Nyuma y’uko huzuye ikiraro gishya ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, ubu hagiye gukurikiraho umushinga wo kuhubaka isumo rizatanga amashanyarazi angana na megawatts 83 azasaranganwa u Rwanda, Tanzaniya n’u Burundi.
Abayobozi banyereje amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe bahawe amasaha 24 ngo babe bayagejeje kuri konti ashyirwaho.
Innocent Sebayoboke, umugore n’abana be batandatu batuye mu Kagari ka Nyabikokora umurenge wa Kirehe bamaze icyumweru bacumbitse mu baturanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 25 Ukwakira 2014.
Bitewe no kubura ikiraro kibahuza n’akarere ka Ngoma, abaturage bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe biyemeje kubaka ikiraro kizatwara miliyoni 30 kugira ngo babashe kujya bagurisha umusaruro w’ibitoki biboroheye.
Ubwo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 6 tugize umurenge wa Gatore basinyaga imihigo y’utugari kuwa gatatu tariki 29/10/2014, Jean Claude Byukusenge ushinzwe igenamigambi mu karere ka Kirehe, yabasabye kwegera abaturage bagafatanya kwesa imihigo kuko yasinywe mu izina ryabo.
Ishuri “Akagera International school” riri mu karere ka Kirehe ryakira abana baturutse mu bihugu binyuranye rikaba rifite gahunda yo kurenga imbibi z’u Rwanda rikaba ishuri mpuzamahanga nkuko izina ry’ikigo ribivuga.
Depite Berthe Mujawamariya wifatanyije n’abatuye akarere ka Kirehe mu kwizihiza umunsi w’umugore wo mu cyaro yavuze ko umugore wo mu cyaro atunze benshi kandi ngo ni nawe utunze umubare mu nini w’abaturage bo mu mujyi.
Umugabo witwa Gahonzire Filmin utuye mu kagari ka Bukora, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti avunika igufa ry’itako ubwo igiti cyagwaga akagerageza gukiza abana bariho bakinira munsi yacyo harokoka batanu umwe arapfa.
Umuyobozi wa IFAD ku isi, Kamayo Mwanzi, aherekejwe na Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Gerardine Mukeshimana bishimiye uburyo ibikorwa uwo mushinga ufashamo u Rwanda mu karere ka Kirehe bikorwa neza ariko hanengwa ubwoko bw’imbuto y’umuceri ihingwa.
Nyuma yo kurohama mu rugomero rwa Nyamugali yoga, umurambo w’umugabo w’imyaka 33 witwa Aimé Faustin Ndayambaje wo mu kagari ka Nyamugali, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe, wabonetse mu gitondo cyo kuwa kane tariki 23/10/2014.
Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, kuwa 17/10/2014 yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe.
Abasore babiri bafungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe bariyemerera ko bishe ise witwa Ezechiel Ntakumuhana mu ijoro rishyira kuwa kane tariki 16/10/2014, bamushinja kubateza amadayimoni.
Mu ijoro rishyira kuwa 13/10/2014 umugabo witwa Bertin Sinayobye w’imyaka 35 wo mu kagari ka Bwiyorere, umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yiyahuye yimanitse mu giti, nyuma yo gukubita umugore we ifuni mu mutwe amushinja ko amuca inyuma.
Protais Murayire wari umuyobozi w’akarere ka Kirehe mu Ntara y’uburasirazuba amaze kwegura ku mirimo ye kuri uyu mugoroba wo kuwa 13/10/2024. Yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere no ku mwamya w’ubujyanama muri njyanama y’akarere.
Uzziel Rwemera utuye mu kagari ka Muhamba, umurenge wa Musaza wo mu karere ka Kirehe yafatanwe ibiro 28 by’urumogi na litiro eshatu za kanyanga kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 ubwo Polisi yamugwaga gitumo iwe mu rugo atararugurisha.
Kuri uyu wa kane tariki 09/10/2014, Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yemeye icyaha cyo kwica umugore we asabirwa igifungo cya burundu.
Kuva tariki ya 7-9 Ukwakira 2014 ni icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana. Abaturage mu karere ka Kirehe bakaba basabwa kwitabira iyo gahunda mu bigo nderabuzima binegereye igihe kitararenga.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Kirehe baratangaza ko kuba umushahara wabo ubageraho utinze ari imbogamizi ku buzima bwabo bwa buri munsi. Ibi ni bimwe mu byatangajwe mu birori byo kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe mwarimu kuri iki cyumweru tariki 5/10/2014.
Inteko rusange y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 05/10/2014 mu karere ka Kirehe aho urubyiruko rwishimiye inyigisho rwahawe zijyanye no kwihangira imirimo ku buryo bafashe ingamba zo kurwanya ubushomeri.
Jeanette Uwineza w’imyaka 29 ari mu maboko ya Police akekwaho ubufatanyacyaha n’umusore witwa Augustin Garuka w’imyaka 30 ushinjwa gutema bikabije umugabo witwa Jean D’Amour Rucamumihayo usanzwe ari umugabo w’uwo Jeanette bapfa imyifatire mibi yo gucana inyuma.
Umusore witwa Gratien Habimana yatawe muri yombi ubwo yari yihambiriyeho udupfunyika 700 tw’urumogi adukuye mu karere ka Kirehe atugemuye i Kigali aho asanzwe akorera ubwo bucuruzi.
Umugabo witwa Faustin Ryumugabe wakekwagaho gusambanya umwana we w’imyaka 17, urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100.
Daniel Ntibarihuga utuye mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ko ari we wishe umugore we Viyoleta Mukantwari amukubise agasuka mu mutwe.
Urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2014 rwaburanishirijwe mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama aho atuye asabirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Imvura nyinshi yaranzwe n’inkubi y’umuyaga yasenya inzu 10 n’ibikoni byazo mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 11/9/2014, mu mudugudu wa Gitega abagari ka Nyakabungo umurenge wa Mpanga k’ubw’amahirwe nta muntu yahitanye cyangwa ngo akomereke.
Abagize umutwe wa DASSO (District Seculity Support Organ) barahiriye kuzuza inshingano bahawe mu karere ka Kirehe banizeza Abanyarwanda gukorera igihugu batizigama kandi bagarura isura yangijwe n’abo basimbuye bazwi ku izina rya Local Defense Forces.
Umubyeyi witwa Everiyana Nyiransengiyumva utuye mu kagari ka Curazo, Umurenge wa Gatore akarere ka Kirehe yabyaye abana batatu umukobwa n’abahungu babiri mu gitondo cya tariki 09 Nzeri 2014 mu bitaro bya Kirehe.
Mu gihe mu karere ka Kirehe amashyamba y’inturusu yugarijwe n’icyorezi cy’udusimba twitwa inda (Puceron) dufata ku mababi y’igiti bityo igiti cyose kigatangira kuma buhoro buhoro ndetse hakabaho n’ibyarangije kuma burundu, bamwe mu baturage bafite amashyamba batangiye guhangayika bibaza ku gihombo batejwe n’icyo cyorezo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rurishimira ikigo rumaze kubakirwa mu Murenge wa Kirehe. Iyi nyubako igizwe n’ibyumba bisaga 20 bizajya bikorerwamo imirimo inyuranye ijyanye no gufasha urubyiruko mu buzima bwarwo bwa buri munsi.
Mu rwego rwo kongera umusaruro uturuka mu buhinzi, urugomero rwa Sagatare ruherereye mu Murenge wa Kirehe mu karere ka Kirehe rumaze gufasha abahinzi mu iterambere rijyanye n’ubwiyongere bw’umusaruro cyane cyane ku gihingwa cy’umuceri.