Abana 33 bo mu mashuri banza arindwi mu murenge wa Kibungo basoje amasomo ku ikoranabuhanga bahawe mu mushinga ICT 4 KIDS w’ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo.
Abantu icyenda bari mu maboko ya police station ya Kibungo bakurikiranweho urupfu rw’umusore witwa Ntirushwamaboko Charles, uri mu kigero cy’imyaka 33 wasanzwe ku muhanda yishwe kuri uyu wa 03/08/2014 mu mudugudu w’Isangano akagali ka Karenge umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma.
Abatuye imirenge ya Mutendeli na Kazo mu tugari twa Nyagasozi na Muzingira mu karere ka Ngoma barashima umuryango E.H.E, wabahaye ivomero rusange ry’amazi meza nyuma yuko bari bararembejwe n’indwara z’inzoka kubera kunywa amazi mabi.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01/08/2014 hizihizwaga umunsi w’umuganura, abatuye akarere ka Ngoma bawizihije bagaruka ku muco bazirikana icyo umuco w’umuganura wabaga uhatse n’icyo bawigiraho mu gihe cya none ngo biteze imbere.
Mu rugendo rwo kwitegura kugirwa ibitaro byo ku rwego rukuru (referral hospital), ibitaro bikuru bya Kibungo byujuje Labaratoire y’icyitegererezo ifite ubushobozi bwo gupima indwara hafi ya zose ubundi zitasuzumirwaga kuri ibi bitaro.
Abaturage batuye umurenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma nyuma yo kwiyubakira poste de santé mu murenge wabo bagize ubwitabire budasanzwe mu gutanga ubwisungane mu kwivuza ; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’uwo murenge.
Umuryango uhuza abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi,ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo(INATEK S.U),barihiye ubwisungane mu kwivuza abacitse ku icumu rya Jenoside yakoreye Abatutsi mu 1994 batuye mu murenge wa Kibungo.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryatangije itorero ku banyeshuri baryigamo maze basabwa kurangwa no gukunda umurimo unoze birinda kuzavamo abanyamwuga basondeka.
Abahinzi n’abacuruzi bo mu karere ka Ngoma baturiye ikiyaga cya Mugesera barishimira icyombo cya moteri cyashyizwe muri icyo kiyaga kizajya kibafasha mu buhahirane n’ubwikorezi na bagenzi babo ba Rwamagana n’ahandi hakora iki kiyaga.
Abagize urwego rw’abaturage bashinzwe gucunga umutekano ruzwi ku izina rya Community Policing Committee bo mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bavuga ko kuba batarabona umwambaro w’akazi bibangamira imikorere yabo bagasaba ko ababishinzwe bakihutisha igikorwa cyo kubaha uyu mwambaro.
Mu murenge wa Mutendeli mu kagali ka Mutendeli umudugudu wa Kibaya haravugwa ubujura bw’amatungo magufi arimo inkoko, ihene n’andi bavuga ko abajura bayasanga aho batuye mu midugudu nijoro bakayakura mu bikoni bakayiba.
Niyonzima Jeovan ufite imyaka 18 wigaga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rizwi ku izina rya NDABUC riri mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, ku mugoroba wo kuwa 21/07/2014 yasanzwe mu cyumba yifungiranye yapfuye ari mu kagozi.
Abayobozi b’imidugudu 473 igize akarere ka Ngoma kose nyuma yo guhabwa telephone zo gukoresha mu kazi kabo batangaje ko zigiye gutuma imikorere yabo izarushaho kunoga kuko ikibazo cy’itumanaho ari kimwe mu byari bibangamiye imitangirwe ya service kuri uru rwego.
Bakundukize Theoneste w’imyaka 52 wari utuye mu mudugudu wa Gatovu, akagali ka Gatonde umurenge wa Kibungo, yakubiswe umuhini mu mutwe bimuvuramo urupfu ubwo yari yagiye ku muturanyi we gushaka inkweto ze yakekaga ko umuhungu waho yazibye.
Kubwimana Vedaste w’imyaka 59 afungiye kuri Station ya police mu karere ka Ngoma ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugore we bashakanye byemewe n’amategeko umurambo akawujugunya mu kiyaga cya Mugesera cyiri mubmurenge wa Mugesera.
Abanyeshuri barangije mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi, uburezi n’ikoranabuhanga rya kibungo (INATEK) barasabwa guharanira kuba igisubizo ku bibazo u Rwanda rufite, bakemura ikibazo cy’ubushomeri bihangira imirimo.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya GS. Gahurire ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, bemeza ko bamaze kubona ibyiza bya gahunda iherutse gutangizwa yo kurira ku mashuri saa sita bagakomeza amasomo yabo aho gutaha saa munani batariye nka mbere.
Abanyamuryango ba koperative y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rurenge akarere ka Ngoma, barashima iterambere bamaze kwigezaho ndetse nuko abaturage bashinzwe bamaze guhindura byinshi mu myumvire ngo bagire ubuzima buzira indwara.
Umucungamutungo (comptable) w’ishuri rya G.S Bare iri mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, Niyitegeka Emmanuel, ari mu maboko ya police station ya Mutendeli, nyuma yuko atorotse mu kwezi kwa 11 umwaka wa 2013 hafashwe sima yari yagurishije zubakishwaga kuri iri ishuri.
Abatuye umurenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma barishimira ko nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye umwanzi,ubu bo bamaze kugera kuri byinshi mu kuvugurura ubuhinzi byatumye bibateza imbere bibohora ubukene n’inzara.
Mu ngengo y’imari y’akarere ka Ngoma y’umwaka wa 2014-2015 hashyizwemo miliyoni 28 zo gukora inyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo mu rwego rwo guha icyubahiro abahashyinguwe bazize Jenoside no kubungabunga amateka ya Jenoside mu gihe kirekire.
Ideni ryagaragajwe ko rigera kuri miliyoni 65 ishuri ryisumbuye rya Mutendeli ribereyemo abantu batandukanye kuva mu myaka ya 2005, njyanama y’akarere ka Ngoma yafashe umwanzuro ko aka karere katangira kuryishyura kuko ikigo cyabuze ubushobozi.
Sosiyete Forward Rich ikora ibijyanye no guhugura abantu mu bijyanye no kwiteza imbere yarihiye abanyamuryango bayo 738 bo mu turere twa Ngoma na Kirehe ubwishingizi mu kwivuza bufite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Nyuma y’uko hatangijwe uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) binyuze mu bimina ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buravuga ko bitanga umusaruro kuko ibimina byinshi byamaze kwishyura 100%.
Inama y’igihugu y’abagore irasaba abagore ndetse n’Abanyarwanda muri rusange ko umuco wo kwibuka Jenoside bawugira uwabo bagakomeza kuwutoza ababakomokaho hagamijwe ko Jenoside n’ingengabitekerezo yayo byacika burundu.
Ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo ryashyikirije umupfakazi wa Jenoside, Uwantege Germaine, inzu irimo ibyangombwa byose bivuye mu bwitange bw’abanyeshuri n’abakozi biri shuri.
Umuyaga mwinshi n’imvura kuri uyu wa 16/06/2014 byasambuye ishuri ryo kuri G.S. Gahurire ho mu mudugudu wa Mpandu akagali ka Karama umurenge wa Kazo akarere ka Ngoma.
Abanyamuryango ba AVEGA mu karere ka Ngoma baremeye abakecuru bashaje banabafasha kugera ku rwibutso rwa Jenoside ngo bibuke ababo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 kuko ngo batabashaga kuhigeza kubera gusaza.
Nyuma y’uko komite y’igihugu y’imikino y’ abafite ubumuga (NPC) itangiriye ubukangurambaga mu kugaragaza ko n’abafite ubumuga bafite uburenganzira bwo kwidagadura n’abandi nta kubaheza, bamwe mu bafite ubumuga bashima iki gikora.
Nkurikiyingoma Donat yitabye Imana biturutse ku ipine yaturitse ubwo bayisudiraga irimo umwuka, abandi batandatu barakomereka bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.