Ikipe ya Tottenham yo mu Bwongereza ibonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma yo gusezerera ikipe ya Ajax Amsterdam yo mu Buholandi.
Ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza ikoze ibyo bamwe bafashe nk’ibitangaza, isezerera FC Barcelone yo muri Espagne mu mikino yo guhatanira igikombe cya UEFA Champions League gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2019 yakiriye itsinda rya bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga w’Abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents’ Organization, YPO) baturutse muri Australia.
Inkongi y’umuriro yafashe igice cyo hanze y’isoko ryo mu Gahoromani, ahantu haba ibyuma bisya imyumbati, hatikirira ibitari bike.
Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe byatangiye ubukangurambaga bugamije gusuzuma no kuvura abafite ubumuga bw’uruhu bo hirya no hino mu gihugu.
Perezida Kagame yamaze impungenge abagaragaza ko bazifitiye Afurika, batekereza ko umugabane wa Afurika uzagwa mu mutego w’inguzanyo z’umurengera uhabwa n’u Bushinwa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Guteza imbere Ubumenyi ngiro n’imyigishirize y’imyuga mu Rwanda (WDA) bugaragaza ko hari ikibazo cy’ubushomeri gikomeye ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro.
Perezida Kagame arasaba kunoza amategeko ahana abakora ibyaha bifashishije ikoranabuhanga. Yabivugiye i San Francisco muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yayoboye inama y’umurongo mugari wa Interineti.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yanenze amagambo aherutse gutangazwa n’umuhanzikazi Aline Gahongayire wamamaye mu Rwanda no mu mahanga mu ndirimbo zihimbaza Imana.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwahaye uburenganzira ikigo cyitwa ‘Imizi Ecotourism Development Ltd’ bwo gucunga no guteza imbere pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura mu gihe cy’imyaka 25.
Abakenera kwishyura serivisi zitandukanye ziganjemo iz’ubucuruzi bashima intambwe imaze guterwa mu kurengera uburenganzira bw’abahabwa serivisi kuko ubu bemererwa kwishyura mu mafaranga y’u Rwanda, cyangwa mu manyamahanga ariko biturutse ku bwumvikane.
Muhire Jean Marie Vianney ushinzwe uburezi mu rugaga nyarwanda rushinzwe guteza imbere no kugenzura ababaruramari b’umwuga (ICPAR) ahamagarira urubyiruko kuyoboka amasomo abahesha impamyabushobozi zituma baba abanyamwuga mu ibaruramari (Professional Courses).
Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, yageze mu Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki 21 Mata 2019.
Umurwa mukuru wa Sri Lanka ari wo Colombo wibasiwe n’ibitero by’ubwiyahuzi kuri iki cyumweru tariki 21 Mata 2019, ku ikubitiro abantu 160 bahasiga ubuzima, abandi babarirwa muri 400 barakomereka.
Sosiyete itwara abagenzi yitwa Kivu Belt yatangije ingendo z’imodoka hagati y’Akarere ka Rutsiro n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo korohereza abakenera kugana muri ibyo byerekezo byombi.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Salim Hitimana yahaye Bagabo Rachid icyemezo cy’ishimwe ry’uko yagerageje kurwana ku Batutsi bari bahungiye ku musigiti yayoboraga, naho uwitwa Hadji Nshuti Khalid we yemerera Bagabo itike yo kujya gukora umutambagiro mutagatifu i Maka muri Arabia Saudite.
Mukotanyi Innocent ni umwe mu rubyiruko rufite imyaka 25 ari na yo myaka ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda. Harimo abari bamaze igihe gito bavutse, abandi bakaba bari bataravuka ariko ababyeyi babo babatwite.
Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo igamije gusaba imbabazi kubera ibyo iherutse gusaba byo korohereza abashaje cyane n’abarwaye bafungiye icyaha cya Jenoside.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène ntiyemeranya n’abasaba ko abageze mu zabukuru bahamijwe ibyaha bya Jenoside boroherezwa ibihano.
Polisi yo mu Bwongereza iratangaza ko yataye muri yombi, Julian Paul Assange, umunya Australia wamamaye kubera urubuga rwa Internet rwitwa ‘WikiLeaks’ yashinze rugashyira hanze amabanga y’abantu bakomeye cyane cyane abategetsi n’ay’ibihugu birimo n’iby’ibihangange byo hirya no hino ku isi.
Abayobozi bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batangiye kuzishyira mu bikorwa guhera kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, nyuma yo guhererekanya ububasha n’abo basimbuye.
Minisiteri zitandukanye zo mu Rwanda zirimo ishinzwe imibereho myiza y’abaturage (MINALOC), ishinzwe uburezi (MINEDUC), ishinzwe iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) n’ishinzwe ubuzima (MINISANTE), ziyemeje gushyiraho ingamba zihamye zigamije guhangana n’ikibazo cya ‘Autisme’.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko uwashoza intambara ku Rwanda yabihomberamo, atangaza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwo ari we wese warushozaho intambara.
Amwe mu madini n’amatorero ya gikirisitu akorera mu Rwanda yafashe icyemezo cyo guhindura gahunda asanganywe y’amateraniro aba buri ku cyumweru, bitewe n’uko kuri iyi nshuro, ku cyumweru tariki 07 Mata 2019 ari umunsi wahuriranye no gutangira icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Bamwe mu banyeshuri biga muri kaminuza no mu mashuri yisumbuye, bavuga ko ubu basobanukiwe n’akamaro k’imisoro, ndetse n’akamaro ko gukorana n’ibigo by’imari n’amabanki, kuko bibafasha kwizigamira no kubona inyungu.
Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isaba ko abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri Gatolika bicumbikira abana bakwigirizwayo itariki yo kugera ku bigo byabo.
Ikibazo cy’umubare munini w’abangavu baterwa inda ntigisiba kumvikana mu bibazo bihangayikishije igihugu, dore ko uwo mubare ukomeza kwiyongera aho kugabanuka.
Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (The International Residual Mechanism for Criminal Tribunals, UNIRMCT) aragirira uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Abagize umuryango w’abakobwa bakomoka mu Karere ka Kirehe bitwa ‘Super Girls’ bavuga ko biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bahereye mu karere bakomokamo.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyinjije mu ngabo abasirikare bashya nyuma y’umwaka bari bamaze bahabwa amasomo y’ibanze ya gisirikare.