Inama idasanzwe ya 18 yagombaga guhuza abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), yongeye gusubikwa.
Umuryango w’Abibumbye watangiye kugeza mu bihugu byose bya Afurika ibikoresho byo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Polisi y’u Rwanda yasabye abaturarwanda gukomeza kubahiriza gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho na Leta nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Urugaga rw’amadini n’amatorero mu kubungabunga ubuzima (RICH) rurasaba abayoboke b’amadini n’amatorero akorera mu Rwanda kubahiriza amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda, yo kwirinda ko icyorezo cya COVID-19 gikwirakwira.
Abanyarwanda baba mu mahanga baravuga ko n’ibihugu by’ibihangange bitewe ubwoba cyane n’icyorezo cya Covid-19 ku buryo hashyizweho ingamba zikomeye zo kurwanya ikwirakwizwa ryayo.
Umugabo wo mu Bwongereza ahagaritse umutima nyuma y’uko yanduye Coronavirus mu rugendo rw’ibanga yari yagiyemo mu Butaliyani n’inshoreke ye.
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko usubitse inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu yari iteganyijwe mu minsi iri imbere, ndetse n’ibindi bikorwa byose by’uwo muryango byagombaga guhuriramo abantu benshi bikaba bihagaze.
Urubanza rw’undi munyarwanda ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside rugiye kuburanishwa mu Bufaransa.
Urubuga rwa Irembo rutangirwaho serivisi zinyuranye za Leta, rwatangije uburyo bushya buzarushaho korohereza abaturage kubona serivisi batavunitse. Hari ibyemezo byatangwaga bigata agaciro nyuma y’amezi atatu bigiye kujya bitangwa mu buryo bwa burundu, ndetse umuntu usabiye serivisi ku Irembo akajya ayibona atavuye aho ari (...)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu 15 bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba abantu amafaranga kuri konti zabo za Mobile Money (MoMo) bakoresheje uburiganya.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ifite intego y’uko mu mpera za 2020, umubare w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing) rukorana na yo uzaba wariyongereye ukagera nibura kuri miliyoni imwe.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’amadini n’amatorero akorera mu Rwanda (RICH) kuri servisi zihabwa abana bahohotewe mu bigo bya ‘Isange One Stop Center’, bugaragaza ko hejuru ya 50% y’abahohoteye abo bana batagejejwe imbere y’ubutabera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko abantu badakeneye amafaranga y’abaterankunga kugira ngo basukure aho batuye. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamuru Nik Gowing i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, muri gahunda y’inama yitabiriye yiga ku iterambere rirambye.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Tumutuyimana Deogratias, umaze igihe atangije ikompanyi yise “Cana rimwe Style Stove Ltd” yatangiye ikora imbabura, avuga ko zijyanye n’icyerekezo bitewe n’uko zikoresha ikara rimwe zigahisha ibyo kurya.
Ikigo cy’imari Zigama CSS cyatangaje ko mu igenamigambi ry’umwaka utaha kizashyira imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga rizatuma umunyamuryango abona serivisi zose atagombye kujya kuri Banki, ahubwo akazibona kuri telefoni ye cyangwa mudasobwa.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (Rwanda Housing Authority-RHA) kiravuga ko igishushanyo mbonera cy’imijyi itandatu yunganira Kigali kitazimura abaturage.
Icyiciro cya gatatu gigiuzwe n’impunzi 117 zivuye muri Libiya cyaraye kigeze mu Rwanda ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2019.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’ikigo ‘Inkomoko’ gitanga amahugurwa n’ubujyanama ku micungire y’imishinga, basoje irushanwa rya BK-Urumuri ryahatanagamo ba rwiyemezamirimo bato bashaka inguzanyo itagira inyungu yo kwagura imishinga yabo.
Rwiyemezamirimo Niyidukunda Mugeni Euphrosine, washinze uruganda rukora amavuta muri avoka arasaba inkunga kugira ngo abashe gukora amavuta menshi yagera ku Banyarwanda b’ibyiciro byose.
Banki ya Kigali (BK) igiye gusaranganya ba rwiyemezamirimo bato miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, zizishyurwa nta nyungu muri gahunda y’irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’.
Mu gihe kitagera ku cyumweru kimwe, igikorwa cyiswe ‘Operation Usalama VI” cyafashe ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni zisaga 80 z’amafaranga y’ u Rwanda, ndetse n’ibihumbi bisaga 86 by’amadolari ya Amerika.
President wa Republika Paul Kagame aravuga ko abadepite b’Ubwongereza bandikiye u Rwanda basaba ko Col. Byabagamba na Rusagara barekurwa bakwiye kubanza kwandikira igihugu cyabo, basaba ko cyaburanisha abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside gicumbikiye, kuko u Rwanda rutahwemye kubisaba.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rwakatiye igifungo cy’imyaka 30 Bosco Ntaganda rwari rumaze igihe ruburanisha.
Impuguke mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere zirasaba ko ibiganiro bivuga kuri iyi ngingo byajya biganirwa no muri gahunda zihuriza hamwe abaturage n’inteko z’abaturage, umugoroba w’ababyeyi no mu muganda ngarukakwezi.
Inama ya Sinodi gatolika ya 2019 yateraniye i Vatikani kuva tariki 06 kugeza ku ya 27 Ukwakira 2019, yafashe imyanzuro ishobora gutuma abagabo bafite abagore mu gace ka Amazonie ko muri Amerika y’Amajyepfo bagirwa Abapadiri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) riravuga ko hari ibihugu by’i Burayi byemeye kwakira bamwe mu mpunzi z’Abanyafurika zimaze igihe zigerageza kujya i Burayi.
Impunzi zavuye muri Libya ziravuga ko kugera mu Rwanda kwazo byabaye nko kuva mu mwijima ujya mu rumuri. Ibi zirabivuga zihereye ku buzima busharira zabayemo mu nkambi zo muri Libya, nyuma y’uko benshi bafashwe bagerageza kujya ku mugabane w’i Burayi.
Radjab Abdul wamenyekanye mu muziki ku izina rya Harmonize ashobora kuba Umudepite nyuma y’uko Perezida John Pombe Magufuli agaragaje ko amushyigikiye.
Imwe mu miryango igize sosiyete sivile mu Rwanda igaragaza ko igihura n’imbogamizi mu kubona amakuru yakwifashisha mu gukora ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.