Ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza isezerewe mu mikino ya UEFA Champions League ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2020 yatashye umushinga wo kuhira imyaka (Nasho Irrigation Project) uherereye mu Karere ka Kirehe. Uyu mushinga ukaba waratewe inkunga na Howard G. Buffett.
Umunyamakuru Prince Charles Kwizera wakoreraga Kigali Today Ltd witabye Imana tariki 29 Gashyantare 2020 yashyinguwe i Rusororo ku wa kane tariki 05 Werurwe 2020.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje imibare y’abantu babuze ubuzima, inzu zasenyutse, imyaka yangiritse, ibikorwa remezo n’ibindi byose byangijwe n’imvura yaguye ku wa mbere tariki ya 02 Werurwe 2020.
Umuyobozi mukuru w’urusengero rwabaye intandaro y’ikwirakwira rya Coronavirus muri Koreya y’Epfo yasabye imbabazi igihugu kubera uruhare yagize mu ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Inkuru y’urupfu rwa Prince Charles Kwizera yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gashyantare 2020.
Abakozi ba Sosiyete ya MTN Rwanda icuruza ibyerekeranye n’itumanaho, ku wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2020 basuye Tuyisenge Jeannette, bishimira kumubona amaze koroherwa, ndetse yiteguye gusubira mu kazi.
Ubwo yari mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababwiye ko bagomba kwita ku buremere bw’amagambo ari mu ndahiro, aho biyemeje kutazakoresha ububasha bahawe mu nyungu zabo bwite.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, i Gatuna/Katuna ku mupaka w’u Rwanda na Uganda habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’abahuza muri ibyo biganiro.
Abana b’Abanyarwanda babiri muri batatu bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga yo gusoma Korowani mu mutwe yaberaga mu gihugu cya Kenya, begukanye imyanya ya mbere, bitungura abanyamahanga kuko batari bamenyereye u Rwanda nk’igihugu cyateye imbere mu myemerereya Kislamu.
Mu mikino ibanza ya 1/8 ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, amakipe ya Liverpool na Paris Saint-Germain ntiyahiriwe kuko yatsinzwe iyo mikino.
Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko kuri uyu wa kabiri tariki 08 Gashyantare 2020 Uganda yarekuye Abanyarwanda 13 barimo abagabo icumi n’abagore batatu.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’Abayobozi urimo kuba ku nshuro ya 17, yagarutse ku bibazo u Rwanda rwatewe n’Abanya-Uganda, bakaba ari n’abaturanyi bo mu majyaruguru y’u Rwanda.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, bitangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye ukwegura kwa Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2020 rwatangaje ko Inzego z’Umutekano zashyikirije urwo rwego RIB umuhanzi Kizito Mihigo.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa 12 Gashyantare 2020, yamenyesheje Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi bari Abanyamabanga ba Leta, ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeye ukwegura kwabo.
Iduka ry’uwitwa Habimana Leonidas uzwi ku izina rya Doris riherereye mu Murenge wa Kibungo, mu Kagari ka Karenge mu Karere ka Ngoma ryibasiwe n’inkongi y’umuriro rirakongoka.
Itangazo Kigali Today ikesha ibiro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko kuri uyu wa 07 Gashyantare 2020, hashyizwe mu myanya abayobozi, mu Mujyi wa Kigali, ku buryo bukurikira:
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko ku mugoroba wo ku wa kane tariki 06 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 06 Gashyantare 2020 yakiriye umusore uherutse kugaragara akora igikorwa cy’ubwitange arohora umwana muri ruhurura.
Ikigo gicuruza serivisi z’itumanaho cya MTN Rwandacell Ltd cyatangaje ko guhera tariki 15 Gashyantare 2020 kizatongera kugurisha amakarita yabaga ariho amainite, aho uwayiguraga byamusabaga kuyiharura cyangwa kuyishishura kugira ngo abone uko ashyiramo amainite yifashishije imibare iba iri kuri iyo karita.
Imibare y’agateganyo itangazwa na Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iragaragaza ko abantu 13 ari bo bishwe n’ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’igihugu tariki 02 - 03 Gashyantare 2020.
Inzu yari irimo abantu barindwi bo mu muryango umwe yagwiriwe n’inkangu, inzu yitura kuri abo bantu bose bahasiga ubuzima.
Muri Tanzania abantu 20 bapfuye ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 01 Gashyantare 2020 ubwo bari bateraniye hamwe n’abandi basenga.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Gashyantare 2020, Abanyarwanda hirya no hino bazindukiye mu gikorwa cyo kwibuka Intwari zitangiye igihugu, igikorwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze ashyira indabo ku Gicumbi cy’Intwari.
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda birasubira muri Angora kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’umubano umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Ange Kagame yiyemeje gutanga udupaki 80 tw’impapuro z’isuku (sanitary pads) zizafasha abana b’abakobwa bagorwaga no kuzibona mu gihe bari mu mihango, rimwe na rimwe abo bakobwa bikabatera ipfunwe, bikaba byabangamira imyigire yabo, cyangwa se ntibisanzure mu bandi.
Nikuze Aisha na Hakizimana Gasigwa Ramadhan bagiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga yo gusoma Korowani azabera muri Gabon mu minsi iri imbere.
Umugabo witwa Mohammed Mutumba utuye mu gace kitwa Kyampisi mu Karere ka Kayunga muri Uganda, aherutse gusezerana mu idini ya Islamu n’uwitwa Swabullah Nabukeera wari usanzwe ari umugabo ariko ariyoberanya yihindura umugore ku isura.
Ikigo cyitwa RITCO Ltd (Rwanda Inter-Link Transport Company) gikora ibijyanye no gutwara abagenzi hirya no hino mu gihugu, kiratangaza ko kigiye kwibanda ku kwerekeza mu mihanda yo mu cyaro ihuza icyaro n’imijyi mito ndetse n’Umujyi wa Kigali.