Irambona Francois wari ufite imyaka 9 wo mu mudugudu wa Kibimba, akagali ka Buriba, umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma yapfuye tariki 16/04/2014agwiriweho n’ikirombe ubwo we n’abagenzi be bacukuraga igitaka cyo gukorera isuku amazu y’iwabo.
Mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma, abacitse ku icumu bongeye gusaba bakomeje ko akarere kabashakira ikibanza cy’ahimurirwa urwibutso rwa Remera kuko rwagonzwe n’imbago z’umuhanda.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko kuba hari abantu batavuga ahajugunywe imibili y’abazize Jenoside itarashyingurwa neza bituma abatarashyingura ababo bikomeza kubabera igikomere.
Abagabo batatu harimo umusaza witwa Mahirane Laurent uri mukigero cy’imyaka 63 y’amavuko, Sindikubwabo Asumani w’imyaka 24 na Habamungu w’imyaka 27, bari kuri station ya Polisi ya Kibungo kubera kujugunya mu musarane ibitambaro biriho ubutumwa bujyanye no kwibuka Jenoside kunshuro ya 20.
Ntaganda Elia w’imyaka 29 n’umugore n’abana batatu utuye mu murenge wa Rurenge akagali ka Rujambara akarere ka Ngoma, ari mu maboko ya police ya Remera Post station nyuma yo kugwa gitumo n’abaturage arya imbwa avuga ko ariye agashyikirizwa polisi.
Pariti Emmanuel ufite imyaka 48 wo mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma avuga ko atangazwa n’abantu bagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko itabaye cyangwa ko itateguwe kuko we abizi kandi anemera uruhare yabigizemo.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Saint Paul international School bageneye inkunga igizwe n’ibiribwa n’imyenda abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bari mu karere ka Ngoma mu murenge wa Zaza.
Ibiyobyabwenge hamwe n’ibiti by’imishikiri byafashwe guhera mu mwaka ushize byangiririjwe mu ruhame rwigangjemo urubyiruko rw’abanyonzi n’abamotari mu rwego rwo kubakangurira kubirwanya no kubyirinda no kuba bavuga aho babibona.
Abatuye umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barashima ikigo cy’imyidagaduro n’ikoranabuhanga (Mutendeli Community Center) cyafunguwe iwabo cyubatswe n’umukorerabushake w’Umunyamerika witwa Brian Lee ukorera mu muryango U.S. Peace corps.
Ndengabaganizi Euphrem watsinze amarushanwa y’abahinzi ba kawa ku rwego rw’akarere ka Ngoma yahawe igihembo cy’inka ya kijyambere ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 350.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma bikomeje kuvugwa ko kasigaye inyuma mu migi yindi , abikorera bo muri aka karere bari gukusanya imigabane ngo bashore imari mu karere kabo.
Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro gereza izajya ifungirwamo abagore gusa mu ntara y’Iburasirazuba, abagore bemerewe ko nibita ku isuku bashobora kuzajya batunga imisatsi mu gihe ubundi uwageragamo yahitaga yogoshwa umusatsi wose.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore , ababyeyi byumwihariko abagore basabwe kwita ku burere bw’umwana banasabwa gushirika ubwoba bakajya baganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore uba buri tariki ya 8 Werurwe, mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma wijihijwe imiryango 91 yabanaga bitemewe n’amategeko isezeranira mu ruhame kuzabana akaramata.
Imodoka eshatu zo mu bwoko bwa scania zagonganiye mu mudugudu wa Rubimba ahitwa rond-point mu murenge wa Kibungo ebyiri zerekezaga muri Tanzania indi imwe iva muri icyo gihugu babili barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Ngoma basabwe kujya bitabira inama zibera iwabo mu midugudu no kuzitangamo ibitekerezo kubyo babona byabafasha mu kwitabira gahunda za Leta neza badahuye n’imbogamizi z’ubumuga bafite.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma burasaba abayobozi b’amakoperative kujya banoza imicungire y’umutungo wa koperative bayobora, nyuma yuko bigaragaye ko hari benshi mu bacunga nabi umutungo wa koperative.
Niyikora Jean Baptiste w’imyaka 27, ukomoka mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma, yasanzwe mu mugozi yiyahuriye iwe munzu nyuma yo gukimbirana n’umugore we ahita afata icyemezo cyo kwiyahura.
Abagize koperative ikorera mu ivuriro rya Kinyarwanda ryashinzwe mu mwaka wa 1981, baravuga ko imikorere yabo itakibateza imbere bitewe nuko hadutse abantu bacuruza imiti ya gakondo mu isoko rya Mutendeli baturanye mu karere ka Ngoma.
Muri gahunda yabo yo gusura ibigo by’amashuri y’isumbuye y’icyitegererezo mu Rwanda,komisiyo y’abadepite mu nteko ishingamategeko ifite uburezi munsingano yasuye ikigo cya Lyce de Zaza maze yishimira uburyo gicunzwe.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje ukwezi kwahariwe imiyoborere ari na ko hakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no gukemura ibibazo by’abaturage, ubu hari no kugenzurwa uburyo imitangire ya service imeze mu bigo bya Leta ndetse n’abikorera.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aremeza ko aka karere gafite amahirwe menshi mu ishoramari kubera imiterere yako n’uburyo nta bandi bakahashore imari.
Abagororwa 1200 bari bafungiwe kuri gereza ya Ngoma bimuriwe muri gereza ya Ntsinda ho mu karere ka Rwamagana ndetse n’iya Ririma ho mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kuyagura no kugabanya ubucucike.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atandukanye akora ubuhinzi burimo n’ubw’ibigori baravuga ko guhingisha imashini basanga bizabafasha kongera umusaruro bahingira ku gihe hatabayeho gukererwa ihinga kuko zihinga ahantu hanini mu gihe gito.
Amazu 14 yo mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba umudugudu w’amarembo, yarafunzwe nyuma yo gutahura ko acumbikwamo n’indaya ndetse n’inzererezi zitagira ibyangombwa zatezaga umutekano muke muri uyu mudugudu.
Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) hatangiye kubakwa inyubako zijyanye n’igihe zizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri na miliyoni magana ane, izo nyubako zikazacyemura ikibazo cy’inyubako nke iri shuri rifite.
Abanyeshuri biga muri za kaminuza zibarizwa mu karere ka Ngoma ndetse n’abarimu babo barasabwa kujya bitabira umuganda rusange w’ukwezi nk’abandi Banyarwanda aho kwitwaza impamvu z’amasomo bakawusiba.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangarije ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga gato 10 kazakoresha mu mwaka wa 2013/2014, nyuma y’amezi atandatu iyi ngengo y’imari yavuguruwe yongerwamo amafaranga hafi miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma kasheje umuhigo wo kwiyubakira inyubako z’ibiro by’utugali twose tugize aka karere zijyanye n’igihe, utu tugali twose ngo tuzanashyirwamo televiziyo zizajya zifasha abaturage kureba amakuru yo hirya no hino.
Ibitaro bya Kibungo byo mu karere ka Ngoma, mu ntara y’Uburasirazuba kwitegura kugirwa ibitaro by’urwego rukuru, igikorwa cyanashimwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Agnes Binagwaho, ubwo yabigendereraga kuwa Kane tariki 24/1/2014.