Senateri Tito Rutaremara arahamagarira urubyiruko kwandika amakuru avuguruza ayo abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakwirakwiza.
Ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikorerwa i Musha muri Rwamagana ngo byatije umurindi abakoze Jenoside kuko abo bishe babajugunyaga mu birombe.
Imibiri y’abatutsi basaga 200 biciwe mu rusengero ruri ahitwa “kuri Midiho” muri Kayonza ikomeje kuburirwa irengero, nyuma y’imyaka 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye.
Munyanshoza Dieudonné yemereye abatuye i Mukarange mu Karere ka Kayonza ko agiye kubahangira indirimbo yo kwibuka amateka ya Jenoside yahakorewe.
Abarokokeye i Musha muri Rwamagana bavuga ko mu Batutsi basaga 3000 bari bahungiye ku Kiriziya abazwi barokotse ari mbarwa.
Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
Abapfakazi ba Jenoside batuye mu Mudugudu wa AVEGA i Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana barasaba gusanirwa inzu batujwemo zitarabagwira.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kwibuka ari ikimenyetso kibahamiriza ko iyo Jenoside yabaye koko.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ngo bafite impungenge ko batazashobora gusobanurira amateka ya Jenoside abazabakomokaho nihadafatwa ingamba zihuse zo kuyasigasira.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itatu, abashinzwe VUP n’abaturage; bose hamwe bagera kuri 14 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gutabwa muri yombi bazira kunyereza amafaranga yari agenewe gufasha abatishoboye.
Ubuyobozi bw’umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) burahamagarira urubyiruko rwarokotse Jenoside gutinyuka guhanga imirimo.
Abadozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basanga kwishyira hamwe kwabo bizatuma batera imbere ndetse n’umwuga wabo ukarushaho kugira agaciro.
Umushinga “Hand in Hand and Care Job creation” wakoreraga mu Ntara y’Iburasirazuba usize uhanze imirimo ibihumbi 99 na 500.
Abatuye mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana ngo barembejwe n’ubujura buhamaze iminsi.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bamaze kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere, bavuga ko ubuso buto bw’ubutaka butakiri imbogamizi mu kubona umusaruro mwinshi, mu gihe babukoresheje neza.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana basanga ivuriro bubakirwa rizabakiza imvune baterwaga no kwivuriza kure.
Abatuye mu Mudugudu wa Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi i Rwamagana ngo ikiraro rusange bororeramo cyabakemuriye ibibazo by’ifumbire no guteka.
Abagize Koperative “Isuka Irakiza” mu murenge wa Muhazi w’Akarere ka Rwamagana, baravuga ko bageze ku iterambere batarotaga kugeraho batarishyira hamwe.
Abarwariye mu Bitaro bya Rwamagana bavuga ko umunsi wahariwe abarwayi ubongerera icyizere kuko basurwa bakanitabwaho, bagasaba ko bitarangirana n’uwo munsi gusa.
Abafashisha amaraso barahamagarira abatabikora kubikora kuko gutanga gutanga amaraso ku bushake ari igikorwa cy’ubutwari buri wese yakora agize ubushake.
Umuryango ‘Rwanda Women’s Network (RWN)’ watangije umushinga witwa ‘Indashyikirwa’ uzafasha abagore gusobanukirwa ihohoterwa ribakorerwa no kurirwanya kuko hari abarikorerwa ntibabimenye.
Abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Ntebe na Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi muri Rwamagana bavuga ko kuyituzwamo byabavanye mu bwigunge.
Abahagarariye kaminuza zo mu Rwanda na zimwe mu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bariga uburyo bazamura ireme ry’uburezi zitanga.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana ngo inteko rusange bakoze yabaharuriye inzira igana ku iterambere.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burateganya kororera amafi mu ngomero zifata amazi yifashishwa mu buhinzi, bugamije kurwanya ikwirakwizwa rya Malariya.
Abatuye i Nzige mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inzira zubakwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro ari zo ziteza impanuka.
Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere (RDB) n’icya African Parks bifatanya gucunga Pariki y’Akagera na Guverinoma y’Ubuholandi, bamuritse umushinga wo kugarura inkura (Rhinoceros) mu Rwanda.
Abashoferi n’abagenzi bategera imodoka muri gare ya Rwamagana bari mu rujijo baterwa no kuba itubakwa kandi yaragombaga gutangirana na 2016.
Abasoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa y’abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO), barasabwa gukurikirana akarengane gakorerwa abaturage.