Iyumvire uko Orchestre Impala yahawe ikiraka kubera inkuru y’umusore wambuwe umukunzi na mugenzi we witwa Kaberuka, agahitamo kubishyira mu ndirimbo.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu barya ruswa, ngo babikorana amayeri menshi ku buryo kuyibonera ibimenyetso bigorana.
KT Radio y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd ni imwe muri Radio enye zumvikana ahantu henshi mu Rwanda.
Ikibazo cy’amikoro adahagije mu bitangazamakuru ngo kiracyari imbogamizi ikomeye ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Ugushyingo2016, mu Rwanda harimo kubera ibikorwa byo kwizihiza umunsi Nyafurica w’itangazamakuru.
Perezida wa Sena Bernard Makuza aremeza ko Senateri Mucyo Jean de Dieu asize icyuho gikomeye muri Sena no ku gihugu muri rusange.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette arahamagarira abacuruzi bakomeye kudasuzugura amamurikagurisha aciriritse kuko arimo ibanga rikomeye batazi.
Abagore baterwa inkunga n’umuryango Women for Women, baravuga ko ubumenyi bwo gucunga amatsinda bahabwa, bubaha icyizere cy’iterambere kabone nubwo inkunga bahabwa n’uyu muryango yahagarara.
Abanyamuryango ba Koperative COTRAVERWA y’abatwara abagenzi ku magare mu Karere ka Rwamagana baravuga ko umuyobozi wabo ntacyo abamariye bakamusaba kwegura.
Abari abanyamuryango ba Koperative Zigama Bigufashe (KOZIBI) barizezwa ko ubuyobozi bugiye gukurikirana amafaranga yabo yanyerejwe.
Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ruravuga ko imurikagurisha ry’iyo ntara ari nk’ishuri abantu barimo kwigiramo ko gahunda ya “Made in Rwanda” ishoboka.
Polisi y’u Rwanda iraburira abatwara inyama mu buryo butemewe kuko uretse kuba bashobora guhumanya abazirya banatiza umurindi abakora ubujura bw’amatungo.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Burasirazuba bafitiye za SACCO imyenda barasabwa kwishyura vuba, batabikora bagafatirwa ibyemezo birimo no guhagarikwa ku kazi.
Abatuye i Nyakariro mu Karere ka Rwamagana baravuga ko ubujura bugaragara muri ako gace ari inzitizi ibangamiye iterambere ryabo.
Abagore bagize komite y’inama y’igihugu y’abagore mu Burasirazuba basanga Gahunda y’Igiseke batangije igiye kubakuriraho imbogamizi y’ingwate n’igishoro bagatera imbere.
Abubatsi bo mu Burasirazuba baravuga ko bishyuzwa umusoro ku bikoresho bagurira abaturage, bo ntibabashe kuwugaruza kuko abo baturage atari abacuruzi bemewe.
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Abasigajwe inyuma n’amateka ngo bishimiye ko basigaye basangira n’abandi Banyarwanda kandi mbere bitarabagaho, bakaba babikesha gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge.
Abanyarwanda barahamagarirwa kugira umuco wo gutarama no guhiga, badategereje ko umunsi w’Umuganura ugera kuko ari kimwe mu byarangaga umuco Nyarwanda.
Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ku munsi waryo wa gatatu, ryabereye i Mukarange mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kanama 2016.
Aba ‘Ofisiye’ ba Polisi barangije icyiciro cya munani cy’amahugurwa ya ’Cadet’ i Gishari, barasabwa kwitangira igihugu nta bugwari, kabone nubwo byabasaba gutanga ubuzima bwabo.
Abagore boroye ihene zitanga umukamo baravuga ko amata yazo agurwa amafaranga menshi, ariko ngo bafite ikibazo ko zidatanga umukamo mwinshi.
Abayobora FDLR ngo bohereza abana ba bo kwiga mu gihe abavuka ku barwanyi bato birirwa batikirira mu mashyamba ya Congo.
Abanyamuryango ba AVEGA mu gihugu bagiye kurushaho gucunga neza imishinga no kuyiteza imbere nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Abanyamuryango ba “Koperative Zigama Bigufashe” [KOZIBI] yakoreraga mu Karere ka Rwamagana bemeje ko iseswa nyuma y’igihombo cyatewe n’inyerezwa ry’umutungo wayo.
Abaturage bo mu Karere ka Kayonza bahuye n’amapfa barashima Leta yabagobotse ikabaha ibiribwa, ariko bagaterwa impungenge n’uko amazi bari batezeho amakiriro arimo gukendera.
Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Umushinga wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya inyama mu Karere ka Kayonza ugiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’igihe kinini waradindiye.
Abatuye Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza baravuga ko nta Kirabiranya ikiharangwa nyuma y’uko bahuje imbaraga bakayirwanya.