Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron n’abandi bayobozi batandukanye b’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7) kubera umwanya n’ijambo bahaye abayobozi bo ku mugabane wa Afurika kugira ngo bungurane ibitekerezo muri iyo nama ihuza ibihugu birindwi bikize ku isi.
Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) basesekaye i Kigali ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019 baturutse i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).
Prof Niyomugabo Cyprien ashyira mu majwi abiganjemo urubyiruko, akavuga ko hari imvugo bagenda badukana bigatuma imvugo n’amagambo byari bisanzwe biriho bitakaza umwimerere wabyo bikazimira nyamara ntacyo byari bitwaye.
Abanyeshuri biga muri IPRC Tumba mu byerekeranye na Tekiniki (Electronics and Telecommunication) bakoze imashini yifashishwa mu gutara ibitoki (Banana Ripening Machine) bigashya mu gihe gito kandi bitangiritse.
Inama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa gatatu tariki 21 Kanama 2019 yasojwe abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda bumvikanye kongera kunoza umubano w’ibihugu byombi ku bw’inyungu z’abaturage n’inyungu z’ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’inyungu z’ibindi bihugu byo mu karere muri rusange.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaya abanenga iterambere ry’u Rwanda bashingiye ku makuru babwiwe gusa n’ayo basomye kuri Internet, agasobanura ko iterambere ry’u Rwanda ritari mu mibare gusa ahubwo ko rigaragarira no mu byo Abanyarwanda bamaze kwigezaho kandi buri wese yabasha kugenzura akabibona.
Madame Jeannette Kagame yashimiye abitabiriye amasengesho ngarukakwezi yo gusabira igihugu, barimo abayobozi muri Guverinoma, mu Nteko Ishinga Amategeko, mu bikorera no mu banyamadini n’amatorero, n’abandi baturutse hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bine bo mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali mu Kagari ka Mwendo bagiye kwegerezwa amazi meza, nyuma y’uko muri ako kagari hari ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije.
Prof Tombola Gustave, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) asanga abantu cyane cyane urubyiruko bakwiye guhindura imyumvire yahozeho ku bantu bakora ibijyanye n’ubukerarugendo. Ashishikariza urubyiruko kubyiga kuko birimo amafaranga.
Mu bantu batanu bitabira imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali, batatu muri bo ngo ushobora kubasangana udukingirizo bakuye muri iryo murikagurisha.
Hari ibintu bigenda byiyongera byo kumva abantu benshi biyita aba Bishop cyangwa se Apôtre, uyu munsi ukumva umuntu ngo ni Bishop, ukumva undi ngo ni Apôtre. Hari ababyumva ntibasobanukirwe aho biva n’icyo bisaba kugira ngo umuntu agire iryo zina. Ibi byose ni byo Apôtre Dr Paul Gitwaza asobanura muri iyi nkuru ya Kigali (…)
Ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho n’amafoto y’umugabo wagaragaye muri Kenya usa na Yesu uvugwa muri Bibiliya.
Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) bahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku cyumweru berekeza i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).
Umuryango Nyarwanda wita ku mibereho myiza y’ingo (ARBEF) umaze igihe ukorera mu Rwanda ufasha Abanyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo kuboneza urubyaro, gufasha ababishaka kwisuzumisha virusi itera SIDA, no gufasha urubyiruko gusobanukirwa ibyerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Abuja muri Nigeria aho yitabiriye inama y’umuryango ‘Tony Elumelu Entrepreneurship Forum’ yahurije hamwe ba rwiyemezamirimo basaga ibihumbi bitanu bo hirya no hino ku mugabane wa Afurika.
Hortense Munyantore, umunyamakuru wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye bya hano mu Rwanda yitabye Imana aguye muri Uganda.
Mutesi Afsa, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza, mu Mudugudu wa Gashyushya arashimira umuryango w’Abayislamu mu Rwanda wamushyikirije moto aheruka gutombola ubwo hasozwaga amarushanwa mpuzamahanga yo gusoma Korowani mu mutwe.
Habumuremyi Jean Baptiste bakunze kwita ‘John’ utuye mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye akagari ka Gahogo mu Mudugudu wa Ruvumera, asanga ibyamubayeho ari ibitangaza kuko yahinduye gahunda y’urugendo yari afite mu kanya gato imodoka yagombaga kugendamo akumva ko ikoze impanuka ikomeye.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abatuye isi byabereye mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza ku rwego rw’igihugu tariki 11 Nyakanga 2019, abaturage bibukijwe kurushaho kwitabira gukoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage.
Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu kigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Gatsinzi Justin aravuga ko ibyiciro bishya by’ubudehe bishobora kuva kuri bine byari bisanzwe, bikaba bitanu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 07 Nyakanga 2019 yageze i Niamey muri Niger, aho yahuriye n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu nama ya 12 idasanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Abanyeshuri bo muri za kaminuza mu Rwanda barashima gahunda y’ibiganiro mpaka bibahuza ku ngingo zerekeranye n’ubukungu kuko bibatera umwete wo gukora ubushakashatsi bigatuma baniyungura ubumenyi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe imodoka ipakiye ibicuruzwa bya caguwa mu buryo butemewe, dore ko yari isanzwe ikoreshwa muri serivisi zijyanye no gutwara imirambo.
Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali hari abangavu babyariye iwabo mbere y’uko bashinga ingo zabo.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Nyakanga 2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Abaturage b’Akagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya kabiri mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bihaye intego yo gusura inzibutso zitandukanye kugira ngo barusheho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’umwihariko wa buri gace.
Urubyiruko rwiganjemo urwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo rwongeye gukangurirwa kwirinda icyorezo cya Sida n’inda ziterwa abangavu zikabangiriza ahazaza habo.
Abagore mirongo icyenda na babiri (92) bahagarariye abandi ku rwego rw’Akarere no ku rwego rw’imirenge mu muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Musanze, biyemeje kwigira ku makosa abandi bagore bakoze, bakayakosora kugira ngo Jenoside itazongera kuba.
Abacuruzi bakorera i Remera muri Gare no hafi yaho, hamwe n’abakora mu bigo bitwara abagenzi mu modoka nini n’intoya mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo bakomeje gahunda ngarukamwaka biyemeje yo gusura inzibutso no kumenya byimbitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari kumwe na Madame Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa gatatu tariki 26 Kamena 2019 bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bwa Madagascar, isabukuru yizihijwe ku nshuro ya 59.