Nk’uko bisanzwe, Perezida wa Repubulika ageza ijambo ku Banyarwanda risoza umwaka, rinatangira uwundi. Mu ijambo yavuze risoza umwaka wa 2019 rinatangira uwa 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda binjiye mu mwaka wa 2020 nyuma yo kurangiza neza umwaka wa 2019, akomoza kuri bimwe mu (…)
Mu mwaka wa 2019, hari byinshi byabaye byerekeranye n’iterambere ry’umubano w’u Rwanda n’amahanga. Kigali Today yabakusanyirije bimwe mu bihe by’ingenzi byaranze umwaka wa 2019 mu bubanyi n’amahanga.
Umuryango wita ku buzima bw’imyororokere (HDI) ku mugoroba wo ku itariki ya 20 Ukuboza 2019 watanze ibihembo ku banyamakuru batandukanye bahize abandi mu gukora inkuru zivuga ku buzima bw’imyororokere.
Mukiza Willy Maurice ni umwana wa kabiri wa General Major Ntawunguka Pacifique ubarizwa mu mashyamba ya Congo mu mitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 19 Ukuboza 2019, abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bagaragaje ko bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bitazabagwa amahoro, igihamya kikaba ari ababigerageje ariko bakahasiga ubuzima, abandi bagafatwa, abandi bagahunga.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) asanga abantu bakwiye kubaka ingo bakurikije uko Imana ibyifuza kuruta kubaka ingo bakurikije uko bo babyifuza.
Ubuyobozi bw’Inama y’Abasheikh mu Rwanda ku bufatanye n’umuryango Never Again Rwanda bateguye amahugurwa agamije gusobanura imiterere n’ingaruka z’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking).
Kompanyi yitwa Sakura Group irimo kwigisha abana bato bafite imyaka y’amavuko iri hagati y’itanu na cumi n’ibiri gukora za Porogaramu na za Robots bakiri bato (Programming and Robotics at Early Age), bikaba bikorwa mu rwego rwo gutoza abana kwifashisha ibyo biga, bakabiheraho bashaka ibisubizo by’ibibazo bahura na byo mu buzima.
Abahagarariye amashuri abanza yigenga bishimiye imyanzuro yavuye mu biganiro byahuje Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’amashuri abanza yigenga. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 02 Ukuboza 2019.
Umunya-Esipanye Unai Emery watozaga ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yirukanywe atamaze kabiri muri iyo kipe, dore ko yahawe akazi ko kuyitoza muri Gicurasi mu mwaka ushize wa 2018 asimbuye Arsene Wenger.
Mu Karere ka Musanze, umuryango utari uwa Leta witwa FXB Rwanda ukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato (Early Childhood Development- ECD) uratangaza ko ingo mbonezamikurire y’abana bato zitanga umusaruro.
Abatunganya imbaho n’ibizikomokaho mu Rwanda baravuga ko ubumenyi bwabo bukiri hasi, ndetse ngo ntibaragira uburyo bunoze bwo gutunganya ibisigazwa biva ku biti n’ibiva ku mbaho mu gihe nyamara na byo biba bishobora kubyazwamo ibindi bikoresho.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02 Ugushyingo 2019, Banki ya Kigali yafatanyije n’Akarere ka Bugesera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, batera ibiti bivangwa n’imyaka muri ako karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru bibarirwa mu bihumbi mirongo itandatu na kimwe na magana atanu (61,500), bikaba byatewe ku buso bwa (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga ibera muri Qatar ko iterambere ry’imijyi rikwiye kuba iriteza imbere abaturage mbere ya byose kuruta kuba imijyi yuzuyemo ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asanga Abanyafurika ari bo bakwiye gufata iya mbere mu guharanira iterambere rya Afurika kuruta gutegereza ko bizakorwa n’abandi.
Imwe mu miryango itegamiye kuri Leta iravugwaho guhangana n’inzego z’ubuyobozi mu gihe ikora ubuvugizi ku bibazo by’abaturage, bigatuma n’ibibazo byakorewe ubuvugizi bidakemuka vuba kubera iryo hangana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019, yitabiriye igikorwa gihuza Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kizwi ku izina rya Rwanda Day cyabereye i Bonn mu Budage.
Ku mugoroba wo ku wa kane tariki 26 Nzeri 2019, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’impunzi zikuwe muri Libya.
Madame Jeannette Kagame yasabye Afurika n’Isi muri rusange guteza imbere abagore n’abakobwa mu buyobozi no mu nzego zifata ibyemezo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu nama y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 74 irimo kubera i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko mu byo u Rwanda rwitayeho mu iterambere harimo guteza imbere ubuvuzi n’imibereho myiza y’abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyumweru tariki 22 Nzeri 2019 ubwo yari i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’abagize inteko y’abajyanama be n’aba Guverinoma y’u Rwanda muri rusange barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, abashimira uruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’u Rwanda.
Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa ryo guhanga udushya, twafasha inganda gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Mu gihe hari abatekereza ko bene iyi mikino yo kurwana abayijyamo baba bagamije kujya bakubita abantu, abayikina bo si ko babivuga ahubwo bemeza ko mu byo bigishwa ari no kugira imyitwarire myiza (Discipline) birinda ubushotoranyi, ahubwo bakaba bakwirwanaho mu gihe basagariwe cyangwa bagatabara, bakanakiza umuntu mu gihe (…)
Guverinoma y’u Buyapani, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubuyapani, yageneye ishimwe Abanyarwanda bize mu Buyapani bibumbiye mu ishyirahamwe JAAR (JICA Alumni Association of Rwanda) kubera uburyo bakoresha ubumenyi bakuye mu Buyapani mu bikorwa by’iterambere.
Mark Sullivan na Kristin Jensen Sullivan bo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya California biyemeje kwitangira ibidukikije, by’umwihariko mu Rwanda bahatangiza umuryango REAO (Rwanda Environment Awareness Organization) wita ku bidukikije.
Ikigereranyo cy’inkunga ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagabo n’ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagore bo ku mugabane wa Afurika kigaragaza ikinyuranyo kinini cyane kingana na miliyari 42 d’Amadorali ya Amerika, hagati y’izo nkunga, abagabo bakaba ari bo bahabwa menshi.