Abatuye umurenge wa Kibungo barasabwa kwitondera kugura ibintu abantu baba batembereza bagurisha amafaranga make kuko biba birimo ibijurano byaguteza ibibazo igihe waba ubiguze ukabifatanwa.
Umusore witwa Mungarakarama Simeon utuye mu kagali ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma, yasize buji mu cyumba agiye kugura ikarita ya telephone agarutse asanga inzu yose iri gushya.
Ikamyo nini yavaga mu gihugu cya Tanzania yarenze umuhanda iragwa nyuma yuko umushoferi ananiwe kuyikata ubwo yari ageze mu ikona ahitwa Kaboza, mu kagali ka Kigabiro, umurenge wa Murama mu karere ka Ngoma.
Sindikubwabo Vedaste w’imyaka 29, utuye mu mudugudu wa Amahoro akagali ka Karenge, umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, arwariye mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo kugerageza kwiyahura agakurwamo n’abantu aho yari yimanitse mu giti mu ijoro ryo ku wa 12/01/2014.
Uwimana Landuard w’imyaka 23 utuye mu murenge wa Zaza akagali ka Ruhembe umudugudu wa Munini akarere ka Ngoma yagerageje kwiyahura tariki 06/01/2014 abitewe nuko umugore we yamushinje ko amuca inyuma.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14,utuye mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma avuga ko yafashwe ku ngufu n’umusore w’imyaka 17 ku mugoroba wa tariki 07/01/2014 ubwo yari yagiye kuvoma ahitwa Mbonyi.
Abatwara abagenzi kuri moto mu karere ka Ngoma bari mu gihirahiro kubera kwirirwa bacibwa amande yuko batahaye abagenzi akanozasuku kandi ngo aho batuguraga tutakibayo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Voiture ifite plake RAB 043 P , yafatanwe imifuka ine y’urumogi mu ijoro ryo kuwa 03/01/2014 ubwo yari igeze mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma igana mu mugi wa Kigali.
Imiryango 80 itishoboye yo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma ,yahawe n’umushinga F.X.B w’Umunyamerika , ibikoresho biyifasha kugira isuku banywa amazi meza kugirango irusheho kugira ubuzima bwiza.
Mushumba Chrisostome w’imyaka 57, utuye mu mudugdu wa Murambi, akagali ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo, akarere ka Ngoma, yakubise ifuni umwana we Mukamana Ernestine w’imyaka 26 amuziza ko yamubujije kugurisha isambu.
Nyuma yaho abantu bacuruza inkwi n’amakara mu mugi wa Kibungo babaye benshi bigatera impungenge ko amashyamba yaba asarurwa mu kavuyo, umuyobozi w’akarere ka Ngoma yahaye inshingano ubuyobozi bw’ibanze bwo kugenzura abantu bacuruza amakara n’abacuruza inkwi ko bafite ibyangombwa byo gusarura ishyamba.
Umukwabu wakorewe mu kagali ka Gahima, umurenge wa Kibungo tariki 30/12/2013, wafatiwemo umubyeyi waraye abyariye mu rugo niko guhita yihutishwa ajyanwa kwa muganga aho guhita asubizwa iwabo nk’uko abandi barindwi byabagendekeye.
Mukantwari Belthilde w’imyaka 17 na murumuna we Ayinkamiye Rose, bo mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade bakita imari y’injyamane (ibyuma bishaje bagurisha) maze kirabaturikana ariko ku bwamahirwe nta wapfuye.
Ndengabaganizi Euphrem wo mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma yatsindiye igihembo cy’inka y’inzungu kubera ko ari we wabaye indashyikirwa mu kwita ku gihingwa cya kawa mu karere kose.
Umuryango Imbuto Foundation watanze ibikoresho by’imyidagaduro ku kigo cy’urubyiruko cyatangijwe mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko.
Intore zatorezwaga mu karere ka Ngoma mu cyiciro cya mbere cyo gutoza urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka wa 2013 izi ntore zasabwe kuba intangarugero mu byo zizakora byose kandi zigaharanira kubaka ubumwe mu Banyarwanda.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 utaramenyekana umwirondoro yasanzwe mu giti cy’umwembe yimanitse mu kagozi mu mudugudu wa Kinanira, akagari ka Nyamagana, mu murenge wa Remera ho mu karere ka Ngoma.
Umwarimu witwa Nsenguyumva Laurent w’imyaka 57 wari utuye mu kagali ka Kinunga mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma yagonzwe n’imodoka ahita apfa mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/12/2013.
Umuturage wo mu karere ka Ngoma yatahuye igisasu ku nzira aho bakeka ko cyashyizwe n’umuntu kuko ngo bagisanze ku nzira nyabagendwa kandi abaturage bari basanzwe bahagenda bakavuga ko urwo rukweto bagisanzemo rutahabaga. Ni igisasu cyo mu bwoko bwa grenade Ntakirutimana Colotilde yasanze mu rukweto iruhande rw’inzira ubwo (…)
Gukaza marondo ngo gutanga amakuru ku kintu cyose abaturage babonaga kidasanzwe iwabo biri mu byo abaturage bo mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo muri Ngoma bavuga ko byatumye bahangana n’amabandi bari yabugarije.
Sekamana Francois w’imyaka 26 wo mu murenge wa Zaza mu karere ka Ngoma yatoraguwe tariki 04/12/2013 mu musarane yarishwe nyuma yo kuburirwa irengero ubwo yajyaga kurarira iduka rye ku mugoroba wo kuwa 02/12/2013.
Ba rushimusi barobesha imitego itemewe irimo na super net baratungwa agatoki kuba nyirabayazana y’ihenda ry’amafi no kugabanuka k’umusaruro wayo mu biyaga bya Sake, Birira na Mugesera.
Kuri uyu wa 27/11/2013 mu mujyi wa Kibungo hakozwe umukwabu wo gufata inzererezi ngo zihabwe inyigisho zituma zigororoka. Hafashwe inzererezi 31.
Mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma haravugwa abantu bataramenyekana bikinga ijoro bakamenagura ibirahuri byo ku mazu y’abantu.
Abayobozi mu nzego z’ibanze n’abahagarariye ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Ngoma bashoje umwiherero w’iminsi ibiri kuri “Ndi Umunyarwanda” biyemeje kugeza iyi gahunda ku baturage bahagarariye.
Abagabo babili bo mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bafungiye kuri station ya police i Mutendeli bakekwaho kunyereza imifuka ya sima 22 yubakishwaga amashuri kuri GS Mutendeli muri Gahunda ya 12 YBE.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba kuri uyu wa 20/11/2013, hafashwe urumogi ibiro 10na kanyanga litiro 5n’abakekwaho kuba abajura bagera kuri 31.
Abayobozi batandukanye b’akarere ka Ngoma, abikorera n’abagarariye ibigo bitandukanye batangiye umwiherero w’iminsi ibiri ugamije kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwana” ngo nabo bazayigeze ku bandi.
Uwimana Bonifride w’imyaka 23 yashyikirijwe inzego za police sitation ya Kibungo nyuma yo gufatanwa litro eshatu za kanyanga, abandi bafatanwe ibigage bacibwa amande bihanangirizwa kutazongera gucuruza ibitemewe.
Ishuri ry’ubumenyi ngiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) hamwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangije igikorwa cyo gukangurira kwihangira imirimo rukava mu bushomeri.