Abaturage b’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza ngo bahangayishijwe n’imvubu yaje mu mazi y’urugomero bubakiwe, batinya ko yabahohotera.
Sosiyete DUMAC Ltd ikorera mu Karere ka Rwamagana irashinjwa kutihuitira gutabara umukozi wayo wagwiriwe n’ikirombe kuwa gatandatu, kugeza n’uyu munsi akaba atarakurwamo.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2015, Kundwa Doriane, mu minsi ibiri aratanga ikamba yari amaranye umwaka, ariko ibikorwa yakwukozemo ntibivugwaho rumwe.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwashyizeho gahunda y’umuganda udasanzwe w’amasaha atatu, ukazajya ukorwa umunsi umwe mu cyumweru hagamijwe kurwanya Malariya.
Bamwe mu batuye mu Burasirazuba ngo batoye abakandida batazi bitewe n’uko batigeze bababona biyamamaza, bakaba batoye bagendeye ku mafoto gusa.
Igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi i Kayonza cyitwaga “Singira Umukwe” cyahindutse isoko y’ubukungu kandi mbere cyari imbogamizi ku baturage.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano wayo zaciye intege ba rushimusi bahigagamo inyamaswa.
Abatuye umujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi guhagurukira abantu babagira amatungo mu ishyamba basize ibagiro ryemewe.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini i Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa n’inzobere atagirira abarwayi akamaro.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Abakora mu rwego rw’ubuzima mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa gukora igenamigambi bahuriyeho kugira ngo barusheho kunoza serivisi z’ubuzima rusange bw’abaturage.
Abarwaye indwara ya Hernie bagaruye icyizere cyo gukira nyuma y’uko umuryango "Rwanda Legacy of Hope" ubazaniye abaganga b’inzobere mu kuyivura.
Abatuye mu mujyi wa Rwamagana barasaba abatorewe kuyobora mu nzego z’ibanze kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ibikorwa remezo birimo n’imihanda.
Abacuruza imigati ku modoka zinyura muri gare ya Kabarondo i Kayonza barinubira uburyo abayobozi babamenera imigati baba bagurisha.
Umuryango witwa Rwanda Legacy of Hope watangije gahunda ihoraho yo guhugura abaganga babaga, bakazajya bahugurirwa mu Bitaro bya Rwamagana.
Amakoperative ahinga ibigori mu ntara y’Uburasirazuba avga ko yaguye mu gihombo kubera utumashini dupima ubuhehere yahawe tudafite ubushobozi.
Abasirikari biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama barashima imbaraga Leta ishyira mu kuvugurura ubuhinzi ngo burusheho gutanga umusaruro.
Mu mwaka wa 2016 wonyine u Rwanda ruzatanga miriyoni 94 z’amadorari ya Amerika ku mpunzi z’Abarundi zigera ku 100,000.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Ambasaderi w’igihugu cya Misiri mu Rwanda, Dr. Namira Negm, yatanze isomo muri Kaminuza y’u Rwanda ku mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.
Abororera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza bavuga ko inka zigiye kubashiraho kubera kutazibonera amazi.
Intore zatangiye urugerero mu Karere ka Rwamagana zirasabwa umusanzu mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi n’isuku nke cyagaragaye mu miryango imwe n’imwe.
Abatuye muri Miyaga mu Murenge wa Murundi i Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko isatura (ingurube z’ishyamba) n’ibitera bibonera, ntibagire icyo basarura.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Kigabiro i Rwamagana bakekwaho icyaha cyo kwambura abaturage bababeshya ko ari abapolisi.
Televiziyo y’ubucuruzi ya CNBC Africa igiye kuvana icyicaro na situdio byayo i Nairobi muri Kenya izimurire i Kigali muri Gashyantare 2016.
Bamwe mu batuye i Kayonza barasaba ubuvugizi kuko bari kwishyuzwa umusoro n’amande y’ubukererwe ku butaka bari barabwiwe ko batazasorera.
Sosiyete yitwa Ngali Holdings Ltd yeguriwe inshingano zo gukusanya imisoro n’amahoro byinjizwa n’uturere nyuma y’aho bigaragariye ko amafaranga avamo agenda agabanuka.
Kuva muri Nzeri 2016 indege za Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingendo zo mu Kirere, RwandAir, zizatangira gukora ingendo zijya mu Buhinde.
Ikibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko n’abakobwa bishora mu buraya bakiri bato ni kimwe mu byo intore zirangije itorero i Rwamagana zahagurukiye.