Abayobozi barimo abashinzwe uburezi, imibereho myiza y’abaturage mu mirenge; abayobozi b’ibigo nderabuzima hamwe n’abahagarariye abacitse ku icumu ,ingabo na Polisi mu karere ka Kirehe bakoze inama kuri uyu wa 27/03/2013 biyemeza gutegura icyunamo uko bigomba.
Kuri uyu wa 18/03/2013 abakozi 32 bakora imirimo itandukanye mu karere ka Kirehe barahiriye gutunganya neza akazi kabo ka buri munsi bakaba basabwa kugatunganya uko bigomba bakirinda kuba abacanshuro.
Ubwo hasozwaga imurikabikorwa ry’iminsi ibiri mu karere ka Kirehe, tariki 13/03/2013, umujyanama mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) yasabye abaturage kwitabira kumurika ibyo bakora kuko ari kimwe mu bigaragaza ko bishimishije ibyo bakora.
Abanyeshuri 31 biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK), kuri uyu wa 13/03/2013, bafatanije n’abanyeshuri bari ku rugerero mu murenge wa Kirehe basaniye abaturage batishoboye amazu abiri batanga n’ihene 13 ku batishoboye.
Mu gusoza imikino yahariwe imiyoborere myiza mu karere ka Kirehe, umurenge wa Kirehe niwo wegukanye igikombe cy’umupira w’amaguru nyuma yo gutsinda umurenge wa Nyarubuye igitego kimwe ku busa mu marushanwa y’umupira w’amaguru mu mukino wabaye kuri icyi cyumweru tariki ya 03/03/2013. Umurenge watsinze wahawe igikombe (…)
Mu karere ka Kirehe basoje amarushanwa yitiriwe imiyoborere myiza kuri icyi cyumweru tariki ya 02/03/2013, aho batanze amanota hakamenyekana ababaye aba mbere mu marushanwa bagahabwa ibihembo kiandi bakaba bazitabira amarushanwa ku rwego rw’Intara.
Nkiriyehe Eric ukora akazi ko gutwara imodoka, Ntabanganyimana Juma umukarasi ukorera muri gare ya Kayonza na Hakizimana Samuel ugenda ku makamyo bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe bazira kwiba inzoga zo mu bwoko bwa likeri mu kabari.
Kuri uyu wa 25/02/2013, abayobozi baturutse mu ntara ya Kagera muri Tanzaniya bakoreye urugendo mu karere ka Kirehe bareba aho ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubaka ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya bigeze.
Nsengiyumva Jean Paul na Mujyambere Benjamin bakunze kwita Karera bose batuye mu murenge wa Mushikiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gufatanwa gerenade ebyiri mu rugo imwe yo mu bwoko bwa Totasi indi yo mu bwoko bwa steak.
Abakozi batanu bakoreraga mu karere ka Kirehe bafunzwe bakekwaho gutunga impamyabumenyi z’impimbano bakaba bari bamaze mu kazi igihe kirekire bazikoresha.
Ibigo by’imari mu karere ka Kirehe byahagurukiye abatishyura inguzanyo ibi bigo biba byabahaye bagiye kujya bakurikiranwa, nk’uko byemejwe mu nama yahuje ibigo by’imari bikorera muri aka karere, abayobozi b’imirenge, abahagarariye amakoperative, abayobozi ba Sacco n’abakozi ba Banki nkuru y’u Rwanda mu karere ka Kirehe.
Minisiteri ishinzwe gukumira ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yatanze ibikoresho bitandukanye ku baturage batuye mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe basenyewe n’imvura yaguye tariki 11/02/2013 ikangiza ibintu bitandukanye birimo amazu 179.
Imvura yaguye tariki 11/02/2013 ahagana saa munani mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yakomerekeje umuntu umwe ajyanwa mu bitaro, isakambura amazu 179 naho hegitari zigera kuri 27 z’imyaka zirangirika.
Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Umusore w’imyaka 17 wo mu kagari ka Cyunuzi ho mu murenge wa Gatore yahisemo kujya yivugira ko ari umukobwa, ndetse akaniyambarira imyenda y’abakobwa kuko ngo we yumva muri we ari umukobwa.
Imiryango 48 yabanaga bitemewe n’amategeko hamwe n’abiteguraga kurushinga basezeranye imbere y’amategeko tariki 06/02/2013 mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama ho mu karere ka Kirehe.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, mu karere ka Kirehe bizihije umunsi w’intwari, wizihirijwe mu mu murenge wa Gahara uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi, aho n’Abarundi bari bitabiriye uyu munsi mukuru.
Abasirikare bakuru bari mu ishuri ry’i Nyakinama basuye akarere ka Kirehe mu rwego rwo kureba aho i bikorwa bitandukanye birimo n’ikoranabuhanga bigeze muri. Mu rzinduko bagize kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, banagirana ibiganiro na njyanama y’aka karere.
Tariki 29/01/2013 itsinda rishinzwe gusuzuma no gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside riyobowe n’umuvunyi mukuru wungirije ryakemuye ibibazo bitandukanye mu karere ka Kirehe.
Abacuruzi bane bo mu isantere ya Nyakarambi mu karere ka Kirehe ngo barenda gufunga imiryango nyuma y’uko bambuwe amafaranga arenga miliyoni 12 na Karerangabo Mathias bahaye ideni ry’ibikoresho by’ubwubatsi ubwo yubakaga ibiraro by’imihanda itandukanya mu karere ka Kirehe.
Kantarama Frida w’imyaka 30 utuye mu murenge wa Mahama ho mu karere ka Kirehe ngo nubwo akaba abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ntibimubuza gukora imirimo neza kuko yipimishije akamenya uko agomba kwitwara.
Ntawimenya Théobard w’imyaka 48 utuye mu mudugudu wa Rwabigaro, akagari ka Muganza, umu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ari mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kuraswa amasasu abiri n’abantu bitwaje imbunda bashaka kumwiba.
Umurambo w’umugore utaramenyekana inkomoko ye watoraguwe mu kizenga cy’amazi kiri mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Nyarutunga ho mu murenge wa Nyarubuye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 17/01/2013.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe baributswa ko bagomba kwita ku kwibungabungira umutekano mu rwego rwo kurwanya abaturage bajya bambuka bavuye mu gihugu cya Tanzaniya bakazana urumogi.
Mu kagari ka Cyanya ho mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe abaturage barinubira kuba nta network ya MTN bagira aho bavuga ko iyo bagiye guhamagara rimwe na rimwe babona hajemo umunara wa VODACOM ikoreshwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Umwana witwa Gakuru wo mu kagari ka Kigina, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yarwaye amavunja ku birenge no ku ntoki kandi ngo nubwo babyuka bamuhandura buri munsi byanze gukira.
Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) yifatanije n’abana b’imfubyi zirera za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye mu mudugudu wa Rurenge, akagari ka Nyabigega mu murenge wa Kirehe kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani.
Abaturage batuye akarere ka Kirehe barema isoko rya Nyakarambi bavuga ko iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani itameze nka mbere kuko ubu amafaranga ari make bitandukanye n’iminsi mikuru yashize.
Umugore witwa Umutesi Nadine w’imyaka 22 yaciwe ugutwi na bagenzi be azira kubatwara umugabo wabo tariki 21/12/212 mu mudugudu wa Muganza, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Hakizamungu Jean w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Kirehe yiyemerera ko yakubise se umubyara ikibando mu mutwe tariki 15/12/2012 ahagana saa sita n’igice z’amanywa akajyanwa mu bitaro bya Kirehe nyuma akaza kwitaba Imana tariki 17/12/2012.