Nyuma y’aho leta ifatiye icyemezo cyo kugabanya ikoreshwa ry’amashyamba mu gutwika amatafari maze hakajya hifashishwa gasenyi, amwe mu makoperative afite amatanura avuga ko bihendutse kandi bitanga amatafari meza.
Nyuma y’uko hatangijwe koperative umwarimu SACCO, ihuriwemo n’abarimu ngo ibafashe kwiteza imbere babitsamo kandi inabaha inguzanyo, bamwe mu barimu bayigannye bagafata inguzanyo bavuga ko biteje imbere.
Abahinzi barenga 100 bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma bibumbiye muri koperative bagiye guhinga imboga n’imbuto kuri hegitari enye ku nkengero z’ikiyaga cya Mugesera.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangiriye kubaka hoteli ya mbere yo ku rwego rw’inyenyeri eshatu, abandi bashoramari bagatangira kubaka izindi hoteli eshatu abatuye aka karere baravuga ko izi hoteli zije zikenewe kuko Ngoma igenda itera imbere.
Abarimu bo mu karere ka Ngoma ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanaga w’umwarimu basabye ko abarimu bashyirirwaho ihahiro ryihariye kuri bo rihendutse ku giciro kugira ngo bahangane n’ibiciro byo ku masoko bitakijyanye n’umushahara.
Abakozi bubaka hoteli y’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa na rwiyemezamirimo wabakoreshaga ndetse bakaba batakihamubona kuko haje abandi, bakaba batazi uburyo bazabona amafaranga yabo.
Abaturage 600 bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga mu materasi bavuga ko yitwa Rev. Pasteur Ntakirutimana Florien wa company ECOCAS, bavuga ko batorohewe n’ubuzima nyuma yo kwamburwa bamukoreye amezi atandatu ntibishyurwe.
Mu gihe gahunda ya Plant Clinic (uburyo bwo kuvura ibimera) imaze amezi make itangijwe mu karere ka Ngoma, bamwe mu bahinzi barishima iyi gahunda kuko ituma umuhinzi uhuye n’ikibazo cyo kurwaza igihingwa ahita abona aho abariza maze kigakurikiranwa ndetse akagirwa inama.
Nyuma yuko rwiyemezamirimo wakoraga imirimo yo kwagura isoko rikuru rya Kibungo (Ngoma) atereye imirimo kuva mu mwaka wa 2013, abakozi 250 bambuwe na rwiyemezamirimo wataye akazi barishyuza akarere.
Kwimakaza ukuri ni umwe mu mihigo abafungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Ngoma bihaye, kuri uyu wa 23 Nzeli, ubwo basozaga ibiganiro by’iminsi ibiri bahabwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Bamwe mu bari bafite ibibazo by’akarengane batuye mu karere ka Ngoma barashima ko bakemuriwe ibibazo by’akarengane bari bafite ubwo kuri uyu wa mbere tariki 22/09/2014 hatangizwaga icyumweru cyateguwe n’urwego rw’umuvunyi muri ako karere.
Abatuye akarere ka Ngoma ntibabona kimwe umuco wo gukwa abantu badahari bisigaye bigenda bigaragara hirya no hino bitewe nuko hari ubwo abo bageni baba baba hanze maze igihe cyo gukwa mu misango bakazana amafoto yabo bikaba birarangiye.
Ribanje Ananias na Barayavuga Sadi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo nyuma yo gufatanwa inka bibye bashaka kuyigurisha mu masaha ya saa cyenda za mugitondo.
Imodoka ziza gupakira ibyuma bishaje bigurwa ngo bijye kongera gukurwamo ibindi byuma nyuma yo kubitunganya mu nganda, zafatiwe ibyemezo nyuma yuko ubwo imwe yari itwaye ibi byuma mu ijoro yafatiwemo moto yari yibwe bayihishe muri ibyo byuma.
Nyuma yuko bigaragaye ko abatuye umurenge wa Kibungo batararaga amarondo maze abaturage bagasaba ko abagize Community Policing Committees (CPCs) zajya zirara irondo maze bakazihembera, uyu murenge umaze ukwezi nta byaha by’umutekano muke biharangwa.
Abantu bane bari mu maboko ya police station ya Kibungo, nyuma y’urupfu rw’umusore w’umurundi wakoraga akazi ko mu rugo witwa Mbonyimana Fideli w’imyaka 26.
Abatuye akagali ka Mahango ho mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma bakoresha abakozi bo mu ngo barasabwa gushyirisha abo bakozi mu bwisungane mu kwivuza kugirango birinde ingorane bahura nazo gihe barwaye badafite ubwisungane mu kwivuza.
Nyuma yuko umugabo asambanyije ku ngufu umukobwa yibyariye akavuga ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye harimo na suruduwiri (African Gin) bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba ababishinzwe ko yafatirwa imyanzuro.
Abagabo n’abagore 600 bahoze mu rwego rushinzwe umutekano mu baturage ruzwi nka “local defense” bo mu karere ka Ngoma basezerewe ku mugaragaro maze hakirwa urundi rwego rushya DASSO rugizwe n’abantu 98 bazajya bakorera mu baturage.
Abaturage bo mu mudugudu wa Sangaza, akagari ka Ruhinga, umurenge wa Zaza mu karere ka Ngoma, bavuga ko gahunda ya “ndi umunyarwanda” yatumye bagira imbaraga mu gushyira hamwe bafasha abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bahatujwe.
Icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge cyari cyatangijwe na IPRC East cyasojwe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki ya 29/8/ 2014, inzego zitandukanye zirimo polisi zitanga ubutumwa bwo kureka ibiyobyabwenge no gukora kugira ngo urubyiruko rugere ku iterambere rirambye, hanatwikwa ibiyobyabwenge byafashwe imbere y’imbaga (…)
Havugarurema Asman w’imyaka 39 ukomoka mu karere ka Ngoma, avuga ko yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite imyaka 14 kugera mu gihe cy’imyaka 15 ubwo byari bimaze kumugiraho ingaruka zikomeye, nyuma yo kujyanwa i Wawa ubu akaba yarabiretse akihangira umurimo.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) ryatangije ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko kuko bigira ingaruka ku myigire n’imibereho by’urubyiruko ndetse no ku gihugu muri rusange.
Mu gihe hari ubwo wasangaga amabanki ataritabiraga gutanga inguzanyo ku buhinzi kubera imihindagurikire y’ikirere ituma hari ubwo izuba riba ryinshi abahinzi ntibeze, ubwishingizi mu buhinzi buri gutuma n’ibigo by’imari nka SACCO bitinyuka gutanga izi nguzanyo.
Urwego rushinzwe ubuhinzi mu karere ka Ngoma rutangaza ko ikibazo cy’ugucyererwa kw’ifumbire n’inyongeramusaruro kigiye gucyemurwa n’uko ubu byose bigiye kunyuzwa muri ba rwiyemezamirimo bakorana n’abahinzi.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ngoma ruvuga ko bishoboka ko urubyiruko rwakumira amakimbirane ashingiye ku butaka ari kugaragara cyane muri iki gihe rimwe na rimwe akabyara imfu z’abantu.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa ho mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma ndetse n’abo mu murenge wa Gahara ho mu karere ka Kirehe, bavuga kuba imbaho zitwikiriye iki kiraro zishaje biteza impungenge zo kuba byatera impanuka.
Abafite amashyamba y’inturusu mu karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’udukoko rwaje mu mashyamba yabo dusa n’inda turya ibibabi by’inturusu zikuma.
Abana bato biga ikoranabuhanga ririmo no gukoresha umurongo wa internetbavuga ko kwiga ikoranabuhanga bituma babasha kongera ubumenyi bifashishije internet mu gihe bahawe umukoro wo gukorera mu rugo ndetse no kumenya amakuru anyuranye.
Mu gihe bamwe mu bahinzi batuye akarere ka Ngoma mu mirenge ya Mutendeli na Kazo bavuga ko bashaka guhinga insina nshya ya FIA 25 itanga umusaruro wikubye inshuro zigera kuri eshanu, baravuga ko hari imbogamizi z’imbuto z’iyi nsina.