Tumwe mu tuzu tw’amazi abatuye muri Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bubakiwe twatangiye kwangirika batarabona amazi.
Katende Abraham Semwogerere, ukomoka muri Uganda, amaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu muhango wabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kayonza kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Nyakanga 2016.
Abaturiye Parike y’Akagera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza baravuga ko ikibazo cy’ibitera bibonera cyabaye agatereranzamba.
Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Kayonza, Sheikh Nshimiyimana Mubarak, avuga ko uwashaka gushora aba-Islam mu iterabwoba atabona aho amenera.
Abahinga ibijumba bikungahaye kuri Vitamini A mu Karere ka Rwamagana baravuga ko bibinjiriza amafaranga menshi kandi mbere abahinzi b’ibijumba barasuzugurwaga.
U Rwanda rwamaganye raporo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko ubucuruzi bw’abantu mu Rwanda bukomeje gufata indi ntera kandi Leta ikaba idafata ingamba zihamye zo guhangana n’ubwo bucuruzi.
Umuryango AVEGA Agahozo watuje ababyeyi batandatu bagizwe incike na Jenoside mu rugo rushya bubakiwe i Fumbwe mu Karere ka Rwamagana.
Abaturage bo mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuyobozi butorohera abavuganye n’itangazamakuru bakagaragaza ibibazo byabo.
Ishuri ryigenga ryari ryatangijwe i Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza ryahagaritswe kubera ko ryatangiye mu buryo butemewe.
Akarere ka Rwamagana karavuga ko imwe mu mihigo gafite yadindiye kuko abafatanyabikorwa bagombaga kugafasha kuyuzuza, batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Ubushakashatsi bw’ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) bugaragaza ko inkomoko y’amakimbirane yo mu miryango kenshi ihera mbere y’urushako.
Abahuye n’ikibazo cy’inzara mu Murenge wa Rwinkwavu muri Kayonza bagiye kugobokwa n’Ikigega cy’igihugu kigoboka abahuye n’ikibazo cy’izuba kibagenera ibyo kurya.
Abaturage b’i Ruhunda mu Murenge wa Gishari i Rwamagana baravuga ko Ekocenter bubakiwe igiye kubakemurira ibibazo byababuzaga gutera imbere.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
Umuryango Imbuto Foundation ku wa 07 Kamena 2016 watangije gahunda y’amahugurwa agamije kongerera ubushobozi urubyiruko.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abayobozi bo muri iyo ntara bimana amakuru kwisubiraho kuko iyo bayimanye bituma abaturage batamenya ibibakorerwa.
Abapolisi 45 bagize umutwe wo gutabara aho rukomeye kuri uyu wa 06 Kamena 2016 batangiye amahugurwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari muri Rwamagana.
Ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe ingendo z’indege (IATA) ryongeye guha ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, icyemezo cyo kwagura imikorere.
Abayobozi mu idini ya Islam mu Rwanda buravuga ko abakora iterabwoba bitwaje iryo dini ari bo banzi bakomeye ba Islam.
Urubyiruko rwo muri Kayonza rwaterwaga isoni no kugana serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, rwashyiriweho gahunda ya ‘Youth Corner’ izarufasha kugana izo serivisi ntacyo rwikanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.
Umujyi wa Rwamagana ugenda usigara inyuma mu bucuruzi kandi ari umwe mu mijyi ya mbere yatangirijwemo ubucuruzi mu Rwanda, nk’uko byemezwa n’ababizi.
Abatuye mu Karere ka Kayonza batangaza ko bishimiye gukorana umuganda na Perezida Kagame, kuko byabagaragarije ko aba abitayeho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yababajwe n’urubyiruko rwahawe akazi mu Murenge wa Nasho rukanga kugakora ngo ni mu cyaro.
Abikorera bo mu Burasirazuba basabye imbabazi kuko batitabiriye gushora imari muri Epic Hotel yubakwa i Nyagatare, nk’uko bari barabyiyemeje.
Abagore bakorana na Women’s Opportunity Center (WOC) cy’i Kayonza ngo batangiye kwizera iterambere nyuma yo kubona ko ibyo bakora bigurwa.
Inganda zikora ibiryo by’amatungo ziri kubakwa mu Rwanda ngo ziratanga icyizere ko mu gihe kiri imbere ibyo biryo bitazongera kubura.
Igishoro ngo ntigikwiye kuba inzitizi ku muntu ushaka kwiteza imbere kuko hari imishinga iciriritse yakora agatera imbere bitamusabye igishoro.
Imyaka Abanyarwanda bamaze bigishwa urwango ngo ni myinshi ku buryo uwaba acyigisha abana ubugome iki gihe yaba afite ikibazo.
Bamwe mu barokokeye i Mwulire ya Rwamagana bavugaga ko barokotse kubera ubutwari bw’uwitwaga Karenzi Guido.