Ubunyamabanga bw’umutwe w’ingabo z’Akarere ka Africa y’Uburasirazuba zitabara aho rukomeye (EASF), buravuga ko kudahura k’umwaka w’ingengo y’imari ya EASF n’iy’ibihugu by’abanyamuryango bawugize bikiri imbogamizi ituma intego zitagerwaho vuba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buravuga ko igishushanyo mbonera cyaburaga ngo umujyi w’aka karere utangire kujyanishwa n’igihe cyabonetse, ku buryo kuwuvugurura bigiye gutangira.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu buzima bw’inyamanswa, bugaragaza ko inyamanswa zifite ubushobozi bwo kumva ko agace ziherereyemo hari ibiza biri hafi kuhaba zigahunga.
Abaturage bo mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, baravuga ko ibijumba bikungahaye kuri vitamin A batangiye guhinga babyitezeho guhindura ubuzima bwa bo, by’umwihariko mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi.
Volks Wagen ni rumwe mu nganda zatangiye gukorera muri Africa mbere. Mu myaka 67 ishize, nibwo VW yatangije ishami ryayo hanze y’ubudage, muri Africa y’Epfo. Uretse muri Africa y’Epfo, uru ruganda runafite ibikorwa muri Kenya no muri Nigeria.
Padiri Twizeyumuremyi Donatien uyobora Caritas ya Kigali, avuga ko ipfundo ry’ikibazo cyo kujya mu mihanda kw’abana, ari uburere bwabuze mu miryango imwe n’imwe. Hari n’abandi batemeranya n’uyu mu padiri, bavuga ko ubukene ari yo ntandaro nyamukuru ituma abana bajya mu mihanda. Iyumvire muri iyi nkuru icyo abarebwa n’iki (…)
Umudugudu wa Giheka wo mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, ufite umwihariko w’uko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bawo batigize bitandukanya, abahigwaga n’abatarahigwaga bishyize hamwe bakumira ibitero by’interahamwe zashakaga kwinjira mu Mudugudu wabo ngo bice Abatutsi.
Ivugurura rigiye gukorwa mu rwego rw’ubutabera mu Rwanda,rizagabanya umubare w’inkiko z’ibanze hanashyirweho urukiko rw’ubujurire rutari rusanzweho.
Akarere ka Gasabo kihaye umuhigo wo gushakisha abagabo n’abagore batandukanye n’abo bashakanye kugira ngo bandikwe mu gitabo cy’ irangamimerere, gusa ngo ntibakunze kwigaragaza ku buryo bigira ingaruka ku buzima bw’akarere.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) yatangaje ko itegeko rirebana n’intwaro u Rwanda rugenderaho ridasobanuye ko kuzitunga, kuzicuruza no kuzikora byoroshye ku buryo uwo ari wese yabyemererwa.
Minisiteri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yafashe ingamba zizihutisha imirimo ku buryo, mu ntangiriro cy’icyumweru gitaha umuhanda Kigali-Gatuna uzongera ukaba nyabagendwa.
Umugore w’umunyapolitiki wo muri Zambia, Inongee Mbikusita Lewanika, aravuga ko kuba nta gihugu na kimwe cya Africa kuri ubu kiyobowe n’umugore ari imbogamizi ikomeye ku iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire kuri uyu mugabane.
U Rwanda rugiye kohereza Abanyarwanda mu Buyapani kwiga ikoranabuhanga rya Satellite, nyuma y’amasezerano rwasinyanye n’ikigo cyo mu Buyapani gikora satellite.
Umukobwa witwa Salissou Hassane Latifa w’imyaka 23 wo mu gihugu cya Niger ni we wegukanye irushanwa rya Ms Geek Africa 2018.
Minisiteri y’ikoranabuhanga (MiTEC) n’ikompanyi y’ikoranabuhanga Swift-Xi yo mu gihugu cy’u Buyapani, basinyanye amasezerano y’ubufatanye azafasha mu gukemura bimwe mu bibazo by’imibereho y’abaturage mu Rwanda.
Umuyobozi w’umuryango Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni, arasaba urubyiruko gufata iya mbere bagira uruhare mu gushaka ibisubizo by’ibibazo birwugarije.
Ubutaka bwo guhinga budakoreshwa ku mugabane wa Afrika,ngo ni kimwe mu bituma uwo mugabane utihaza mu biribwa.
Umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB, Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko uru rwego ruzashyira imbaraga mu guhangana n’ibyaha birimo iby’inzaduka bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, iby’icuruzwa ry’abantu, iby’iterabwoba n’ibya ruswa.
Abantu benshi bakunze kwinubira uburyo imibu ibabangamira kuko iyo umubu urumye umuntu hari ubwo abyumva nk’aho bamuteye urushinge. Igikunze kubangamira abantu ariko, n’uko mu masaha y’ijoro kenshi umubu uduhirira mu gutwi k’umuntu uryamye, yanawirukana nyuma y’akanya gato ukagaruka ku gutwi.
Abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe bateraniye i Kigali, bumvikanye ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ubucuruzi muri Africa (Continental Free Trade Area).
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ku burenganzira bw’abagore, wahuriranye no kwisukiranya kw’ibirego by’abagore bagaragaza ko bagiye bahohoterwa, cyangwa bagafatwa ku ngufu hirya no hino ku isi.
Iradukunda Liliane wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2018 aravuga ko atabona icyo avuga ku manota yagize mu bizami bya leta yazengurukijwe ku mbuga nkoranyambanga amaze kwambikwa ikamba.
U Rwanda rurashimirwa intambwe rugenda rutera mu gukumira no kurwanya ruswa, ariko ngo ruracyafite intambwe ndende rugomba gutera ngo ruyirandure burundu.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’izindi nzego zikorana na yo batangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzarinda abaturage gusiragira hirya no hino basaba serivise.
Umuhuzabikorwa w’ikompanyi Clyn Vybz ikora ibikorwa bifitanye isano na muzika, John Nzabanita, aravuga ko abahanzi babiri bakoranaga bahagaritse imikoranire n’iyi kompanyi mu buryo budasobanutse, abahanzi bo bakavuga ko byakozwe impande zombi zibyumvikanyeho.
Umutesi Teta Afsa wabaye Miss w’Akarere ka Rusizi mu mwaka wa 2017 aravuga ko adakurikiye amafaranga ku mugabo bagiye gusezerana, akavuga ko ari urukundo rugiye gutuma babana.
Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuntu ukekwaho kuba yarakubise umuririmbyi Mowsey Radio bikamuviramo gupfa.
Abakozi b’Imana bo ku Mugabane wa Afurika barasabwa guhuza imbaraga kuko ngo bafite umuti Afurika ikeneye ngo ive mu bibazo umazemo igihe.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’uburayi [EU] urareshya ibigo bishora imari mu ngufu zishobora kuvugururwa ( Renewable Energy) byo ku mugabane w’Uburayi, ngo bize gushora imari yabyo mu Rwanda.