuvuzweho ko yari yiyahuye kubera ko umugore we amuca inyuma.
Mu gihe mu murenge Mutendeli ho mu karere ka Ngoma habarizwa igigo by’imari na Banki, umubare wabitabira kubitsa no kuguriza uracyari muke muri ibi bigo by’imari.
Umusaza witwa Nyabwami Karoli utuye mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, avuga ko kuva yaca ubwenge yahise yiga umwuga wo gukora amagari none akaba awumazemo imyaka 60 umutunze kandi wamugejeje kuri byinshi.
Nyuma yuko ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri ku rwego rw’igihugu hamwe na minisiteri y’uburezi batangirije sport ngarukakwezi ya bose (sport de masse) mu mashuri, abanyeshuri bo mu karere ka Ngoma baravuga ko iyi sport igenda ibakundisha sport.
Umuyobozi w’agateganyo w’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) Ing. Euphrem Musonera arahamagarira abakozi kurushaho gutanga services nziza kandi ku gihe kugirango iri shuri rirusheho kugera ku ntego zaryo.
Bugingo Jean Bosco wo mukigero cy’imyaka 70 ukora akazi ke ko kurinda ibipangu by’abihaye Imana mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma avuga ko amaze imyaka 30 akora akazi k’ubuzamu akoresheje intwaro y’itopito.
Abatuye umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma barishimira uburyo agaseke ko mu cyunamo cya Jenoside cy’uyu mwaka wa 2014 kitabiriwe kugera ubwo havuyemo miliyoni imwe n’ibihumbi 200 yaguzwe inka eshanu zaremewe abarokotse Jenoside batishoboye.
Abagabo batatu bo mu murerenge wa Kazo akagali ka Gahurire , umudugudu wa Rugenge, akarere ka Ngoma baturikanwe n’ingunguru ubwo bayitekeragamo kanyanga bakomeje kuburirwa irengero nyuma yuko bahunze bakagenda bakomerekejwe bikomeye n’iyo ngunguru.
Imiryango 35 y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Ngoma mu murenge wa Rukumberi, yahawe inkunga z’ibikoresho by’isuku n’imyenda n’intumwa z’ishami rya l’ONU rishinzwe kwita kubagore (UN women) ubwo zabasuraga.
Abaturage 700 batuye umurenge wa Jarama mu karere ka Ngoma barishyuza miliyoni zigera kuri hafi 33 zingana n’amezi arindwi bakoze badahembwa na rwiyemezamirimo, Ntakirutimana Florie ufite campany ECOCAS wabakoreshaga mu materasi y’indinganire.
Maniraguha Theoneste w’imyaka 47 wigisha mu murenge wa Mutendeli kuri GS.Kibara, akurikiranwe n’izego z’ubutabera kuba yaravanguye abanyeshuri abigisha amoko akanabasaba kuvuga ubwoko bwa buri muntu.
Irambona Francois wari ufite imyaka 9 wo mu mudugudu wa Kibimba, akagali ka Buriba, umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma yapfuye tariki 16/04/2014agwiriweho n’ikirombe ubwo we n’abagenzi be bacukuraga igitaka cyo gukorera isuku amazu y’iwabo.
Mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma, abacitse ku icumu bongeye gusaba bakomeje ko akarere kabashakira ikibanza cy’ahimurirwa urwibutso rwa Remera kuko rwagonzwe n’imbago z’umuhanda.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko kuba hari abantu batavuga ahajugunywe imibili y’abazize Jenoside itarashyingurwa neza bituma abatarashyingura ababo bikomeza kubabera igikomere.