Bamwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzania bivugwa ko badafite ibyangombwa byo kuhaba barafashwa guhura n’imiryango yabo mu Rwanda.
Imbunda n’imyenda ya gisirikare byibishijwe kwa Manase mu ijoro ryo kuwa 17/09/2013 mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba akarere ka Ngoma byafatanwe ku muturanyi we, Ndiyehubwo Nasiba, aho imbunda yahise ayitaba mu murima.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.
Jead Damascene Mbanabo utuye mu karere ka Ngoma umurenge wa Kazo akagali ka Kinyonzo umudugudu wa Rugarama, avuga ko nyuma yo kubona ibyiza umuryango wa RPF yakanuriye bagenzi be 40bari mu mashyamba baratahuka kandi bajya muri FPR.
Abantu 50 barimo abahoze mu yindi mitwe ya politike bo mu murenge wa Jarama akarere ka Ngoma, biyemeje kuba abanyamuryango bashya ba FPR-Inkotanyi ,nyuma yo kumva ibikorwa byiza n’imigambi ya FPR mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite bayo.
Umukandida depite wigenga Mwenedata Girbert, ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Ngoma, tariki 11/09/2013, yatangaje ko we atagura amajwi kuko kugura amajwi utagatorwa udashoboye byaba ari nko kugambanira igihugu.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye urusengero rwari rumaze kuzura rwa ADEPR Gahurire, paruwase ya Kibungo, uyu muyaga unagusha igiti mu muhanda kirawufunga kuri uyu wa 11/09/2013 mu masha ya saa kumi n’igice.
Mu gihe igikorwa cyo kwiyamamaza kirimbanije hirya no hino mu Rwanda, bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba abazatorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko ko igihe bazaba bageze mu nteko y’ u Rwanda bazihatira kuvugurura uburyo bwo kwegera abaturage baba babatoye.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi mu kagali ka Kinyonzo hatoraguwe igisasu cya grenade, tariki 30/08/2013 ahagana mu gicamunsi ikindi gisasu gishaje cyazanye umugese cyatoraguwe muri ako kagari mu mudugudu wa Kibimba.
Umuyaga n’imvura bidasanzwe byisasiye tugari twa Kinyonzo na Birenga ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma tariki 01/09/2013, byagushije insina nyinshi, zimwe zigwana ibitoki byari bicyana.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko amasasu yumvikanye mu nkambi icumbikiwemo abahoze ari abarwanyi ba M23, yatewe nuko Polisi yashatse gusaka iyi nkambi abayirimo bakabyanga ndetse bagashaka kurwanya Polisi.
Umuganda rusange wakozwe tariki 31/08/2013 mu karere ka Kirehe wakorewe mu nkambi ya Kiyanzi ahari Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bakaba barahakoze isuku bubakira abari muri iyi nkambi ubwiherero hamwe no kurwanya inkongi z’imiriro zishobora kuhaboneka.
Kuri uyu wa 30/08/2013, Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, yatangije ku mugaragaro itorero ry’igihugu mu nzego z’imirimo ku rwego rw’akarere ka Ngoma.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryijeje abaturage b’akarere ka Ngoma ko niritorwa rizaharanira ko kurandura ubukene mu Banyarwanda hashyirwaho banki y’abahinzi n’aborozi,I bikorwaremezo n’ibindi.
Mukagatare Clemence, umupfakazi wo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma yemeza ko gahunda ya RPF-Inkotanyi ikangurira abagore kwigirira icyizere biteza imbere, yamuteye gukora ubuhinzi bw’urutoki bwa kijyambere bwatumye ajya gupiganwa ku rwego rw’isi.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette , aravuga ko igihembwe bamaze kucyitegura bafatanije n’ikigo cya Leta cy’ubuhinzi (RAB) aho imbuto zamaze kugera hafi y’abahinzi.
Umuyobozi w’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Uburasirazuba yemeza ko ibikorwa RPF imaze kugeraho ubwabyo biyamamaza muri aya matora, mbere yuko abanyamuryango bagira icyo bavuga.
Nyuma y’imyaka 15 ishuri rya E.S.Mutendeli ritagira amazi, itorero rya Anglican church ryirwa St John’s Killleagh ryo mu Bwongereza ryatanze inkunga yo kugeza amazi muri iryo shuri binyuze muri EAR Diyosezi ya Kibungo.
Abanyarwanda 21 baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania, kuri uyu wa 20/08/2013 bagejejwe mu karere ka Ngoma muri gahunda yo kubahuza n’imiryango yabo.
Mu gihe mu Rwanda imitangire ya service igenda irushaho kunozwa, inyubako zitujuje ubuziranenge z’ahatangirwa service ziracyari imbogamizi ikomeye ku bafite ubumuga.
Nyiramuhire William w’imyaka 64 n’umuhungu we Neri Willison w’imyaka 24 bari batuye mu murenge wa Rukira, akagali ka Buriba umudugudu wa Rugaragara mu gitondo cyo kuwa 18/08/2013 basanzwe munzu bishwe n’abantu bataramenyekana.
Abakirisito b’itorero rya ADEPR bo mu karere ka Ngoma batangiye urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, binyuze mu biterane bizajya bibera hafi yaho bikunda kunywererwa.
Hashize igihe kirenga umwaka ikigo cy’ighugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kigaragaje ko hari miriyoni 11 za koperative y’abamotari ba Ngoma (COTAMON) none na n’ubu ntizirabonerwa irengero.
Abanyamuryango babili bari muri komite ya koperative ihinga ibigori mu murenge wa Murama (KOREMU) bahagaritswe byagateganyo ku buyobozi bw’iyi koperative bakekwaho kunyereza amafaranga arenga ibihumbi 700.
Taxi Hiace ya Murasira Diogene bakunda Kadafi w’imyaka 30 yafatiriwe n’ururwe rw’ubushinjacyaha rwisumbuye rw’urukiko rwa Ngoma nyuma yuko rusanze uyu mugabo akurikiranweho ibyaha birimo ibyihezandonke.
Nzeyimana Anicet w’imyaka 21wacururizaga mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma yahishije iduka rye ku nshuro ya kabiri saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 06/08/2013 ahita aburirwa irengero.
Mu gihe ubworozi bw’amafi buri gushyirwamo ingufu, amwe mu mafi yatewe mu biyaga bya Sake, Mugesera na Birira ngo yatanze umusaruro mwiza kurenza uwari witezwe.
Abatuye akagali ka Ndekwe ho mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma barishimira ko bageze ku kigereranyo cyo hejuru mu munsi mike bamaze batangije igikorwa cyo gutanga mutuweri nshya uyu mwaka wa 2013-2014.
Abana 89 nibo bagaragaye ko bafite imirire mibi bari mu gipimo cy’ibara ry’umutuku, mu karere ka Ngoma mu mwaka wa 2013. Ibara ry’umutuku mu bipimo by’imirire rigaragaza abana bafite imirire mibi kuburyo bukabije ndetse bimwe bita ko barwaye bwaki.
Muri gahunda yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro, ingo 4773 zo mubyaro mu karere ka Ngoma zahawe umuriro w’amashanyarazi muri uyu mwaka w’imihigo.