Mu gihe hasigaye iminsi irindwi kugira ngo hizihizwe umunsi mukuru wa Noheli, bamwe mu baturage bo mu karere ka Kirehe bavuga ko amafaranga yabuze kuko ubundi wasangaga bishyushye one ubu akaba atari ko bimeze.
Abayobozi bo mu karere ka Kirehe mu ntara y’Iburasirazuba basabwe kwita ku mutekano muri uku kwezi kw’iminsi mikuru, nk’uko babisabwe mu nama y’umutekano yaguye, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 13/12/2013.
Umuryango Partners In Health, Inshuti Mu Buzima wageneye amagare abana 53 bafite ubumuga bwo kutabasha kugenda neza bagatanga n’ibikoresho ku bigo nderabuzima bikorera mu karere ka Kirehe bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 30 mu mihango yabaye kuwa 11/12/2013 mu karere ka Kirehe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yaritwaje uburwayi bw’uwo babanaga akamwiba amafaranga ataramenyekana umubare, bene umurwayi bavuga ko ari miliyoni imwe n’ibihumbi magana atandatu.
Abaturage bo mu karere ka Kirehe bamaze gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko bashima iyi gahunda bakanatanga ubuhamya bugaragaza ko bitandukanyije n’amacakubiri.
Ubwo hatangizwaga icyumweru c’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Kirehe, hagaragaye umukobwa wasabye imbabazi mu izina rya musaza we wakoze Jenoside ariko akaba atakiriho.
Ngabonziza Théogene wo mu kagari ka Kiyanzi, umurenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yatewe icyuma n’uwitwa Hakizimana Eric bazize amakimbirane mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/11/2013 ariko Imana ikinga ukuboko ntiyahasiga ubuzima.
Kuri uyu wa 18/11/2013, mu karere ka Kirehe bwa mbere hageze isiganwa ry’amagare “Tour du Rwanda” aho abaturage bari bitabiriye ari benshi kureba iri siganwa ry’amagare.
Abagabo barindwi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatwa batuburira abantu batandukanye amafaranga bifashishije Bibiliya bababeshya ko babacungira umutekano wayo.
Umuryango w’urubyiruko uharanira iterambere rirambye RYOSD (Rwanda Youth for Sustainable Development) n’ubuyobozi bw’intara y’iburasirazuba basuye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babaha ubufasha burimo imyenda n’amasabune.
Abayobozi b’umugi wa Kigali bari kumwe n’abahagarariye inzego z’urubyiruko, iz’abagore hamwe n’abikorera basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babashyikiriza imfashanyo y’ibikoresho, ibiribwa n’imyambaro bagenewe n’abatuye umujyi wa kigali.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Kirehe, Depite Mujawamariya Berthe yasabye ababyeyi bahurira muri gahunda yiswe « Umugoroba w’ababyeyi » kujya bafata umwanya wo guhanura abana babo mu rwego rwo kubatoza uburere bakiri bato.
Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi, Tanzaniya na Sudani y’Epfo basuye urugomero rwa Rusumo tariki 27/10/2013 bareberaga hamwe uburyo umushinga wo kuhabyaza amashanyarazi angana na megawate 80 uzakorwa neza umwaka utaha.
Nikombayeho Jean Bosco wakoraga akazi ko kuroba mu Kiyaga cya Nasho giherereye mu murenge wa Nasho ho mu karere ka Kirehe yitabye Imana kuri uyu wa 22/10/2013 azize gukomeretswa n’imvubu.
Mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe hatahuwe umurima w’urumogi ugera kuri hegitari 10, ukaba uhinze mu gishanga kiri hafi y’Akagera kuko aka kagari gahana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.
Kuri uyu wa 17/10/2013, itorero ry’Abangirikani ryashyikirije ibikoresho bitandukanye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi.
Umwana w’amezi icyenda yitabye Imana abandi umunani barakomereka bazize impanuka yatewe n’ikamyo yarenze umuhanda ikinjira mu nzu iri mu kagari ka Gatarama mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe.
Abayobozi batandukanye bagize intara y’iburasirazuba hamwe n’ingabo n’abapolisi basuye inkambi ya Kiyanzi, tariki 24/09/2013, banageza ku baturage imfashanyo zirimo imyenda n’ibindi bitanndukanye.
Mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe imvura nyinshi ivanzemo urubura hamwe n’umuyaga yaguye ku cyumweru tariki 22/09/2013 yangije insina z’abaturage inasambura Poste de Santé ya Nyamirayango iherereye mu murenge wa Gatore.
Abaturage bo mu karere Kirehe barishimira uburyo amatora y’Abadepite yo kuri uyu wa 16/9/2013 yakozwe kuko atabiciye akazi.
Abakozi batandukanye bakora mu nzego z’ubuhinzi n’iterambere baturutse mu karere ka Ruhango bagiriye urugendo mu karere ka Kirehe, aho bavuga ko bigiye byinshi ku buryo bwi guhinga neza no kubyaza umusaruro mwinshi ibishanga.
Amakuru atangwa n’abari kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya akomeje kwemeza ko bari kwirukanwa nabi mu buryo burimo ihohotera n’urugomo ku buryo bamwe bamburwa ibyabo byose ndetse ngo batangiye no kubakubita bakabakomeretsa.
Tanzaniya yongereye ingufu mu kwirukana Abanyarwanda babaga ku butaka bwayo, ubu amakuru abirukanwe batangaza aremeza ko leta ya Tanzaniya yatangiye kwifashisha abasirikare, abapolisi n’izindi ngufu zibonetse zose ndetse abirukanwa bageze ku butaka bw’u Rwanda baravuga ko bari gutwarwa mu modoka zisanzwe ari iz’amagereza, (…)
Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Inshuti mu buzima (Partners in Health) basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe babagezaho inkunga y’amafaranga miliyoni 6 n’ibihumbi 431 azafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu bya Ghana na Kenya basuye akarere ka Kirehe tariki 20/08/2013 mu rwego rwo kureba uburyo muri aka karere ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi biri gutera imbere.
Itsinda ry’abaminisitiri batandukanye basuye imiryango yirukanywe mu gihugu cya Tanzaniya, aho babasabye gukomeza kwihangana, bababwira ko Leta ikomeje kubafasha mu bikorwa bitandukanye bareba uko bakirwa.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Kirehe basuye abana b’imfubyi hamwe n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu murenge wa Nyarubuye babafashisha matera zo kuryamaho, isukari, umuceri n’ibindi birimo imyenda yo kwambara.
Inama Njyanama y’umurenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yafashe icyemezo ko nyuma ya saa kumi n’ebyiri nta mugore wemerewe kuba ari mu kabari mu rwego rwo guca burundu ikibazo cy’ababyeyi batitaga ku bana babo, bityo umubare w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi ukiyongera.
Abanyarwanda batandukanye bakomeje kwambuka umupaka wa Rusumo bava mu gihugu cya Tanzania, aho birukanywe. Kugeza ubu abarenga 1000 nibo bamakugera mu Rwanda, aho bashyizwe mu nkambi ya Kiyanzi mu gihe hagushakishwa uburyo bwo kubatuza.