Kuri uyu wa 08/08/2013, Abanyarwanda 158 babaga mu gihugu cya Tanzaniya bageze ku mupaka wa Rusumo bakaba bavuga ko baza kubera bamaze iminsi babirukanye muri iki gihugu bababwira ngo batahe iwabo mu Rwanda.
Kuri uyu wa 06/08/2013 Abanyarwanda 33 bageze mu Rwanda bavuye muri Tanzaniya baje basanga abandi 48 baje umunsi umwe mbere yaho. Bose bacumbikiwe mu karere ka Kihere mu murenge wa Nyamugari.
Umugabo witwa Habimana Israel utuye mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yakoze umuriro w’amashanyarazi yifashishije amazi none ubu acanira abaturage bagera kuri 200 batuye muri uwo murenge.
Mu masaha ya saa kumi n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa 18/07/2013 mu ikorosi ry’ahitwa Cyunuzi riherereye mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe habereye impanuka ikomeye abantu 6 bahasiga ubuzima naho abandi 15 barakomereka bikomeye.
Imyubakire y’ikiraro kiri kubakwa ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania yari igeze ku kigero cya 43.1% mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2013.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe Kankwanzi Anastasie, avuga ko bahagurukiye abagore b’abasinzi ku buryo bamwe bamaze gusubira ku murongo.
Kuri uyu wa 02/07/2013, mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku mikorere n’imikoranire hagati y’abarimu n’ubuyobozi bw’akarere aho bareberaga hamwe uburyo abarimu bafitiwe ibirarane babibona.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe iyobowe n’umuyobozi wayo yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, yemeza ingengo y’imari umwaka wa 2013-2014 imaze kuyikorera ubugororangingo itorwa 100%.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania nyuma yo kukanyagwa n’amatungo yabo, ubu batujwe mu murenge wa nyamugari mu karere ka kirehe batangiye korozwa inka binyuze muri gahunda ya Girinka, aho bagabiwe n’abaturage bari barorojwe mbere.
Abayobozi mu nzego zitandukanye n’abahinzi-borozi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu karere ka kirehe kuva ku rwego rw’umudugudu kuzamura bashimiwe ku mugaragaro mu nkera y’imihigo yabaye tariki 26/06/2013 bahabwa n’ibihembo by’ibikoresho bizabunganira mu kazi bakora.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kuri uyu wa 25/06/2013 mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku buryo bwo gukomeza gukumira forode zishobora kuzanywa mu gihugu zinyujijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi.
Aba basenateri basuye umupaka kuri uyu wa 24/06/2013, mu rwego rwo kureba uburyo hari kubakwa ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya hamwe na One Stop Border Post (OSBP) ku mpande zombi z’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO zigera ku 10 mu mirenge sacco 12 igize akarere ka Kirehe, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Kubera ko akarere ka Kirehe kari mu turere tunyuramo urumogi rwinshi ruvuye mu gihugu cy’ abaturanyi cya Tanzaniya, kuri uyu wa 13/06/2013 habeye igikorwa cyo kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yitabiriwe n’abayobozi batandukanye bakorera mu karere ka Kirehe bigishijwe ko service nziza atari ugushimira umukiriya gusa, kuko niyo yaba ibyo agusaba bidahari ashobora kugenda yishimye nta kibazo afite bitewe n’uburyo yakiriwe.
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe n’abandi bahanzi batandukanye ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora bakoreye igitaramo mu isoko rya Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gusobanurira abaturage amatora y’abadepite ateganijwe mu kwezi kwa cyenda.
urubyiruko ruri mu itorero ry’gihugu rurashishikarizwa kwandika amateka yarwo aho kugira ngo habe hari undi uzabibakorera, nk’uko byagarutsweho mu biganiro bagiranye n’abayobozi b’itorero ku rwego rw’igihugu babagendereye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Abayobozi icyenda bo mu gihugu cya Malawi, tariki 05/06/2013, batangiye urugendo-shuri mu karere ka Kirehe aho bazamara iminsi ibiri basura amakoperative y’abahinzi, banareba uburyo ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryubahirizwa muri ibyo bikorwa by’ubuhinzi.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.
Munyemana Jean Claude w’imyaka 23 yitabye Imana ahagana saa saba z’amanywa tariki 01/06/2013 azize intebe yakubiswe mu mutwe kuwa gatanu tariki 31/05/2013 ubwo yari mu mudugudu wa Muganza ho mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Ikigo cy’amashuri cya Lycee de Rusumo giherereye mu murenge wa Nyamugari, bibutse Abatutsi bazize Jenoside ku nshuro ya 19, aho umuyobozi w’iki kigo yasabye abanyeshuri bahiga gukoresha ubumenyi bahabwa mu kugira neza no kwirinda ingengabitekerezo iyo ariyo yose yahagara.
Ishuri ryisumbuye rya Rusumo, tariki 09/05/2013, ryashyikirijwe ibikoresho byo muri Labo n’imyenda ya Siporo bifite agaciro k’amafaranga 3,897,600 byaguzwe ku nkunga y’abanyeshuri biga mu kigo Ecole Integriate Gesamtschule Kert Schumacher cyo mu ntara ya Rhénanie Palatinat mu gihugu cy’Ubudage.
Abakirisitu 323 bo mu matorero atandukanye y’abaporotesitanti akorera mu karere ka Kirehe basoje amahugurwa bari bamazemo iminsi ibiri mu karere ka Kirehe aho bigaga ku buryo umuryango nyarwanda wakomeza kurushaho kwiteza imbere binyuze mu masengesho.
Enterprise ENAS Ltd y’umushoramari wikorera ku giti cye Nkubiri Alpfred yeguriwe 60% by’uruganda rw’umuceri rwa Kirehe naho 40% bigasigarana Leta aho bizakomeza gukoreshwa n’andi makoperative y’umuceri.
Abayobozi batandukanye barimo umuyobozi wa Polisi ku rwego rw’igihugu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, n’umuyobozi w’intara y’iburasirazuba tariki 11/04/2013 bakoze urugendo rwo kureba ikoreshwa ry’umuhanda Rwamagana-Kirehe kugira ngo bakomeze gukumira impanuka muri uyu muhanda.
bamwe mu bakorera mu karere ka Kirehe batarangwaga na serivisi nziza bagiye kwisubiraho babaifashje n’ibavuye mu nama njyanama y’akarere, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 05/04/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe, Murayire Protais, yagejeje ku bayobozi b’imirenge n’utugari ibyavuye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro tariki 28-30/03/2013 akaba yabasobanuriye bimwe mu byo bigiye muri uyu mwiherero mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Kiyanzi mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe hasorejwe ubukangurambaga bwo gukangurira abana biga mu bigo by’amashuri kwirinda no gusobanukirwa n’indwara y’igituntu.
Muri ijoro rishyira tariki 27/03/2013 hakozwe umukwabu mu mujyi wa Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo guca ubuzerezi bw’abantu batagira aho babarizwa hafatwa abantu batandukanye n’ibiro 30 by’urumogi.