Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wari watumiwe mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ntakije mu Rwanda, ahubwo azahagararirwa n’umudepite.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije rwitwa RAPEP(Rwanda Association of Professional environmental Practitioners) rwatangijwe ku mugaragaro ku wa mbere tariki 18 Werurwe 2019. Urwo rugaga rwatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta.
Dr. Hideaki Shinoda, Umwalimu muri Kaminuza ya Tokyo mu Buyapani (Tokyo University of Foreign Studies) kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019 yatanze ikiganiro muri Kaminuza y’u Rwanda.
Ibihugu bisaga 50 bimaze gufata icyemezo cyo gukumira ingendo z’indege za Boeing 737 Max haba mu kirere ndetse no kugwa ku butaka bw’ibyo bihugu mu rwego rwo kwirinda ibibazo by’umutekano muke bishobora guterwa n’izo ndege.
Uwitwa Niyomugabo Eric w’imyaka 30 y’amavuko yarashwe n’inzego z’umutekano zari ku irondo bimuviramo urupfu.
Uwitwa Bigoreyiki Jean Marie Vianney wari umaze amezi abarirwa muri atanu ashakishwa yatawe muri yombi.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko ishinga amategeko (FFRP) riragaragaza ko mu myaka 25 ishize, abagore bagize uruhare runini mu iterambere igihugu kigezeho.
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Arsenal, Mesut Ozil, yoherereje umwana muto umufana wo muri Kenya umwambaro wanditseho amazina ya Ozil na nimero 10 imuranga mu kibuga.
Hari abaturage bakunze kumvikana bakoresha imvugo igira iti ‘Duheruka tubatora’ bashaka kumvikanisha ko hari abo batora mu nzego zitandukanye ngo bababere intumwa nyamara ntibongere kubabona uko babakeneye ngo babatume, cyangwa se bagerayo ntibibuke gukora uko bikwiye inshingano zabajyanyeyo cyane cyane z’ubuvugizi.
Muri gahunda y’ibikorwa byo kwibuka yashyizwe ahagaragara, biteganyijwe ko kimwe mu bikorwa bidasanzwe biteganyijwe ari ugutangiza ubusitani bwo kwibuka, i Nyanza ya Kicukiro bikazaba tariki 08 Mata 2019.
Intumwa nkuru ya Qatar iri mu Rwanda mu rwego rwo kurebera ku Rwanda uko rwateje imbere ubumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yagaragaje ko ubukungu bw’igihugu mu mwaka wa 2018 bwabaye bwiza nk’uko imibare BNR ikesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ibigaragaza.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi 13 bakomerekera mu mpanuka yaturutse ku modoka ebyiri zagonganye.
Abantu babiri bo mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Kitabi mu Kagari ka Mukungu mu Mudugudu wa Uwurunazi bitabye Imana bivugwa ko bishwe n’inkuba.
Byari biteganyijwe ko Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko n’umusore witwa Kwizera Evariste w’imyaka 21 y’amavuko basezerana saa tatu za mugitondo ku biro by’Umurenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana.
Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata hari inzu y’amasaziro y’intwaza yafunguwe ku mugaragaro na Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame ku ya 03 Nyakanga 2018.
Nyuma y’uko muri iyi minsi hagaragara ubujura bwifashisha uburiganya n’ubutekamutwe, Kigali Today yifashishije amakuru yakuye mu bantu batandukanye ibakusanyiriza bumwe mu buryo bukoreshwa n’abatekamutwe kugira ngo abantu babisobanukirwe bajye birinda, banashishoze mbere yo gufata icyemezo.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, kuri uyu wa kane tariki 10 Mutarama 2019 yatangije igikorwa cyo gufata moto zikora mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa zikora zitujuje ibisabwa.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza. Ayo masezerano azatuma Arsenal yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Uwitwa Murego Paulin yatawe muri yombi akurikiranyweho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, ntibwubahirize n’umutekano w’abakora mu birombe.
Polisi y’Igihugu yerekanye abantu bakurikiranyweho ubusinzi ndetse no kugonga byaturutse ku businzi muri Kigali ku munsi wa Noheri.
Abagize umuryango w’abakirisitu gatolika witiriwe Mutagatifu Egidio (Communauté Sant’Egidio) kuri Noheli basanzwe barangwa n’ibikorwa byo gusangira n’imiryango ifite ibibazo bitandukanye, itishoboye, irwaye, abasabiriza hamwe n’abana bo mu mihanda cyangwa ababa mu bigo byita kuri bene abo bantu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ifite gahunda yo kuvugurura ubworozi bw’ingurube bugakorwa kinyamwuga.
I Kigali harimo kubera inama y’iminsi ibiri ihuje inzego zinyuranye, irebera hamwe uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga risuzuma utunyangingo twa DNA no mu zindi nzego zirimo ubuhinzi n’ubworozi.
Raporo ya Banki y’Isi yasohotse mu mezi abiri ashize igaragaza uburyo ibihugu 190 byo ku isi birushanya koroshya ishoramari ishyira u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika no ku mwanya wa 29 ku isi yose.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri yavuze ku bikwiye kuranga umunyarwandakazi w’ingirakamaro mu muryango.
Imvura yaguye ejo ku wa gatatu tariki 17 Ukwakira 2018 mu karere ka Rutsiro hagati ya saa saba n’igice na saa kumi z’igicamunsi, yangije ibintu bitandukanye muri ako karere nk’uko ubuyobozi bw’Akarere bwabitangarije Kigali Today.
Abakora muri serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda banyomoza abirirwa bavuga ko bakize virusi itera SIDA burundu, ahubwo bakemeza ko iyo ndwara idakira.
Mu kigo cyagenewe ibikorwa by’imurika rishingiye ku muco kiri ahahoze hitwa Camp Kigali hatangirijwe ku mugaragaro gahunda yiswe ArtRwanda-Ubuhanzi igamije guteza imbere ubuhanzi mu rubyiruko.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa mbere tariki 06 Kanama 2018 rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bukoresheje ikoranabuhanga.