Uwahanutse mu mwobo wa metero 15 agakomereka bikomeye arasabirwa ubufasha

Sadiki Munganga Gloire w’imyaka 32 y’amavuko, yaguye mu mwobo wa metero 15 z’ubujyakuzimu mu Bugesera aho yabaga mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Karindwi 2025.

Bamukuyemo bamujyana mu bitaro by’i Nyamata na byo bimwohereza i Kanombe ku bitaro bya Gisirikare bya Kanombe akaba ari ho arimo kuvurirwa.

Basanze yakomeretse ku ijosi, avunika ukuguru, avunika n’urutirigongo.

Kwa muganga babwiye abo mu muryango we ko hakenewe amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri Miliyoni eshatu n’igice yo kwishyura imiti, ibitaro n’ubuvuzi akorerwa burimo no kumubaga. Abo mu muryango we bavuga ko nta bushobozi bafite, bakaba bahangayikishijwe n’uko uko atinda mu bitaro ari nako amafaranga agenda yiyongera. Ngo nta kazi gafatika yagiraga, akaba yakoraga ibiraka mu bwubatsi. Nta na mituweli yagiraga kuko ari umunyamahanga, ubundi bwishingizi bw’ubuzima bwigenga na bwo ngo ntabwo yagiraga kuko buhenze.

IRENGE NTABALA Samuel wo mu muryango wa Sadiki Munganga Gloire, asaba uwabishobora wese kubafasha kubona ubushobozi bwo kuvuza uwo murwayi, dore ko hari impungenge ko natinda kuvurwa umubiri we uzatakaza ubushobozi bwo kumva no gukora (paralyzed).

Uwakenera kubafasha yakoresha MoMoPay Code: *182*8*1*199913# ibaruye kuri Samuel, ufite Tel No: 0780725726

Ibitekerezo   ( 1 )

banyarwanda nukuri mugire urukundo giraneza wigendere mutabare ugiliyeneza umucyene abaagurije imana imana murayizi izakwiyeleka muyindishusho izamukiza mana

nitwa niyomugabo oliyiye inkotanyi yanditse ku itariki ya: 16-07-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka