Ubuto bw’ubutaka ntibubabera imbogamizi ku musaruro w’ubuhinzi

Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bamaze kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere, bavuga ko ubuso buto bw’ubutaka butakiri imbogamizi mu kubona umusaruro mwinshi, mu gihe babukoresheje neza.

Ngabonziza Egide, ahinga kijyambere mu murenge wa Muhazi ibihingwa birimo ibigori, ibishyimbo, soya n’imboga; ku butaka bungana na hegitari 10. Kuri ubu butaka, anatuburiraho imigozi y’ibijumba bikungahaye kuri vitamini.

Ngabonziza Egide, umuhinzi wa kijyambere wo mu Murenge wa Muhazi akaba n'umutubuzi w'imigozi y'ibijumba bikungahaye kuri vitamini.
Ngabonziza Egide, umuhinzi wa kijyambere wo mu Murenge wa Muhazi akaba n’umutubuzi w’imigozi y’ibijumba bikungahaye kuri vitamini.

Amaze imyaka igera kuri itanu akora ubuhinzi bwa kijyambere kandi ngo ntaho buhuriye n’ubuhinzi bwa gakondo bamwe mu Banyarwanda bagitsimbarayeho.

Ku bwe, ikibazo ngo ni uko ubutaka bugenda buba butoya, ariko ngo si imbogamizi ikomeye cyane kuko iyo bukoreshejwe neza butanga umusaruro ushimishije.

Ati “Ntabwo nicuza icyatumye njya mu mwuga w’ubuhinzi. Ikibazo ni uko ubutaka buba ari buto ariko na bwo tubukoreshe neza duhinge hato dusarure byinshi kandi inyungu irimo.”

Nubwo bamwe bagifata ubuhinzi nk’umwuga uciriritse, Ngabonziza yahisemo kureka indi mirimo yakoze irimo n’ubushoferi kugira ngo yitangire ubuhinzi bwa kijyambere akora.

Uwambazamariya avuga ko yungukiye ubumenyi kuri Ngabonziza, maze na we yiga guhinga kijyambere.
Uwambazamariya avuga ko yungukiye ubumenyi kuri Ngabonziza, maze na we yiga guhinga kijyambere.

Imirimo yakoze ngo ntiyari isuzuguritse ariko ngo asanga hari izindi ntambwe ubuhinzi buzamugezaho iyo mirimo yakoraga itari kumugezaho.

Ati “Nakoze ubushoferi imyaka myinshi ku modoka zitandukanye, ariko nagezeho mfata icyemezo cyo gukora umwuga nkunda. Ubu ndateganya kugura imodoka najya ntwara ariko imfasha mu kazi kanjye.”

Uyu muhinzi akoresha abakozi 20 bahoraho, bakaba bashobora kugera kuri 30 mu gihe cy’ihinga. Abakozi be bavuga ko uretse kuba bamukorera akabahemba, hari byinshi bamaze kumwigiraho mu bijyanye no guteza imbere ubuhinzi.

Uwambazamariya Sitokiya ati “Nanjye ubwanjye natangiye guhinga ibishyimbo kijyambere; n’ibigori ndabihinga uretse ko bikiri bike.”

Ubuso buto bw'ubutaka ngo ntibwaba imbogamizi abantu bitabiriye guhinga kijyambere.
Ubuso buto bw’ubutaka ngo ntibwaba imbogamizi abantu bitabiriye guhinga kijyambere.

Ubusanzwe, Ngabonziza ni umutubuzi w’imigozi y’ibijumba bikungahaye kuri vitamini wemewe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB).

Nubwo ubuhinzi bwe butaragera ku ntera yifuza, ngo ikimushishikaje ni uko n’abandi baturage bafite imirima hafi ye bava mu buhinzi bwa gakondo bagakora ubwa kijyambere kuko butanga umusaruro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka