Iyi mirenge izabona amashanyarazi bitarenze ukwezi kwa gatandatu 2020
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 19 Ukuboza 2019, abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bagaragaje ko bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo Ambasaderi Claver Gatete yavuze ko amashanyarazi ataragera hose mu gihugu kuko ahari angana na 52%.
Minisitiri Gatete atanga icyizere ko muri 2024 amashanyarazi mu Rwanda azaba ageze ku ijana ku ijana.
Ambasaderi Gatete avuga ko mu gihugu hari imirenge icumi basanze idafite umuriro na muke w’amashanyarazi, iyo mirenge bakaba ari yo bateganya kugezamo amashanyarazi mu buryo bwihutirwa.
Iyo mirenge ni Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Rwaniro muri Huye, muri Nyamagabe hari imirenge ya Mugano, Musange na Nkomane, Umurenge wa Kibangu muri Muhanga, Umurenge wa Mutuntu muri Karongi, Umurenge wa Nyabirasi muri Rutsiro, n’Umurenge wa Gasange muri Gatsibo n’Umurenge wa Ndego muri Kayonza.
Mbere y’ukwezi kwa gatandatu mu mwaka wa 2020 ugiye gutangira, aha hose ngo hazaba hafite amashanyarazi, nk’uko Minisitiri Gatete yabisobanuye. Umurenge wa Ndego ni wo uzaba utarageramo amashanyarazi kubera ko hakirimo gukorwa akandi kazi kugira ngo na bo umuriro uzabagereho vuba.
Hari indi mirenge igeramo umuriro w’amashanyarazi ariko ku kigero gito. Ambasaderi Gatete yavuze ko barimo kwihatira kongera amashanyarazi aho akiri make. Hari n’aho usanga imiyoboro y’amashanyarazi ica hejuru y’ingo ikajyana amashanyarazi ahandi ariko izo ngo ntayo zifite.
Minisitiri Gatete yavuze ko ubu gahunda iriho ari uko hashyirwaho uburyo bwo guha umuriro abaturiye ingomero z’amashanyarazi, kimwe n’abatuye aho uwo muriro w’amashanyarazi unyura.
Inkuru zijyanye na: umushyikirano2019
- Imiryango irafashwa kubaka igihugu hibandwa ku yahungabanye n’ibanye nabi
- Amafoto: Made in Rwanda yabaye umwihariko w’Umushyikirano wa 17
- Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019
- Imyanzuro y’Inama y’Umushyikirano 2018 yagezweho kuri 81%
- Umwana wa Gen. Ntawunguka uyobora FDLR yamushishikarije gutaha
- Ubukungu buramutse buzamukaho 10% ubushomeri bwaba amateka
- Amafoto: Urugwiro n’akanyamuneza ku bitabiriye Umushyikirano
- Perezida Kagame yategetse MINAGRI kwishyura Mukeshimana na bagenzi be
- Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda
- Ntabwo igishanga giturwamo!- Kagame
- Perezida Kagame arifuza kuzasimburwa n’umugore
Ohereza igitekerezo
|
Nibyizape ariko natweturawukeneye mukarere ka kayonza umurenge wa mwili akagari ka nygmugari umudugudu wa rwazana
Abagira uruhare muri iki gikorwa bazibuke n’akarere ka Nyaruguru kuko hari imirenge ihana imbibi ariko igiye imyaka nimyaka hataba umuriro,iyo telephone ishizemo umuriro wagiyeyo bisaba urugendo rwo kujya gushaka umuriro nko muri 10Km. iyo ni Ngera ari nawo ufite igice kinini na Rusenge.
Nukuri nibyiza pe kuba iyi mirenjye ijyiye guhabwa umuriro,turashimira Umukuru Wugihugu Poul Kagame udahwema kutugezaho ibyiza,Imana imuhe umugisha.
Nukuri nibyiza pe kuba iyi mirenjye ijyiye guhabwa umuriro,turashimira Umukuru Wugihugu Poul Kagame udahwema kutugezaho ibyiza,Imana imuhe umugisha.
Nukuri turashima Umukuru Wigihugu,Nyakubahwa Poule Kagame udahwema kutugeza ibyiza byo dukenera Imana Imuhe Umugisha murakoze.
Nukuri nibyiza pe kuba iyi mirenjye ijyiye guhabwa umuriro,turashimira Ukuru Wugihugu Poul Kagame udahwema kutugezaho ibyiza,Imana imuhe umugizha.