Ishuli rikuru ry’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba, IPRC EAST ryatashye ku mugaragaro icyumba cy’ikoranabuhanga kirimo mudasobwa n’ibindi bikoresho byaguzwe ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cya Koreya gishinzwe ubufatanye mpuzamahanga KOICA.
Abatuye umudugudu wa Karimbu akagali ka Mutendeli mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma basabye misa bashima Imana kuko ikibazo cyari kibakomereye cyo kuvoma kure cyakemutse maze bakegerezwa amazi iwabo mu mududgudu.
Sosiyete y’itumanaho ikorera mu Rwanda ya Airtel, kuri uyu wa 06/11/2013, yasusurukije Abanyangoma inamamaza ibikorwa byayo, itangaga ibihembo bitandukanye ndetse inagurisha amaterefone nshya bafite muri promotion.
Umumotari umwe yitabye Imana naho abandi batatu barakomereka bikomeye bitewe n’impanuka yabereye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma tariki 06/11/2013 mu masaha ya saa saba.
Abantu bane bari kuri station ya police ya Sake mu karere ka Ngoma kuva tariki 05/11/2013 bakurikiranweho gutunga imyenda ya gisirikare n’imbunda no gushaka kubigurisha abaturage.
Mu nama nyunguranabitekerezo yabahuje n’abafatanyabikorwa babo kuri uyu wa 30/10/2013, abunzi bo mu karere ka Ngoma hose bahawe umwambaro ubaranga uzajya ubafasha mu kazi ko gukemura ibibazo by’abaturage bitarinze kujya mu nkiko.
Rutayisire Etienne w’imyaka 65 wo mu murenge wa Mugesera ho mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Sake akurikiranweho gushaka kuvura Ndayiramije Anastase amarozi nta byangombwa byo kuvura gakondo afite nyuma akamupfiraho iwe mu rugo.
Mu gihe imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma imaze amezi agera kuri atanu yarahagaze kubera rwiyemezamirimo wataye imirimo nyuma yo guhabwa miliyoni 48 n’akarere ka Ngoma, amazu ataruzura y’iri soko yabaye indiri yaho bakinira urusimbi.
Mu gihe imvura ikomeje kubura mu karere ka Ngoma, bamwe mu baturage batangiye guterwa ubwoba ndetse bamwe ngo batangiye gukubitwa babaziza ko ari abavubyi batuma imvura itagwa.
Abanyeshuri 51 biga muri ES.Kigarama bari bahawe igihano cyo kujya mu rugo iminsi irindwi bakagarukana ababyeyi babo kubera ko batorotse ikigo, batahuwe ko bikodesherezaga amazu iruhande rw’ikigo.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya Butanga afungiye kuri station ya police Kibungo akekwaho gushuka umunyeshuri yigishaga ko agiye kumuha akazi yamugeza mu rugo akamufata ku ngufu.
Mu gihe abaturage bakorerwa amaterasi bari bamaze iminsi batabaza ko abakora muri ayo materasi aho basanze imyaka bayitwara aho kuyisubiza nyiri isambu, ubuyobozi bw’umurenge wa Remera ndetse n’ingabo babwiye aba bakozi ko uzongera kugira icyo atwara azabiryozwa.
Abakozi bagera kuri 400 bakora amaterisi mu murenge wa Remera, mu kagali ka Nyamagana, bigaragambije banga gukora akazi bavuga ko inzara ibishe batabasha gukora.
Abakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma riri mu murenge wa Kibungo baravuga ko rwiyemzamirimo abacunaguza mu kubishyura kandi akanabishyura amafaranga batumvikanye.
Gutura ku midugudu 100% byatumye abatuye umurenge wa Jarama akarere ka Ngoma besa imihigo ku kigereranyo cya 98%, bibahasha igikombe nyuma bahize indi mirenge yose igize aka karere.
Abagize inzego z’umuryango wa RPF-Inkotanyi ku rwego rw’umurenge wa Kibungo barasabwa guharanira ikintu cyose cyakomeza kugeza u Rwanda ku iterambere rirambye ritanga ikizere cy’ejo hazaza.
Abantu 15 bakomoka mu murenge wa Remera, akarere ka Ngoma bafungiye muri station ya police ya Kibungo nyuma yo gufatirwa mu cyuho bacukura amabuye ya gasegereti bitemewe n’amategeko.
Mukasonga Alivera, umukecuru ukomoka mu mudugudu wa Murindwa akagali ka Birenga umurenge wa Kazo, imiganda y’abaturage yamukuye mu rusengero aho yacumbikaga inzu imaze kumugwana bamwubakira inzu nziza yishimira.
Abafundi n’ababahereza 250 bavuga ko bambuwe na rwiyemezamirimo Ruhumuriza Theobard, uhagarariye company Elite General Constractors Ltd (EGC) yatsindiye kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma none barasaba kurenganurwa kuko ngo ubuzima bubagoye cyane .
Bamwe mu baturage baranenga bagenzi babo bakoresha inzitiramubu mu bikorwa byo kubaka amazu, ndetse no mu kuboha ibiziriko by’amatungo bitwaje ko zishaje nyamara bakaba bavangamo n’inshya.
Ndaruhutse Jean Nepomuscene ari mu maboko ya police mu karere ka Ngoma akurikiranweho kwica umwishywa we Ngenzi Jean Paul w’imyaka 19 yareraga kuva akiri umwana kuko ababyeyi be bitabye Imana.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yahagaritse byagateganyo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Remera nyuma yo gukora igenzura ku kibazo yari yagejejweho na njyanama y’umurenge imurega imikorere mibi.
Ishuri Les Gazelle riherereye mu karere ka Ngoma umurenge wa Kibungo ryongeye gushimirwa rinahabwa igikombe n’akarere ka Ngoma kuba ryaragahesheje ishema ritsindisha abana benshi.
Niyonshuti Emmanuel umushoferi w’imodoka y’akarere ka Ngoma yahembwe terefone igezweho yo mbwoko bwa Samsung Galaxy ndetse anahabwa igare na na radio na ceretificat y’ishimwe kubera ubushake n’umuhate yakoranye mu mirimo ye mu gihe cy’umwaka w’imihigo 2012-2013.
Abayobozi b’utugali ndetse n’abashinzwe imibereho myiza mu tugali twose tugize akarere ka Ngoma bahawe amagare mu rwego rwo kwishimira ko akarere ka Ngoma kabonye amanota meza mu mihigo ishize y’umwaka wa 2012-2013.
Umukuru w’abayisilam mu karere ka Ngoma (Imam),Abdoulkalim Hakizimana,yeguye ku mirimo ye yo kuyobora Islam mu karere ka Ngoma kubera impamvu ze bwite.
Bamwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzania bivugwa ko badafite ibyangombwa byo kuhaba barafashwa guhura n’imiryango yabo mu Rwanda.
Imbunda n’imyenda ya gisirikare byibishijwe kwa Manase mu ijoro ryo kuwa 17/09/2013 mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba akarere ka Ngoma byafatanwe ku muturanyi we, Ndiyehubwo Nasiba, aho imbunda yahise ayitaba mu murima.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.